Abode Tidings

Rusine Patrick, usanzwe akora kuri, Kiss FM, ageze kure imyiteguro y’igitaramo Inkuru ya Rusine’ agiye gukora ku nshuro ya gatatu.

Rusine, yemeje ko iki gitaraml azagikora muri Kanama 2026, ndetse ko yatangiye ibiganiro n’abo bazakorana icyakora yirinda kwemeza amazina yabo dore ko ahamya ko bitararangira.

Ati “Hari abahanzi benshi n’abanyarwenya turi kuvugana byanze bikunze vuba tuzaba twabamenye muzahita mubamenya namwe. Gusa kimwe nakwemeza ni uko igitaramo gihari.”

Iki gitaramo kizaba gikurikiye icya kabiri Rusine yakoreye muri ‘Institut Français du Rwanda’ ku wa 30 Kanama 2025, icyo gihe cyari cyitabiriwe n’abarimo Kaduhire Kadudu, Babu Joe, Michael n’abahanzi barimo Bill Ruzima na Alyn Sano mu gihe Anita Pendo ari we wavangaga imiziki.

Rusine yatangiye ibi bitaramo mu 2022 aho yataramiye muri Camp Kigali, icyo gihe akaba yarafatanyije n’abarimo Fally Merci, Zaba Missed Call, Joshua, Ambasaderi w’Abakonsomateri, Arthur Nkusi n’abandi.

Uyu munyarwenya yinjiye mu bijyanye no gusetsa mu 2018 anyuze muri Seka Rising Star, irushanwa ryashakishaga abanyempano bashya bakundaga gutarama mu birori bya Seka Live na Seka Festival.

Rusine wari mu biganza bya Arthurnation, mu 2020 yaje guhura na Clapton Kibonge batangira gukorana muri sinema bahereye muri filime bise Umuturanyi, ariko izina rye ryarushijeho kwamamara ubwo bakoraga iyitwa ’Mugisha na Rusine’.

Uko imyaka yagendaga yigira imbere, izina rya Rusine ryagendaga rikura atangira kubengukwa na radiyo yisanga atyo mu mwuga w’itangazamakuru ahereye kuri Power FM mbere y’uko yerekeza kuri Kiss FM.

Rusine yinjiye mu bijyanye no gusetsa mu mwaka 2018 anyuze muri Seka Rising Star.

 irushanwa ryashakishaga abanyempano bashya bakundaga gutarama mu birori bya Seka Live na Seka Festival.Rusine wari mu biganza bya Arthurnation,Mu mwaka 2020 yaje guhura na Clapton Kibonge batangira gukorana muri sinema bahereye muri filime bise Umuturanyi, ariko izina rye ryarushijeho kwamamara ubwo bakoraga iyitwa ’Mugisha na Rusine.

Rusine Patrick, uri mu banyarwenya bamaze kubaka izina rikomeye mu ruganda rwa Comedy mu Rwanda, aherutse gukora igitaramo cye cya mbere cyitabiriwe nabakunzibe kurwego rushimishije.

Author Profile

Hortense Uwase

About The Author

+ posts
Scroll to Top