Blog, News

Umufana w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal yo mu Bwongereza, wari urimo kwishimira ko iyo kipe yatsinze Manchester United, bivugwa ko yishwe arashwe n’umurinzi (umu ‘sécurité’) wo muri Uganda.

Ubushyamirane n’urugomo ruvamo impfu zishingiye ku byavuye mu mikino y’umupira w’amaguru, cyane cyane amakipe yo mu Bwongereza, bijya bibaho muri icyo gihugu, aho shampiyona y’umupira w’amaguru y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, izwi nka Premier League, ikurikirwa cyane.

Mu Kwakira (10) uyu mwaka, umufana wa Arsenal yateye icyuma (imbugita mu Kirundi) umufana wa Manchester United nyuma yuko abo bombi bahaririye ku kuntu umukino wa Arsenal na Liverpool warangiye (ibyawuvuyemo).

Muri Mutarama (1) mu mwaka ushize, umujyanama w’urubyiruko yapfuye azize ibikomere byavuye ku guterwa icyuma i Kampala, nyuma yo kujya mu mirwano ubwo Arsenal yari imaze gutsindwa na Manchester City.

Icyumweru kimwe mbere yaho muri uwo mwaka, umufana wa Arsenal yari yahondaguwe inkoni arapfa mu mujyi wa Adjumani, mu karere ka West Nile, mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Uganda.