Abode Tidings

Umutwa, Winnie Kalisa, ni Umukobwa wabonye amahoro, ibyishimo n’umuti mu ibumba, kubera ku bumba inkono.

Ububumbyi ni umwuga uri muyo abahanga mu mateka bavuga ko yatangiranye n’imibereho ya muntu, ni umwuga uri no mu muco w’Abanyarwanda ariko muri iki gihe ni umwuga ukorwa n’abantu bacyeya, ndetse kugeza vuba aha witirirwaga Abatwa.

Winnie Kalisa, umukobwa wize icungamari ku rwego rwa kaminuza akagakora no mu bijyanye n’imideri ubwo abantu bari barafungiwe mu ngo z’abo n’amabwiriza yo kwirinda Covid, nicyo gihe yasubiye guhura n’umwuga uri muri we, kuva icyo gihe ntiyasubiye mu byo yakoraga mbere.

Nasuye ikigo cye ku Kimihurura mu mujyi wa Kigali, mu nzu y’amatafari yubatse mu buhanga Abakoloni b’ababiligi bazanye mu Rwanda, wakirwa n’indabo nziza hanze, n’umuziki utuje imbere mu nzu uko ugenda ureba ibikoresho bikoze mu ibumba biri kuri za ‘étagères’.

Ni kuri Laini Studio, urugo rwe, amahoro ye, business ye, ibyishimo bye, kandi umuti wa stress kuri we, nk’uko abivuga.

Winnie areba bimwe mu bikoresho yakoze

We n’abo yahangiye umurimo bakorana “dukora ibintu byose bikenerwa ku meza”, nk’uko abivuga. Hari kandi n’ibikoresho bishobora gufatwa nk’imitako.

Mu nganzo (aho batunganyiriza ibikozwe mu ibumba) yabo intoki nizo zikora akazi kenshi. Gusa bafite n’imashini ebyiri, iyo babumbiraho n’indi itwika.

Winnie Kalisa ati: “Ibindi byose bikorwa n’intoki, kuva aho dukura ibumba, kurigeza hano, turisekura, turiyungura, kugeza dusohoye isahani cyangwa igisorori.”

Kalisa arashaka “kugarura gahoro gahoro inkono” ariko zikoze bigezweho. Ati “kuko ibiryo bitetse mu nkono byararyohaga, nk’ibijumba bitetse mu nkono n’ubu abantu baracyabibaza.

Umwihariko w’ibumba ni uwuhe?

Ikintu cya mbere tugerageza gukora hano, ubundi iyo ukora bino byo kubumba amadongo, uba ukoze ikintu kizamara imyaka irenga 1,000 ku isi, naho yameneka ibumba ntabwo rigenda ngo yivange n’ubutaka.

Bitwara igihe kingana iki kubikora?

Ni ukuvuga ngo guhera ku gutunganya ibumba kugeza igihe ‘piece’ yumiye bishobora gutwara byibuze hagati y’ibyumweru bitatu n’ukwezi.

Birahenda ariko nanone, ikintu tujya tubwira abantu baza hano, [ni uko] guhenda kwabyo ari umwanya abantu babikora, ubuhanga, n’agaciro kabyo.

Ikintu cya mbere gihenze ni ubu buhanga bwa muntu bwo kubikoresha intoki.

Kuki wumvise ushaka gukoresha ibumba?

Icya mbere ni uko kubumba nibwo bukorikori bushaje bwa mbere dufite hano.

Hari ikintu gitangaje kubona uburyo ibitaka – ibintu abantu tudatekerezaho, aribyo bintu twakoresheje guhera mu myaka 500 ishize, guhera kubyo turiraho, nibyo byakoraga nka frigo ufite akabindi bagashyiramo amazi kugira ngo akomeze akonje, nibyo twanyweragamo nibyo abantu bakoreshaga mu gutaka amazu.

Ni ibintu rero natangiye gukora numva nishimye.

Aka kazi niyo mahoro ye kandi niwo muti we wa ‘stress’

Nibwo buryo bwonyine nk’umuntu uba urimo wese, ni wowe n’intoki zawe n’ibitaka, niyo mpamvu ubona ntashobora guhagarika gutekereza ibishya.

Ni ibintu nkunda cyane mu buryo buvura, ni urugendo ruvura.

Uramutse umaze umwanya hano wakwibaza uti ‘uku kwihangana kuva hehe?’. Iyo ari ibumba ritabaye amazi menshi biba ari umuriro wabuze, yaba atari umuriro ni umuntu waje hano akishima cyane akibagirwa ko ari ibintu bimeneka akaba amennye nk’akabati kose!!

Ni ibintu biba buri munsi, kuko tugira n’abana baza hano buri wa gatandatu baje kwiga.

Ugomba kwiga kwihangana kuko ibintu biraza [ubundi] bikagenda.

Abaguzi baraboneka?

Mbona abaguzi, gahoro gahoro abantu bagenda baza, kugiti cyabo, n’amahoteri. Abantu bakunda ibintu babona, gahoro gahoro bagenda baza babwira abandi, ndabishimira Imana uko baza.

Uracyari muto, wize icungamari, wahisemo aka kazi ute?

Winnie avuga ko ibi akora ari akazi gakomeye kandi abantu bakwiye kumenya agaciro kabyo

Guhera cyera nakundaga gukoresha intoki, buri kintu cyose nkashaka kucyikorera, niba ari ugufuma, mu nzu nabagamo ngasiga irangi njyewe ubwanjye, [nkunda] guhaguruka nkumva ko ndi gukora, bajyaga bavuga ngo meze nk’abacyecuru, ntabwo nicara hamwe.

Author Profile

Umuraza Agnes
Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho

Nynadikira

About The Author

+ posts

Ndi umwanditsi kuri abode tidings URUBUGA nyarwanda.. Ufite ikuru ushaka kungezaho

Nynadikira

Scroll to Top