Umutwa, Winnie Kalisa, ni Umukobwa wabonye amahoro, ibyishimo n’umuti mu ibumba, kubera ku bumba inkono.
Muri Covid naricaye, ibintu byose isi yose ifunze, ntumiza imashini ndicara ndatangira ndakora…ni uko natangiye, amezi atatu yagiye gushira mfite stock y’ibikoresho. Byaje kurangira ntangiye Laini Studio.
Ubu ndibona mu myaka 10 ndimo gukora ibi kuko ni amahoro, ndakora ibintu nkunze kandi bikangabanyiriza stress, mbese ni umuti wavuyemo akazi!
Ababona ubumba bavuga iki?
Inshuti zanjye za hafi zizi ko ikintu cyose gikoreshwa intoki ari cyo kinshimisha, ariko hari abandi bavuga bati ‘uri mutoya, wize ‘finance’, wakoze muri ‘fashion industry’, nta hantu ibi bintu bihuriye’.
Cyereka iyo bicaye tukaganira niho bagenda bumva uko ahahise hanjye hose haza hagahura n’ibi bintu.
Hano hari umuziki utuje, ni ukubera iki?
Hano, guhera k’umuziki wumva, kugera kuri buji ducana, kugera ku ndabyo, ni ahantu uza ukicara ukumva uri mu rugo. Icara uruhuke nurangiza utubwire icyo twagufasha.
Winnie yifuza ko Abanyarwanda bamenya agaciro k’ibikoresho nk’ibi bikoze mu ibumba
Kubumba bizwi cyane ku Batwa, ubwo ntuje kubatwara isoko?
Hoya, ahubwo nanjye ndimo ndiga umwuga, abenshi turakorana.
Hari ababyeyi [nkorana nabo], nk’iyo mfite komande nini nshaka gukorana n’abandi bahanzi.
Ni iki kikuvuna muri uyu mwuga?
Ikintu kimwe tukirimo gukoraho ni ukugerageza kumvisha abantu agaciro kabyo.
Abantu benshi babifata gutyo kugeza no kugikoresho cya nyuma, bati ‘ikintu cyabumbwe mu bitaka, ntabwo gikwiye kugura ayo mafaranga’ rero guha agaciro ibintu bikozwe n’amaboko, akumva yuko atabigereranya n’ibintu bivuye i Dubai,
Ikintu kimvuna guhera natangira ibi ni ukugerageza kwigisha abantu {guha agaciro ibyo dukora}, niyo mpamvu dutanga amahirwe ku badusura yo kuberaka no kubigisha {ababyifuza} uko bikorwa kugira ngo babishime, babone aho bituruka babone inzira bicamo kugira ngo bibagereho nk’abakiliya.
