
Abantu 73 batekaga kanyanga n’abacukuraga amabuye y’agaciro bafashwe hifashishijwe ‘drone’ muri Kayonza
abacukuraga amabuye mu buryo butemewe n’amategeko, ndetse inafata kanyanga n’izindi nzoga zitemewe zizwi nka magwingi, abaturage bakaba basabwe kureka ibi bikorwa bibi.
Ni ibikorwa byakozwe mu minsi itatu kuva ku Cyumweru kugera kuri uyu wa Kabiri, bikorerwa mu mirenge ya Rwinkwavu, Nyamirama na Rukara nk’imwe mu yakunze kurangwamo urugomo n’umutekano muke byaterwaga n’ibi bikorwa bitemewe n’amategeko.
Mu minsi itatu hafashwe abacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe bazwi nk’Imparata 30 barimo 18 bo mu Murenge wa Rwinkwavu ndetse na 12 bo mu Murenge wa Rukara.
Ni mu gihe hafashwe abantu 43 batekaga n’abacuruzaga Kanyanga barimo 35 bo mu Murenge wa Nyamirama ndetse n’abandi umunani bo mu Murenge wa Rwinkwavu. Hafashwe litiro 43 za kanyanga ndetse na litiro 3.600 z’inzoga itemewe izwi nka magwingi aho zanamenwe.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hamdun, yavuze ko hashyizwe imbaraga nyinshi mu kwifashisha ikoranabuhanga rya Drone mu gukumira no kurwanya ibyaha. Yavuze ko zibafasha kugera kure no kureba ahantu hanini hashoboka hakorerwa ibyaha aho birimo gutanga umusaruro.
Ati “ Ubutumwa duha abaturage ni ukubasaba ko abakora inzoga zitujuje ubuziranenge bakwiriye kubivamo kuko ni icyaha gihanwa n’amategeko. Izi nzoga ziri ku rutonde rwa Minisiteri y’Ubuzima ku mwanya wa gatatu w’ibiyobyabwenge byoroheje, zigira ingaruka ku mubiri w’umuntu, abantu bagahura n’ibihano biremereye abantu bakwiriye kubireka.’’
SSP Twizeyimana yakomeje avuga ko kubijyanye n’amabuye y’agaciro hari abantu benshi bagwirwa n’ibirombe, abantu bakabura ubuzima kuko baba babikora mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Yavuze ko kandi barimburaga amashyamba, bakarimbura insina n’indi myaka y’abaturage ndetse bakanangiza n’ibidukikije.

Hari abahaye Polisi ibikoresho bakoreshaga biyemeza kureka gukora Kanyanga
Ubwo drone yagendaga ifatira mu cyuho abari guteka Kanyanga, hari abagiye bajyana ibikoresho bayitekeragamo bagasaba imbabazi Polisi n’inzego z’ibanze ndetse bakiyemeza kubireka, kugeza ubu batatu nibo bemeye kubireka banasaba imbabazi.
Hakizimana Patrick yavuze ko yashyikirije Polisi bimwe mu bikoresho yakoresha ateka Kanyanga nyuma y’uko umugore we yatawe muri yombi afatanywe iki kiyobyabwenge.
Ati “ Batubwiye ko gukomeza guteka kanyanga bisa no kugambanira Igihugu rero nafashe uyu mwanzuro kuko ntashaka gukomeza kugambanira igihugu.’’
Ukwidukunda Rachel utuye mu Mudugudu wa Mashinge mu Kagari ka Rurambi mu Murenge wa Nyamirama, yavuze ko yafashe umwanzuro wo kureka guteka kanyanga nyuma y’uko umugabo we afatiwe mu cyuho yagiye kuyigurisha agafungwa ndetse agakatirwa imyaka itatu.
Ati “ Nashakiye ubuzima aho butari, natetse rimwe birampira nkomerezaho ariko ubu nafashe ingamba zo kubireka kuko sinshaka ko abana banjye mbagira imfubyi kandi bakiri bato.’’
Uwiragiye Manasseh utuye mu Mudugudu wa Rutuga mu Kagari ka Rwimishinya mu Murenge wa Rukara, yavuze ko bishimiye igikorwa cyo kurwanya abacukura amabuye y’agaciro hakoreshejwe drone. Yasobanuye ko abasore n’inkumi bacukura aya mabuye iyo bavuyeyo bateza umutekano muke mu buryo bukomeye.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kayonza, Hategekimana Fred, yavuze ko bakoze ubukangurambaga bwinshi bereka abaturage ibibi by’ibiyobyabwenge no gucukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko. Yasabye abaturage kujya mu bindi bikorwa bibafitiye akamaro bitarimo kwishora mu gukora ibiyobyabwenge, kubicuruza n’ibindi bisa nabyo.

Abateka kanyanga bafashwe hakoreshejwe drones
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP Twizeyimana Hadmun yavuze ko ibikorwa byo guhiga abakora ibitemewe bizakomeza
Author Profile
Latest entries
BlogMay 20, 2026Polisi y’u Rwanda yifashishije drone ita muri yombi abantu 73 bo mu Karere ka Kayonza barimo abatekaga kanyanga ndetse n’abacukuraga amabuye y’agaciro
BlogMarch 14, 2026Rusine Patrick, usanzwe akora kuri, Kiss FM, ageze kure imyiteguro y’igitaramo Inkuru ya Rusine’ agiye gukora ku nshuro ya gatatu.
BlogMarch 10, 2026Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko batigeze bahamagaza G Tuff kubera indirimbo ye imaze iminsi itavugwaho rumwe muri sosiyete iyo ndirimbo yitwa, aragitosa
BlogMarch 7, 2026Guseka cyane ntabwo ari byiza, Niba ukunda guseka cyane buri munsi ,dore byinshi bizakubaho