
RIB yahakanye ko yahamagaje G Tuff kubera ‘indirimbo ye y’ibishegu’ ivuga ngo ( Aragitosa )
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwahakanye amakuru ko rwahamagaje G Tuff kubera indirimbo aherutse gukora imaze iminsi irikoroza ku mbuga nkoranyambaga, kubera amagambo ayirimo benshi bemeza ko ari ibishegu.
Ku mbuga nkoranyambaga hari hamaze iminsi hacicikana amakuru ko RIB yahamagaje uyu musore ngo abazwe kuri iyi ndirimbo ye itavugwaho rumwe.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri, Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B.Thierry yavuze ko batigeze bahamagaza G Tuff ndetse ko n’iby’indirimbo ye batarabyitaho.
Ati “Uwo uvuze ntabwo turamwitaho pe, ntabwo turamuhamagaza mu Rwego rw’Ubugenzacyaha, indirimbo uvuze njye ubwanjye sindayitaho, ni indirimbo ivuga iki irimo ibiki?”
Dr. Murangira yavuze ko inshuro nyinshi ikintu bitaho cyane ari abaturage, kuko uwakoze indirimbo we yatanze icyo afite.
Ati “Burya umuntu atanga icyo afite, uriya we yabahaye icyo afite. Ikibazo ni abacyakiriye bo bakiriye ibiki?”
Yakomeje agaragaza ko akaga gakomeye mu Isi y’imbuga nkoranyambaga atari umuntu wasangije abamukurikira ibintu bitari byiza, ahubwo ari abantu bashima, bagashimagiza ibyo bintu.
Ku rundi ruhande, Dr. Murangira yavuze ko ikibazo cy’abakora ibihangano nk’ibyo ndetse n’ababyamamaza kiri buze kwigwaho nta gutoranya.
Ati “Abo nabo bafite uruhande rwabo ruza kwigwaho kandi nta gutoranya, abo bose biraza kwigwaho bisuzumwe kuko ibyo navuze sosiyete nyarwanda ikwiye kubaho mu mudendezo.”
Dr. Murangira yongeyeho ko uwakoze igihangano nk’iki akabona adakurikiranywe adakwiye gushyekerwa ngo yumve ko abantu bashimye ibyo akora.
Aha yifashishije umugani w’Ikinyarwanda ugira uti ‘agashyekero kayirazamo’ bishatse kuvuga ngo agashyekero karaza inkware mu mutego.

G Tuff amaze iminsi agarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga kubera iyi ndirimbo ye
Aragitosa, iyi ndirimbo yakunzwe cyane irabyinwa mumihanda yo ya
Kigali no mu karere hose mu Rwanda
Author Profile
Latest entries
BlogMarch 10, 2026Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko batigeze bahamagaza G Tuff kubera indirimbo ye imaze iminsi itavugwaho rumwe muri sosiyete iyo ndirimbo yitwa, aragitosa
BlogMarch 7, 2026Guseka cyane ntabwo ari byiza, Niba ukunda guseka cyane buri munsi ,dore byinshi bizakubaho
BlogFebruary 27, 2026Fally Merci, utegura ibi bitaramo ni nawe wakira abahanzi mu mwanya wo kuganiriza abafana,
BlogFebruary 25, 2026UBUTUMWA BWIZA BW’AGAKIZA: Kubaturwa ku cyaha. Iyo umuntu ahindukiriye Kristo, maze akamwiringira yishingikirije igikorwa yasohoje ku musaraba i Nyabihanga,yuzura umunzero.