Alliance Fleuve Congo (AFC) rifite umutwe wa M23 ryashyizeho guverineri w’intara ya Kivu ya Ruguru hamwe n’abamwungirije mu gace k’iyi ntara bagenzura.
Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania ni byo bihugu byo muri SADC byohereje ingabo muri DR Congo gufasha leta guhangana n’umutwe wa M23.
Umubare nyawo w’ingabo Malawi yohereje mu butumwa bwa SAMIDRC ntabwo uzwi neza.
Mu ntangiriro z’umwaka ushize umuvugizi wa leta ya Malawi yabwiye ibinyamakuru byaho ko iki gihugu cyohereje batayo imwe ya gisirikare muri ubwo butumwa.
Bitewe n’imitere y’igisirikare cya buri gihugu, batayo imwe ishobora kubamo abasirikare bari hagati ya 300 kugera ku 1,000.
Imirwano yongeye kubura, Nyabibwe ‘yafashwe’
Nyuma y’umunsi umwe umutwe wa M23 utangaje agahenge, imirwano yongeye kubura kuri uyu wa gatatu muri Kivu y’Epfo muri teritwari ya Karehe.
Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko amasoko atandukanye yabyemereye ko agace ka Nyabibwe – kari kuri 70km ku muhanda mukuru uva i Bukavu ugana i Goma – kafashwe na M23 muri iyo mirwano.
Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta ya DR Congo, uyu munsi yatangaje ko inyeshyamba za M23 ari zo zarenze ku gahenge zatangaje ubwazo, zigatera ibirindiro by’ingabo za leta.
Uruhande rwa M23 ntacyo ruravuga kuri ibi byavuzwe na Muyaya.
Ku muhanda uhuza Goma na Bukavu uca hafi y’ikiyaga cya Kivu, Nyabibwe iri ku ntera irenga gato kilometero 20 mu majyaruguru uvuye kuri centre y’ingenzi ya Kavumu ifite n’ikibuga cy’indege, na yo iri kuri kilometero zirenga 40 uvuye i Bukavu.