Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

Umufana w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal yo mu Bwongereza, wari urimo kwishimira ko iyo kipe yatsinze Manchester United, bivugwa ko yishwe arashwe n’umurinzi (umu ‘sécurité’) wo muri Uganda.

Lawrence Mugejera yari arimo kuvurirwa mu bitaro nyuma yo kuraswa

Umufana wo muri Uganda yishwe arashwe arimo kwishimira ko Arsenal yatsinze Manchester United, Undi mufana yakomeretse ubwo uwo murinzi yarasaga mu mbaga y’abafana basabwe n’ibyishimo mu nzu y’uburiro (‘restaurant’) yo mu mujyi wa Lukaya, rwagati muri Uganda, mu ntera ya kilometero hafi 100 uvuye mu murwa mukuru Kampala.

Byabaye ubwo uwo mukino wari urangiye mu ijoro ryo ku wa gatatu, Arsenal itsinze ibitego 2-0.

Umunyamakuru wo muri ako gace yabwiye itangazamakuru ko nyir’iyo nzu y’uburiro (‘manager’) yarakajwe n’urusaku abo bafana bishimye bari barimo guteza, nuko asaba uwo murinzi kugira icyo abikoraho.

Ariko nyuma yo kuburirwa ngo baceceke, abo bafana ntibabikurikije.

Ababibonye babwiye uwo munyamakuru, Farish Magembe, ko nyir’iyo nzu y’uburiro yazimije umuriro w’amashanyarazi, birakaza abafana, nuko noneho barushaho gusakuza.

Ni bwo uwo murinzi bivugwa ko yarashe, arasa amasasu menshi.

Uwishwe, watahuwe ko ari John Ssenyonga wari ufite imyaka 30, yapfiriye aho. Undi mufana umaze igihe kirekire afana Arsenal, Lawrence Mugejera, yajyanwe ku bitaro ngo avurwe.

Uwo murinzi hamwe na nyir’iyo nzu y’uburiro barimo kwihishahisha nyuma y’ibyabaye, polisi ikaba irimo kubashakisha.

Amagambo y’umukuru wa polisi muri ako karere, Twaha Kasirye, yasubiwemo n’ikinyamakuru the Daily Monitor cyo muri Uganda avuga ko aho byabereye bahatoye imbunda.

Yagize ati: “Twamaganye ibyabaye ndetse turasaba buri muntu wese ufite amakuru ashobora gufasha polisi gufata ucyekwa ngo akurikiranwe kuyatanga.”

Yanashishikarije abafana kugenzura ibyishimo byabo.

Scroll to Top