Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Sarah Ebabi rwagarutsweho cyane muri iki cyumweru muri DR Congo,

Urubanza rw’uyu musirikare Sarah Ebabi rwagarutsweho cyane muri iki cyumweru muri DR Congo
Abunganira Ebabi bavuga ko ibyabaye atari icyaha cy’umusirikare ahubwo ari ukwinjira mu buzima bwe bwite.

‘Video’ ntoya yatangajwe n’iyo ‘studio’ igaragaza uyu musirikare asomana n’umukunzi we ku munwa by’akanya gato mu gihe barimo bafata amashusho bahagaze.

Abanyecongo benshi ku mbuga nkoranyambaga bamaganye ibishinjwa uyu musirikare, mu gihe abandi bavuga ko niba yararenze ku mategeko akwiye kubiryozwa.

Umwe mu bamushyigikiye, yanditse ku rubuga rwa X ati: “Biriya byari gushyirwa mu rwego rw’imyifatire, ntabwo bikwiye kuba ikirego mu rukiko, noneho gisabirwa igifungo cy’imyaka ingana kuriya.”

Yongeraho ati: “Aho kumureka ngo akore ubukwe bwe abere abandi urugero, ahubwo igihugu arinda uyu munsi kirimo kumuhohotera nk’umugizi wa nabi.”

Abantu bamwe bakomeje gusaba abategetsi ba gisirikare ko Sarah Ebabi arekurwa kuko ku bwabo babona nta cyaha yakoze gituma akomeza gufungwa no kuburanishwa.

Mu gihe imbuga nkoranyambaga zigenda zirushaho kwinjira mu buzima bwa buri munsi bw’abantu, muri icyo gihugu baribaza n’imbago ziriho ku bakora umwuga nk’igisirikare mu kwisanzure kuri izo mbuga.

Blog, News

Ingendo z’ubwato hagati y’umujyi wa Dar es Salaam n’ikirwa cya Zanzibar zirahagarara ejo ku itariki ya 29 Ukwakira 2025, ubwo igihugu kizaba kiri mu matora rusange.

Ishyirahamwe ry’abatwara abagenzi (Taboa) rivuga ko iri hagarikwa ry’ingendo rigamije guha abakozi n’abagenzi amahirwe yo gutora.

Ariko ishyirahamwe rirengera abagenzi (Passengers’ Rights Association) ryabinenze, rivuga ko abakoze ibi batatekereje ku bantu bafite impamvu z’umuryango cyangwa iz’ubuzima zibasaba gukora ingendo kuri uwo munsi.

Urubuga rwa interineti rukoreshwa mu kugura amatike narwo rwahagaritse kugurisha amatike yo ku itariki ya 29 Ukwakira.

John Masunga, usanzwe akorera ingendo hagati ya Dar es Salaam n’indi mijyi, yagize ati:

“Simbona impamvu yo guhagarika ingendo. Ese ni ikibazo cy’umutekano cyangwa ni itegeko ryo gutora? Dukeneye izi serivisi.”

Anasia Lyimo, utuye i Kigoma, we yagize ati: “Nari nateguye urugendo ku munsi w’amatora, ariko ngiye kurusubika nzagende ku wa kabiri. Ibi bishobora gutuma amatike azamuka kuko abantu benshi bazaba bashaka kugenda mbere y’iyo tariki.”

Abanya-Tanzaniya bazatora Perezida, abadepite, n’abayobozi b’inzego z’ibanze ku wa gatatu.

Ni amatora ya mbere Perezida Samia Suluhu Hassan agiye kwitabira ashaka kwemezwa n’abaturage nyuma yo gusimbura nyakwigendera John Magufuli mu 2021.

Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, Chadema, ryamaze gutangaza ko ritazitabira amatora, rivuga ko hakenewe ivugurura ry’uburyo amatora ategurwa.

Perezida waryo, Tundu Lissu, arimo kuburana ku byaha byo gucura umugambi wo kugambanira igihugu, ariko ishyaka rye rivuga ko ibyo birego bishingiye ku mpamvu za politiki.

Blog, News

 Spéciose Mukabayojo umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda, yatabarutse ku myaka 93, nk’uko byemezwa n’abo mu muryango we.

Igikomangomakazi Speciose Mukabayojo yari umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga, wayoboye u Rwanda kuva mu 1896 kugeza mu 1931. Nyina yari Umwamikazi Nyiranteko ya Nzagura. Yari kandi mushiki w’abami babiri b’u Rwanda, Mutara III Rudahigwa na Kigeli V Ndahindurwa.

Yavutse ahagana mu myaka ya 1930, akurira mu ngoro y’ubwami mu bihe bya nyuma by’ubwami bw’u Rwanda. Mu myaka ya 1950, yashyingiwe Igikomangoma Bideri mu bukwe bwa cyami bwabaye ikirori gikomeye.

