Blog, News

Imyiteguro yabanzirizaga ibitero by’ingabo z’u Rwanda rwo hambere, Ibyatumye Nduga ifatwa byaturutse ku bupfayongo bwa Mashira utari ubuze ingabo zikomeye kandi nyinshi, ariko we yahugiye mu byo kubana neza no gushyingirana.

Muri iyi minsi mfite intimba inshengura kubera umuco wacu:
Uzi ko abantu basigaye baratakaje ubwuzu n’urugwiro mu kuramukanya, uhura n’umuntu ati :
-Mwaramutse? (nk’aho atakureba aho kukubaza niba waramutse/waraye cyangwa wiriwe neza)
-Ngo umwaka mushya? (kandi ubwo muwuhuriyemo aho kukwifuriza umwaka mushya muhire)
-Bite? (ibiki ashaka ko uta?)
-Ko tuburanye (kandi murebana cyangwa wagira ngo yaragushatse arakubura)
-Vipi,amakuru,…. n’ibindi byinshi bitaduhesha agaciro.

Ururimi rwacu ko mbona batangiye kurutobatoba ra?
Igazetti ya Leta yasohotsemo impinduka zakozwe ku Kinyarwanda
Mu Gazetti yasobotse tariki ya 8 Ukwakira 2014, Minisiteri y’Umuco na Siporo igaragaza imyandikire ihwitse y’Ikinyarwanda, ndetse bakagaragaza zimwe mu mpinduka zakozwe ku myandikire y’ururimi.
Izi mpinduka zigaragara mu ngingo, iya 12, 13 n’ingingo ya 15.
Ingingo ya 12, ivuga ku bihekane “(n)jy” na “(n)cy”, bikurikiwe n‟inyajwi “i” cyangwa “e”, aho ibi bihekane byandikwa gusa imbere y‟inyajwi “a”, “o” na “u”. Imbere y‟inyajwi “i” cyangwa “e” handikwa “(n)gi”, “(n)ge”, “(n)ki”, “(n)ke”.
Mu myandikire mishya y’Ikinyarwanda, bandika urugero bati “ikibabi k’igiti” aho kuba “ikibabi cy’igiti”, “gewe cg ngewe” aho kuba “jyewe cg njyewe”, “umugi” aho kuba “umujyi”, “insinzi” aho kuba “intsinzi”, i “saa kenda” aho kuba ” aho kuba “saa cyenda”, “mu magepfo” aho kuba “mu majyepfo”.
Ingero zigaragara mu Igazetti kuri iyi myandikire mishya y’Ikinyarwanda “Umugi ntuyemo ufite isuku. – Gewe / ngewe ntuye mu magepfo y‟u Rwanda. – Njyanira ibitabo mu ishuri gewe ngiye gukina. – Njyana kwa masenge. – Iki ni ikibabi k‟igiti. – Ikibo cyuzuye ibishyimbo.”
Ingingo ya 13 ivuga ko ibihekane bigizwe n‟ingombajwi “ts”, “pf” na “c” zibanjirijwe n‟inyamazuru, byandikwa nka “ns”, “mf”, “nsh”.
Ingero ziri mu Igazetti ya Leta “Iyi nsinzi turayishimiye. – Imfizi y‟inshuti yange.” “”
Ingingo ya 15 ivuga ku irengahaniro ry’injajwi “i” ivuga ko inyajwi zisoza ijambo zidakatwa.
Urugero: rwo mu Igazetti – “Kabya inzozi”.
Ariko kandi inyajwi “i” isoza akabimbura “nyiri”, n’inshinga mburabuzi “ni” na “si” ntizikatwa.
Ingero zo mu Igazetti “Nyiri ubwenge aruta nyiri uburyo – Amasunzu si amasaka – Icyatumye ejo ntaza iwawe ni uko natashye ndwaye.”
Iyi ngingo ikavuga ko ijambo “nyiri” iyo riri mu mazina amwe n‟amwe y’icyubahiro rifatana n’ijambo ririkurikiye.
Urugero: “Nyiricyubahiro Musenyeri.”
Naho “nyira” ivuga “nyina wa” ikoreshwa mu mazina, ifatana n‟ijambo ibanjirije.
Urugero : – “Nyirabukwe aramukunda”
Ayo ni amwe mu mabwiriza mashya y’imyandikire, yagiye avugurwa nk’uko bigaragara mu Igazetti ya Leta.

