Victoire Ingabire mu rukiko ku wa kane ategereje guhabwa umwanya ngo yumvwe, Victoire Ingabire yafunzwe nyuma yo gutanga amakuru mu rukiko mu Rwanda
Mbere yo kugira icyo avuga, umucamanza mu ijwi ryumvikanamo kworoshya, yabanje kubwira Ingabire ngo yiyumve nk’umuntu “ugiye gutanga amakuru asabwa n’urukiko” ngo ntiyiyumve nk’umuntu uregwa urimo kwisobanura.
Victoire Ingabire, wari kumwe n’umunyamategeko we Me Gatera Gashabana, yavuze ko benshi mu baregwa muri uru rubanza abazi ariko ko nta kintu yigeze afatanya na bo kijyanye no gutegura amahugurwa, kandi ko ayo mahugurwa atayazi.
Yavuze ko we ubwe cyangwa ishyaka rye ntaho bahuriye n’ariya mahugurwa yo guhirika ubutegetsi biciye mu nzira zitari intambara.
Yavuze ko ishyaka rye DALFA-Umurinzi ntaho rihuriye na yo kuko atari ishyaka ryemewe kandi ko umuhate wose yagerageje ngo ryemerwe ntacyo wagezeho, ati: “Iryo shyaka ntiryari kugira icyo rikora kandi ritariho mu buryo bwemewe n’amategeko”.
Gatera Gashabana yavuze ko umukiriya we yagiye ahura n’inzitizi, n’ingorane mu kwandikisha ishyaka rye, ritemewe n’ubu.
Ingabire yabwiye Urukiko ko amaze kubona ko arimo kugorwa no kwandikisha ishyaka rye, yasabye komite y’agateganyo yari yashyizeho guhagarika ibikorwa byose byo gushakisha abayoboke.
Mu gushinja abaregwa, ubushinjacyaha bwagiye buhuza ayo mahugurwa n’umunsi witwa Ingabire Day wizihizwa buri mwaka na bamwe mu banyarwanda baba hanze bashyigikiye uyu munyapolitike.
Mu rukiko uyu munsi, Ingabire yavuze ko amahugurwa avugwa n’umunsi wa Ingabire Day ntaho bihuriye, ko uwo munsi utegurwa n’Abanyarwanda baba hanze kandi we nta ruhare agira mu kuwutegura uretse ko ngo asabwa gutanga ubutumwa kuri uwo munsi.
Nyuma yo kumva Ingabire, abacamanza bavuze ko bagiye kwiherera bakareba niba amakuru abahaye n’ibisobanuro bakeneye bihagije.
Nyuma yo kwiherera, abacamanza bagarutse bavuga ko basanze ibisobanuro Victoire Ingabire yatanze bidahagije, ko hari ibimenyetso bimushinja uruhare mu byaha abandi bakekwaho ko bakoze.
Urukiko rwategetse ubushinjacyaha gukora iperereza mu byumweru bibiri Ingabire akinjizwa muri uru rubanza nk’umwe mu baregwa.
Urukiko rwavuze ko uru rubanza ruzakomeza tariki 07 Nyakanga(7) 2025.
Abanyamategeko be baheruka kuburira ku byavuzwe na Perezida Kagame
Mu mpera z’umwaka ushize, abunganira mu mategeko Victoire Ingabire baba hanze y’u Rwanda bavuze ko bahangayikishijwe n’amagambo yari amaze kuvugwa na Perezida Paul Kagame, bavuga ko akurikiye ayandi yamuvuzeho mbere “ateje inkeke itaziguye ku mutekano we”.
Mu ijambo ryanyuze kuri radiyo na televiziyo by’igihugu, Kagame yagize ati: “… Hari abo bandi mureba bari aho bidegembya, n’abo twababariye twavanye aho bari bari bafunzwe …
“Murabazi…. Ndetse bakogezwa n’abantu bo hanze, bakavuga ko ari ibitangaza, ko barwanira demokarasi, barwanira ibyo ntazi barwanira.
“Buriya na bo, ariko turaza [akora ikimenyetso cy’intoki cyo gufunga], uzi ya masaha bamanika ku nkuta? Iyo yashizemo uruvire [‘levure’, umuti] bagira batya [akaraga ikiganza gifunze] bakarwongeramo kugira ngo yongere ikore. Turaza kurwongeramo.”
Nubwo muri iryo jambo nta ho Perezida Kagame yavuze mu izina Victoire Ingabire, abanyamategeko be batanu basanga ari we yakomozagaho.
Ingabire yafunzwe mu 2010 ubwo yari amaze iminsi ageze mu Rwanda aje kwiyamamaza mu matora ya perezida yari ateganyijwe, yaraburanishijwe ahamwa n’ibyaha birimo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi. Ibyaha we yahakanye avuga ko bishingiye ku mpamvu za politike.
Kuva yarekurwa mu 2018 ntabwo yemerewe gusohoka mu Rwanda ngo asange umuryango we yasize i Burayi.