Uyu munsi, Igikomangomakazi Speciose Mukabayojo yapfuye, akaba yari umwana wa nyuma usigaye w’Umwami Musinga. Urupfu rwe rurangije igice cy’amateka y’ubwami mu Rwanda, asize inyuma umurage w’ubwitonzi, ubwenge n’ubumwe hagati y’u Rwanda rwa kera n’uru rwa none. Mukabayojo ni we mwana wenyine wari ukiriho mu bana 19 b’Umwami Yuhi V Musinga wategetse u Rwanda hagati ya 1896 na1931 agacibwa n’abazungu agahungira muri Congo ari naho yatangiye (yapfiriye). Musinga yasimbuwe n’umuhungu we Mutara III Rudahigwa, na we amaze gutanga asimburwa na murumuna we Kigeli V Ndahindurwa, aba bombi ni basaza ba Mukabayojo.

Mu 2017 i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda ubwo Mukabayojo aheruka kubona muri rubanda yari afite intege nkeya kubera izabukuru.

Blog, News

Mu kwezi kwa Kanama (8) 2021, ubwo Kabul yafatwaga n’Abatalibani, isi yose yarebaga amashusho ateye agahinda y’Abanyafuganisitani bari benshi ku kibuga cy’indege, babuze iyo berekeza, buri wese ashaka uko yahunga igihugu.

Safi na Sammi mu munyenga w’urukundo
Ababyeyi bakiriye urukundo rw’abana babo bate?
Mu kazi ka Safi, byaje kuba ngombwa ko asubira muri Afuganisitani kuko yagombaga kujya gutabara abari barafashwe n’Abataribani. Icyo nticyari icyemezo cyoroshye kuri we ariko kandi cyari ikigeragezo kitavugwa kuri Sammi, umukunzi we.

Agezeyo rero nawe yaje gufatwa n’abatalibani noneho ibyari uguhangayikira umukunzi bivamo ukwiheba gukabije kuri Sammi.

Iminsi Safi yamaze atabona izuba, yatumye umukunzi we amenyana n’ababyeyi be, kuko bose bari barajwe ishinga no kongera kubona Safi ari muzima.

Ibyo byatumye biyemeza kujya muri Qatar ariko batabiziranyeho, bagezeyo rero ni ho Sammi yamenyaniye n’ababyeyi ba Safi.

Ati: “Ntibari banzi, nta n’ubwo inkuru yacu bari bayizi. Nyamara twamaze ibyumweru 2 tuba hamwe. Kubera ko ababyeyi ba Safi batavugaga icyongereza neza, nyuma yo kubamenya no kubibwira, niyemeje kubafasha muri byose, ahakenewe icyongereza ngaseruka mu izina ry’umuryango.”

Nk’ababyeyi b’Abanyafuganisitani kandi batsimbaraye ku myemerere y’idini ya Isilamu, kumenya ko umuhungu wabo akundana n’umukobwa w’Umuyahudikazi, byari ikintu kidasanzwe ndetse cyatumye bagwa mu kantu.

Gusa Sammi agira ati: “Ubuzima twarimo twembi ntibwabahaye amahitamo. Barankunze kd baranyakira, nanjye binkora ku mutima.”

Safi na Sammi hamwse n’ababyeyi babo
Nyuma y’iminsi 105 Safi yararekuwe ndetse ava muri Afuganisitani, yongera guhura n’umukunzi we Sammi.

Nyuma yo kongera kubonana n’umukunzi we, aba bombi bahise batangira kubana mu nzu, nyuma baza no gushakana bakora ubukwe ku mugaragaro.

Ubukwe bwabo bwari uruvange rwabo bombi. Umuco w’Abanyafuganisitani n’uw’Abayahudi wari wahuriye hamwe, imbyino n’imyambarire,…byose byari uruvange.

Ibirori birimbanyije Safi n’umukunzi we bagiye ku rubyiniro bataramira abashyitsi babo, wabonaga ari ibintu binejeje imitima. Aba bombi basoza batanga inama y’uburyo urukundo ari ikintu gikomeye, kandi nta kintu na kimwe gikwiye kurukoma mu nkokora. Bongeraho ko ibikomeye byose abakundana banyuramo, birangira urukundo rutsinze.

Blog, News

Charles Isabirye yakatiwe igifungo cy’imyaka 17, Umunya-Uganda uba mu Bwongereza yakatiwe gufungwa imyaka 17 azira gusambanya abagore

Umupolisi ushinzwe iperereza, Detective Constable Le Boutillier, yagize ati:

“Nta kindi navuga uretse gushima ubutwari bw’abahohotewe, kuba barafashe icyemezo cyo kubivuga no kubihamya muri uru rubanza rwamaze igihe kirekire.”

Yongeyeho kandi ko Isabirye yakoresheje uburyo bwose bushoboka ngo asebye ndetse anateshe agaciro abatangabuhamya.

Uyu mupolisi kandi yunzemo ati: “N’ubwo bidashobora gukuraho ibyo banyuzemo, ariko nizeye ko bizabaha ituze mu kumenya ko uwabahohoteye ari muri gereza imyaka myinshi.

Scroll to Top