Blog, News

Kitoko, Alyn Sano, Mico The Best, Ciney, Platini, na Nel Ngabo… bakoze mu nganzo: Indirimbo za Weekend

Ciney yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye nitangazamakuru, ubwo yari amaze gusohora amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Avec toi’ ndetse akaba yanahamije ko kuri ubu yongeye gusubukura umuziki mu buryo buhozaho.

Ciney watangiye umuziki mu 2010 yavuze ko yatangiye gucika intege mu 2014, bitewe n’ibyo yabonaga bimugoye kugira ngo abe yatera imbere nk’umukobwa wirwanagaho kuri buri kimwe.

Abajijwe ikintu cya nyuma cyatumye yumva acitse intege, yavuze ko ari inshuti ye baganiriye amugira inama y’uko yakwitwara ngo umuziki we utere imbere.

Ati “Hari inama bangiriye numva sinzabishobora, ndibuka nari kumwe n’inshuti yanjye turi gutembera mu Mujyi, arambwira ngo wowe impamvu bitagenda neza ni uko ubishyiramo ubwenge bwinshi, oroshya ibintu urebe ko bitazagenda neza, erega ni ko abandi babigenza.”

Ciney nyuma yo kumva izo nama z’inshuti ye yamubwiraga ko bizagorana gutera imbere atemeye ngo ace bugufi imbere y’abagabo n’abasore bifuzaga kumufatirana, yasanze n’ubundi atabishobora ahitamo kubigendamo gake.

Uretse izo nama, Ciney wari umaze kuba ikimenyabose mu muziki w’u Rwanda kubera indirimbo zirimo Tuma Bavuga, Dogoni, Ngwino Nkwereke n’izindi nyinshi yari akeneye umufasha mu bijyanye n’ubujyanama, icyakora uwo yabonye atungurwa n’uko yamusabye ko babanza gukundana.

Ati “Hari ukuntu wasangaga n’umuntu ashaka kugufasha ariko kugira ngo abikore agashyiraho amabwiriza arimo kugufatirana, nkanjye hari uwigeze kunyizeza ko yambera ‘Manager’ ariko kugira ngo bigende neza bisaba ko namubera umukunzi, erega abanza no kunyereka ko byanadufasha.”

Ciney wari umaze guhura n’izo ngorane, ahamya ko yaje kuba ashyize ku ruhande ibijyanye na muzika ahubwo yiyemeza gusubira ku ishuri ndetse anashaka akazi yibwira ko igihe azaba yaboneye ubushobozi azongera kuwusubukura.

Ati “Nyuma yo kuganira na ya nshuti ngasanga ibyo nsabwa ntabishoboye, imwe mu nama nigiriye ni uko nabanza ngashaka ibindi nkora umuziki nkazawusubukura kuko nibwiraga ko nta myaka wageramo ngo ube utakibasha kuririmba.”

Uyu muhanzi waje kurushinga, nyuma y’uko abana bigiye hejuru mu myaka ndetse akaba amaze gushyira ku murongo iby’akazi, ahamya ko ubu agiye kongera kugaragara mu muziki.