
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA), cyatangije mu Mujyi wa Kigali ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no gufotora abaturage hagamijwe gutanga Indangamuntu koranabuhanga.
Ibi bikorwa byatangijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Gashyantare 2026.
Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Mukesha Josephine, yagaragaje ko iki gikorwa kimaze gukorwa mu turere dutandatu, kikaba gikomereje mu Mujyi wa Kigali.
Biteganyijwe ko muri Kigali kizamara ibyumweru birindwi aho hagenda hatoranywa imirenge ibiri cyangwa itatu muri buri Karere, igakorerwamo icyumweru kimwe, hanyuma abakozi ba NIDA bakimukira mu wundi murenge bitewe n’imiterere y’Umujyi wa Kigali.
Muri buri murenge kandi hagenwa site zo gufotoreraho zishobora kuba nyinshi bitewe n’imiterere y’umurenge.
Muri iki cyumweru cya mbere, mu Karere ka Nyarugenge biri gukorerwa mu Mirenge ya Nyakabanda, Rwezamenyo na Gitega aho hari amasite 17, Gasabo biri gukorerwa mu mirenge ya Kimihurura na Kacyiru ku masite 14, mu gihe mu Karere ka Kicukiro biri gukorerwa mu mirenge ya Niboyi, Kagarama na Kicukiro ahari amasite 12.
Mukesha yavuze ko mu rwego rwo gutanga serivisi ku baturage bose, serivisi iri gutangwa no ku wa Gatandatu no ku Cyumweru mu rwego rwo gufasha abantu baba bari mu kazi bataboneka mu minsi y’imibyizi.
Ati “Turasaba ko baza bakabikora, bakiyandikisha bakazana n’abana babo. Mu minsi y’akazi ariko twagerageje gukora no muri Weekend, ku wa Gatandatu no ku Cyumweru kugira ngo wa mubyeyi ufite umwana uri ku ishuri ashobore kumuherekeza aze na we bashobore kumwandikisha adataye akazi ke.”
Yakomeje ati “Tunakora mu masaha ya mu gitondo, saa Moya tuba duhari. Hari n’amasite amwe n’amwe tuzajya dukora mu masaha ya nimugoroba ariko yo ntabwo ari yose, bizaterwa n’ubwumvikane n’uturere bakaduha nibura site imwe iriho n’itsinda rikora mu ijoro.”
Ugiye kwemeza imyirondoro ye yitwaza nimero y’Indangamuntu y’ababyeyi be, yaba yarashatse akagenda yitwaje nimero y’indangamuntu y’uwo bashakanye.
Yasobanuye ko zimwe mu mbogamizi bahura nazo harimo n’izishingiye ku babyeyi batagiye bitabira kwandikisha abana babo ku gihe mu irangamimerere.
Ati “Turagira ngo ababyeyi bose bagende ku kagari barebe ko abana babo banditse mu irangamimerere mu gihe baje aha, aza afite gusa code bamubaruriyeho bagahita bamufotora. Ikindi ni abashakanye usanga amakuru yabo atajyanye n’igihe, bakaba bakwegera ushinzwe irangamimerere mu murenge bakayajyanisha n’igihe.”
Yashimangiye ko ibijyanye no kwemeza amakuru, umuntu ufite telefone igezweho ashobora kubyikorera anyuze ku rubuga rwa Irembo ku buryo agera kuri site yifotoza gusa.
Yakomeje ati “Ubwo ni uburyo bwinshi twashyizeho kugira ngo tworohereze abantu. Uje kuri site ntaharenze iminota irenga 10, ahubwo ahite yitahira.”
Ushaka kwemeza imyirondoro ye kugira ngo uzahabwe Indangamuntu koranabuhanga ukoresheje telefoni yawe cyangwa mudasobwa

ugahitamo kwemeza imyirondoro y’Indangamuntu koranabuhanga y’umuntu ku giti cye, cyangwa ku y’abishyingiwe, ukagenzura neza amakuru yose hanyuma ukayemeza.
Iyo umaze kuyemeza werekeza kuri site ikwegereye ugafotorwa kandi ibyo bishobora kugufasha kudatinda kuri site.
Iyi Ndangamuntu izahabwa Abanyarwanda, abanyamahanga batuye mu Rwanda, impunzi, abasaba ubuhungiro, abana batoraguwe, abanyamahanga baba mu Rwanda by’igihe gito (mu gihe bakeneye serivisi), abimukira n’abadafite ubwenegihugu baba mu Rwanda.
Abode tidings Urubuga Nyarwanda, umuntu uwo ariwe wese yemerewe gutanga ho ibitecyerezo. Byiza byubaka akakuri ku umutima gasese hano kuri abodetidings