Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Tina Salama

Blog, News

Tina Salama, yatangaje ko Nyuma yo kuva i Kigali ku wa kane, Emir wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yakiriwe i Kinshasa kuri uyu wa gatanu

Qatar imaze kubaka izina ku isi nk’umuhuza mu makimbirane atandukanye, arimo rimwe na rimwe no guhuza Amerika n’Uburusiya mu bibazo bimwe na bimwe.

Kugeza ubu muri uyu mwaka, Qatar ni yo gusa yabashije guhuza imbona nkubone ba Perezida Tshisekedi na Paul Kagame.

Ariko nyuma y’amezi agera k’umunani Qatar itangiye ubuhuza ku kibazo cya DR Congo icyizere kuri bamwe cyagiye kiyoyoka.

Qatar ubu isa n’iri ku gitutu cyo kutagaragara nk’iyananiwe guhuza izi mpande zombi ngo zigere ku guhagarika intambara nyuma y’ayo mezi zitangiye kuganirira i Doha.

Nubwo ikigenza Emir wa Qatar i Kigali n’i Kinshasa cyatangajwe kugeza ubu ingingo y’ibiganiro bya Kinshasa na M23 i Doha itarimo, birashoboka ko mu bigenza Emir wa Qatar hataburamo no kubwira aba bategetsi bombi icyo Qatar yifuza muri ibi biganiro bya Doha.

Ku rubuga rwa X, Perezida Kagame yatangaje ko ashima Al Thani “umuvandimwe we n’inshuti” ku biganiro bagiranye kandi ko yizeye “kubakira ku ntambwe yagezweho muri uru ruzinduko…ku bw’inyungu z’ibihugu byombi n’abaturage

Itsinda rya ‘Joint Security Coordination Mechanism’ rikomeje guhurira i Washington ngo rikurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinywe muri Kamena(6) uyu mwaka hagati ya Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda (ibumoso) na Thérèse Kayikwamba wa DR Congo, ryakiriwe na Perezida Donald Trump (hagati)

Leta ya Amerika yatangaje ko ku wa gatatu no ku wa kane i Washington DC hateraniye inama ya kane y’itsinda rihuriweho ryo kuyobora ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano hagati ya DR Congo n’u Rwanda, ikaganira ku cyiciro cya kabiri cyo gushyira mu bikorwa ayo masezerano yasinywe muri Kamena(6) uyu mwaka.

Izi nama zihuza itsinda ryiswe ‘Joint Security Coordination Mechanism (JSCM)’ ririmo abahagarariye DR Congo, u Rwanda, Amerika, Togo n’Ubumwe bwa Afurika zigamije gushyira mu bikorwa umugambi wo kurandura umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bwa Kigali hamwe n’u Rwanda kureka ingamba rwafashe z’ubwirinzi, nk’uko biri mu byumvikanyweho mu masezerano basinye.

Washington ivuga ko icyiciro cya mbere cy’inama za JSCM cyari kirimo ibikorwa byo gusangira amakuru y’ubutasi, n’amakuru ku “bikorwa bikomeje” bya leta ya DRC byo gukangurira abagize FDLR gushyira intwaro hasi bagasubizwa iwabo.

Blog, News

Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi muri Nzeri(9) 2019 ubwo ibihugu byombi byari bibanye neza

Mu cyumweru gishize SADC na yo yakoze inama ku kibazo cya DR Congo
Mu bigaragara EAC na SADC ntibyumvikana ku mwanya w’u Rwanda mu makimbirane ari muri DR Congo, iyi na yo ni ingingo ishobora kugarukwaho mu nama y’i Dar es Salaam, nubwo bigoye kwitega ko tuza kubona umwanzuro kuri yo.

U Rwanda ruhakana ko rufite abasirikare muri DR Congo ariko ko rwafashe ingamba zo kwirinda ku mipaka yarwo ngo intambara muri DR Congo itambuka ikagera ku butaka bwarwo.

Perezida Kagame kandi asubiramo kenshi ko muri DR Congo hariyo ikibazo cy’u Rwanda – umutwe wa FDLR ushinjwa gukorana na leta ya Congo – ibyo Kinshasa na yo ihakana.

Ingingo zikomeye i Dar es Salaam
Hari amahirwe menshi ko abategetsi bari buhurire i Dar es Salaam bashobora kugera ku masezerano yo kuba imirwano ihagaze.

Ariko guhagarika imirwano mu buryo burambye bizava ku ngingo zitandukanye zizafatwa no kubahirizwa kwazo bya nyabyo kw’impande bireba.

Ingingo ya mbere ni ukwemera uguhagarika imirwano
Iyi ishobora koroha kumvikanwaho, ariko inshuro nyinshi byemeranyijweho mbere ariko impande zirwana zikabirengaho. Nta gihamya ko niba i Dar es Salaam byumvikanyweho bizubahirizwa ku rubuga rw’imirwano.

Ingingo ya kabiri ni ibiganiro by’amahoro
Umuti wa EAC wo gusaba Kinshasa kuganira na M23 n’indi mitwe ushobora guhindura ibintu – ibiganiro na leta biri mu byo M23 na yo isaba.

Hasigaye kumenya niba EAC izabihurizaho na SADC kugeza ubu isa n’iri ku ruhande rwa leta ya RD Congo.

N’ubwo iyo miryango yabyumvikanaho, hazaba hasigaye kumenya niba izabasha kumvisha Parezida Tshisekedi gutambuka ”umurongo utukura” wo kuganira na M23.

Igitutu cy’amahanga na Amerika ihuze
Nta gushidikanya ko muri iki gihe ubutegetsi bushya bwa Perezida Donald Trump muri Amerika mu buryo bugaragara bwitaye cyane ku bibazo bya Amerika kurusha ibiri ahandi ku isi.

Uko ibintu byifashe muri iki gihe hari itandukaniro n’uko byari byifashe mu 2012, ubwo M23 yafataga umujyi wa Goma ikawuvamo nyuma y’iminsi 10.

Icyo gihe igitutu cy’amahanga, by’umwihariko icy’ubutegetsi bwa Barack Obama, ku butegetsi bw’u Rwanda na M23, byagize uruhare rutaziguye mu gutuma M23 iva i Goma, biha n’imbaraga ingabo za MONUSCO na SADC kuyikurikirana no kuyinesha igahungira mu Rwanda no muri Uganda.

Abategetsi ba DR Congo muri iyi minsi bashishikajwe no gusabira u Rwanda ibihano mpuzamahanga. Ibi bibayeho nta kabuza ko byashyira igitutu gikomeye ku Rwanda, rwakira nibura kimwe cya gatatu cy’inkunga ku ngengo y’imari yarwo.

Gusa, icyemeranywaho muri rusange n’ubwo kitaragerwaho, ni uko umuti w’ikibazo cya DR Congo wabonekera mu bushake bwa politike bwa nyabwo bw’abategetsi bo mu karere, n’aba Congo, by’umwihariko, biciye mu nzira z’ibiganiro by’amahoro, nk’uko biheruka kuvugwa na Uhuru Kenyatta – wahoze ari perezida wa Kenya – usanzwe na we ari umuhuza muri iki kibazo.

Scroll to Top