Blog, News

Ernest Rwamucyo, yanenze leta ya DR Congo kunanirwa gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu bigira ingaruka ku bihugu bituranyi bayo,

Thérèse Kayikwamba yashinje u Rwanda n’umutwe wa M23 kurenga ku masezerano y’agahenge, Mu nteko y’akanama ka ONU yateranye ku wa mbere, Thérèse Kayikwamba minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa RD Congo yashinje M23 gushyiraho ubutegetsi bwa gisivile n’ubw’umuco yafashe, ati: “Byerekana umugambi wabo wo guhindura imiterere y’uturere tw’aho bafashe” muri Kivu ya Ruguru.

Kayikwamba yanenze u Rwanda ko “rukomeza kwita ibikorwa byarwo [muri DRC] ingamba zo kwirinda”, ati: “Kurasa inkambi z’impunzi, gufata ubutaka bw’ikindi gihugu kigenga, no gusahura umutungo kamere wacyo, nta kintu cyo kwirinda kibirimo.”

Yavuze ko Congo yemeye gusenya umutwe wa FDLR, nk’uko byemejwe tariki 25 Ugushyingo (11) i Luanda, yongeraho ko u Rwanda na rwo “rwemeye kuvana ingabo zarwo muri RD Congo”

Gusa ashinja u Rwanda na M23 ko “bakomeje kurenga ku masezerano y’agahenge”.

Nubwo hari amasezerano y’agahenge yumvikanyweho mu mezi ashize, imirwano ya hato na hato yakomeje kumvikana, ndetse kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri hubuye imirwano hagati ya M23 n’uruhande rwa leta muri teritwari ya Lubero.