Uko u Rwanda rwigaruriye Nduga
Ibyatumye Nduga ifatwa byaturutse ku bupfayongo bwa Mashira utari ubuze ingabo zikomeye kandi nyinshi, ariko we yahugiye mu byo kubana neza no gushyingirana. Mu gihe Mibambwe I hamwe n’abagaragu babo bo bari bifiye iyindi gahunda.
Mashira yafashwe biturutse k’uwitwa Munyanya bavaga inda imwe na Mashira mwa se wabo.
Itsindwa rya Nduga ryari intambwe ikomeye cyane mu mateka y’u Rwanda. Ibyo byatumye u Rwanda rubona aho ruhera hagaragara, rutera utundi duhugu. Nduga yari isanganywe ubutegetsi bufutuye, bukomeye.
Abanyanduga bakomeje gushyamirana n’abanyiginya. Uburangare ntibwabaye ubwa bose. Mu bitongero by’imihango bagerageje kunga Nduga n’abayigaruriye bavuga ngo: “tuza… nk’inono y’Abasindi na Kibanda”. Ni ukuvuga ngo: worohe nk’ifu y’inono ihuza Abasindi na Kibanda y’Ababanda. Mu by’ukuri ngo no mu by’1930. Ubushyamirane bw’ibyo bice byombi bugaragara mu bisigo byo ku ngoma ya Cyirima II Rujugira bibwirwa Muhabura, umusizi w’umubanda.
Hari Ababanda benshi batotejwe, maze bamwe mu batarapfuye barahunga bagana mu Buriza, mu majyaruguru y’u Rwanda n’ahandi. Hari abimukanye amazina y’aho baturutse: Marangara hari na Jenda bimukanye mu Bunyambiriri. Nduga yabaye umutima w’u Rwanda abami barahakunda baharema imirwa myinshi, nyuma ibitero byinshi byakwiriye impande zose z’u Rwanda rw’icyo gihe, byitwaga ko bigabwe n’Abanyenduga.
U Bwanacyambwe bwigaruriwe n’Abagesera Abazirankende: Mibambwe I amaze guhunga Abanyoro no kwica Mashira yatuye mu Nduga. U Bwanacyambwe bwari bwarometswe ku Gisaka mu gihe cy’abami bane bo mu Rwanda: Yuhi II Gahima, Ndahiro II Cyamatare, Ruganzu II Ndori, Mutara Semugeshi. Icyo gihe cyose, urubibi rw’i Gisaka rwari umugezi wa Nyabugogo n’uruzi rwa Nyabarongo mu majyaruguru y’u Bwanacyambwe. Byageza n’aho umwami w’i Gisaka, Kimenyi II Shumbusho, aza gutura ku murwa wa Kigali. Abami b’u Rwanda babonye ko badafite amaboko yo kurwanya Gisaka, barekera iyo kugeza kuri Kigeri II Nyamuheshera ( mu by’1770).
Kugeza ubu abanyarwanda benshi hari ibintu bagenda batakaza kandi byari byiza bakakira ibinyamahanga nyamara ugereranije wasanga abanyarwanda bari aba mbere.
1.Gereranya imitoma y’abubu n’iya Kera?
Kera:
Akaliza, ikibasumba, bati “Iyizire mwari w’imbavu ndende”, igitego mubakobwa.
Abubu:
Chou, ma belle, sweet, baby n’ibindi,
Ibyiza urabona ari ibihe?

Kugeza ubu abanyarwanda benshi hari ibintu bagenda batakaza kandi byari byiza bakakira ibinyamahanga nyamara ugereranije wasanga abanyarwanda bari aba mbere.
1.Gereranya imitoma y’abubu n’iya Kera?
Kera:
Ikinimba, Umuhamirizo w’intore, gushayaya, n’ibindi
Iby’ubu:
Ni Break dance, Azonto, Hip hop dance, Salsa, Zouk n’ibindi
Ibyiza urabona ari ibihe?