Sarah Ebabi rwagarutsweho cyane muri iki cyumweru muri DR Congo,
Urubanza rw’uyu musirikare Sarah Ebabi rwagarutsweho cyane muri iki cyumweru muri DR Congo
Abunganira Ebabi bavuga ko ibyabaye atari icyaha cy’umusirikare ahubwo ari ukwinjira mu buzima bwe bwite.
‘Video’ ntoya yatangajwe n’iyo ‘studio’ igaragaza uyu musirikare asomana n’umukunzi we ku munwa by’akanya gato mu gihe barimo bafata amashusho bahagaze.
Abanyecongo benshi ku mbuga nkoranyambaga bamaganye ibishinjwa uyu musirikare, mu gihe abandi bavuga ko niba yararenze ku mategeko akwiye kubiryozwa.
Umwe mu bamushyigikiye, yanditse ku rubuga rwa X ati: “Biriya byari gushyirwa mu rwego rw’imyifatire, ntabwo bikwiye kuba ikirego mu rukiko, noneho gisabirwa igifungo cy’imyaka ingana kuriya.”
Yongeraho ati: “Aho kumureka ngo akore ubukwe bwe abere abandi urugero, ahubwo igihugu arinda uyu munsi kirimo kumuhohotera nk’umugizi wa nabi.”
Abantu bamwe bakomeje gusaba abategetsi ba gisirikare ko Sarah Ebabi arekurwa kuko ku bwabo babona nta cyaha yakoze gituma akomeza gufungwa no kuburanishwa.
Mu gihe imbuga nkoranyambaga zigenda zirushaho kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’abantu, muri icyo gihugu baribaza n’imbago ziriho ku bakora umwuga nk’igisirikare mu kwisanzure kuri izo mbuga.




