Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Umurwi w’abitwaje ibirwanisho wagandaguye abarenga 50 muri Ituri

Igihugu kimaze imyaka hafi 30 gihanzwe n’indyane zitandukanye, imigumuko n’amatati yo hagati mu kibano. Bivugwa ko abantu barenga imiriyoni 7 bahungiye hagati mu gihugu.

Ituri iri kandi mu buraruko bw’intara za Kivu ya Ruguru na Kivu y’Epfo, akarere kageramiwe n’intambara zikomeye hagati y’inyeshamba za M23 ONU ivuga ko zifashwa n’u Rwanda – ivyo ruhakana – hamwe n’igisirikare ca reta ya Congo.

Inyeshamba za M23 zimaze kwigarurira uduce tutari duto twuzuye ubutare mu karere k’ubuseruko bwa Congo kuva zisubiriye gutanguza intambara mu mpera za 2021, mu misi iheze hakaba haheruka intambara zikomeye cane.

Inyuma y’imisi itatu habaye inama y’akarere i Dar es Salaam muri Tanzania, aho abategetsi b’ibihugu bigize amashirahamwe EAC na SADC basavye ko intambara zihagarara ata kirinze gusabwa gushika ku wa kane, intambara zarasubiye kwaduka ejo ku wa kabiri, nk’uko amakuru ava mu karere abivuga.

Blog, News

Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi muri Nzeri(9) 2019 ubwo ibihugu byombi byari bibanye neza

Mu cyumweru gishize SADC na yo yakoze inama ku kibazo cya DR Congo
Mu bigaragara EAC na SADC ntibyumvikana ku mwanya w’u Rwanda mu makimbirane ari muri DR Congo, iyi na yo ni ingingo ishobora kugarukwaho mu nama y’i Dar es Salaam, nubwo bigoye kwitega ko tuza kubona umwanzuro kuri yo.

U Rwanda ruhakana ko rufite abasirikare muri DR Congo ariko ko rwafashe ingamba zo kwirinda ku mipaka yarwo ngo intambara muri DR Congo itambuka ikagera ku butaka bwarwo.

Perezida Kagame kandi asubiramo kenshi ko muri DR Congo hariyo ikibazo cy’u Rwanda – umutwe wa FDLR ushinjwa gukorana na leta ya Congo – ibyo Kinshasa na yo ihakana.

Ingingo zikomeye i Dar es Salaam
Hari amahirwe menshi ko abategetsi bari buhurire i Dar es Salaam bashobora kugera ku masezerano yo kuba imirwano ihagaze.

Ariko guhagarika imirwano mu buryo burambye bizava ku ngingo zitandukanye zizafatwa no kubahirizwa kwazo bya nyabyo kw’impande bireba.

Ingingo ya mbere ni ukwemera uguhagarika imirwano
Iyi ishobora koroha kumvikanwaho, ariko inshuro nyinshi byemeranyijweho mbere ariko impande zirwana zikabirengaho. Nta gihamya ko niba i Dar es Salaam byumvikanyweho bizubahirizwa ku rubuga rw’imirwano.

Ingingo ya kabiri ni ibiganiro by’amahoro
Umuti wa EAC wo gusaba Kinshasa kuganira na M23 n’indi mitwe ushobora guhindura ibintu – ibiganiro na leta biri mu byo M23 na yo isaba.

Hasigaye kumenya niba EAC izabihurizaho na SADC kugeza ubu isa n’iri ku ruhande rwa leta ya RD Congo.

N’ubwo iyo miryango yabyumvikanaho, hazaba hasigaye kumenya niba izabasha kumvisha Parezida Tshisekedi gutambuka ”umurongo utukura” wo kuganira na M23.

Igitutu cy’amahanga na Amerika ihuze
Nta gushidikanya ko muri iki gihe ubutegetsi bushya bwa Perezida Donald Trump muri Amerika mu buryo bugaragara bwitaye cyane ku bibazo bya Amerika kurusha ibiri ahandi ku isi.

Uko ibintu byifashe muri iki gihe hari itandukaniro n’uko byari byifashe mu 2012, ubwo M23 yafataga umujyi wa Goma ikawuvamo nyuma y’iminsi 10.

Icyo gihe igitutu cy’amahanga, by’umwihariko icy’ubutegetsi bwa Barack Obama, ku butegetsi bw’u Rwanda na M23, byagize uruhare rutaziguye mu gutuma M23 iva i Goma, biha n’imbaraga ingabo za MONUSCO na SADC kuyikurikirana no kuyinesha igahungira mu Rwanda no muri Uganda.

Abategetsi ba DR Congo muri iyi minsi bashishikajwe no gusabira u Rwanda ibihano mpuzamahanga. Ibi bibayeho nta kabuza ko byashyira igitutu gikomeye ku Rwanda, rwakira nibura kimwe cya gatatu cy’inkunga ku ngengo y’imari yarwo.

Gusa, icyemeranywaho muri rusange n’ubwo kitaragerwaho, ni uko umuti w’ikibazo cya DR Congo wabonekera mu bushake bwa politike bwa nyabwo bw’abategetsi bo mu karere, n’aba Congo, by’umwihariko, biciye mu nzira z’ibiganiro by’amahoro, nk’uko biheruka kuvugwa na Uhuru Kenyatta – wahoze ari perezida wa Kenya – usanzwe na we ari umuhuza muri iki kibazo.

Blog, News

Alliance Fleuve Congo (AFC) rifite umutwe wa M23 ryashyizeho guverineri w’intara ya Kivu ya Ruguru hamwe n’abamwungirije mu gace k’iyi ntara bagenzura.

Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania ni byo bihugu byo muri SADC byohereje ingabo muri DR Congo gufasha leta guhangana n’umutwe wa M23.

Umubare nyawo w’ingabo Malawi yohereje mu butumwa bwa SAMIDRC ntabwo uzwi neza.

Mu ntangiriro z’umwaka ushize umuvugizi wa leta ya Malawi yabwiye ibinyamakuru byaho ko iki gihugu cyohereje batayo imwe ya gisirikare muri ubwo butumwa.

Bitewe n’imitere y’igisirikare cya buri gihugu, batayo imwe ishobora kubamo abasirikare bari hagati ya 300 kugera ku 1,000.

Imirwano yongeye kubura, Nyabibwe ‘yafashwe’
Nyuma y’umunsi umwe umutwe wa M23 utangaje agahenge, imirwano yongeye kubura kuri uyu wa gatatu muri Kivu y’Epfo muri teritwari ya Karehe.

Ibiro ntaramakuru Reuters bivuga ko amasoko atandukanye yabyemereye ko agace ka Nyabibwe – kari kuri 70km ku muhanda mukuru uva i Bukavu ugana i Goma – kafashwe na M23 muri iyo mirwano.

Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta ya DR Congo, uyu munsi yatangaje ko inyeshyamba za M23 ari zo zarenze ku gahenge zatangaje ubwazo, zigatera ibirindiro by’ingabo za leta.

Uruhande rwa M23 ntacyo ruravuga kuri ibi byavuzwe na Muyaya.

Ku muhanda uhuza Goma na Bukavu uca hafi y’ikiyaga cya Kivu, Nyabibwe iri ku ntera irenga gato kilometero 20 mu majyaruguru uvuye kuri centre y’ingenzi ya Kavumu ifite n’ikibuga cy’indege, na yo iri kuri kilometero zirenga 40 uvuye i Bukavu.

Blog, News

Umuganga Nathaniel Cirho yakomeretse igihe igisasu cagwa ku nzu y’uubanyi, Ubuzima bwa Goma mu minwe ya M23: ‘abantu bafise ubwoba

Umutwe wa M23 watangaje ko abantu bapfuye mu mirwano iheruka i Goma barenga 2,500 ari abasirikare ba leta (FARDC) na Wazalendo.

Bertrand Bisimwa umwe mu bakuru b’umutwe wa M23 yatangaje ko “nta muryango w’i Goma uri mu kiriyo kubera aba bapfuye”.

Patrick Muyaya, umuvugizi wa leta ya Kinshasa aheruka gutangaza ko imirambo irenga 2,000 ikiri mu mihanda i Goma ikeneye guhambwa.

Yashinje ingabo z’ Rwanda na M23 ubwicanyi ku basivile mu mirwano iheruka i Goma no mu nkengero zayo.

Mu butumwa bwatangajwe na Bisimwa, yasabye ubutegetsi bwa Kinshasa “kureka kujya mu ntambara iteye isoni ku bapfuye i Goma”.

Yavuze ko imirambo yahoze mu mihanda i Goma, yahavanywe igahambwa ari “iy’abasirikare ba FARDC n’abakorana na bo”, yavuzemo Wazalendo, FDLR, abacanshuro b’i Burayi n’ingabo z’u Burundi, yemeza ko baguye ku rugamba.

Imiryango imwe n’imwe i Goma yagaragaye ibwira ibitangazamakuru mpuzamahanga ko hari ababo yabuze yarimo ishakira mu bantu bamaze iminsi bashyingurwa na Croix Rouge i Goma.
Croix-Rouge i Goma – yafashije mu guhamba bamwe mu bapfuye, ariko ntibyashobotse kugeza ubu.

Ishami rya ONU rishinzwe ubutabazi, OCHA-RDC, rivuga ko imirambo nibura 2,000 yamaze guhambwa kandi ko indi igera kuri 900 iri mu buruhukiro bw’ibitaro bitandukanye i Goma.

Radio RFI isubiramo Bounena Sidi Mohamed wungirije umukuru wa OCHA muri RD Congo avuga ko “hari uduce tukirimo imirambo myinshi yashengutse, nko ku kibuga cy’indege no kuri gereza ya Goma”.

Yaba iri shami rya ONU na Croix-Rouge ntibemeza niba imirambo yahamwe ari iy’abasivile cyangwa abasirikare. Bavuga ko myinshi yari yashengutse bigoye kumenya abo bantu bapfuye.

Kugeza ubu biragoye kumenya neza ukuri kw’ibivugwa n’uruhande rwa leta n’u Rwanda M23 ku bantu bishwe mu mirwano i Goma.

ONU ku wa mbere yatangaje ko abantu nibura 900 bishwe naho abarenga 2,800 barakomeretse kubera iyo mirwano, kandi ko ibitaro bikigowe no kubasha kuvura izo nkomere zose.

Blog, News

Ku wa mbere, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yabajijwe na CNN niba ingabo z’u Rwanda ziri muri DR Congo yarasubije ati: “Simbizi.

Abanyamadini bahaye Tshisekedi ‘umushinga wo gusohoka mu kaga’
Abakuru ba Kiliziya Gatorika n’Abaporotestanti muri DRC Congo batangaje ko bashyikirije Perezida Félix Tshisekedi ‘umushinga wo gusohoka mu ngorane’ kandi ko yawakiriye neza.

“Twafashe iya mbere, nta bwo ari we wabidusabye, dutegura uyu mushinga none uyu munsi twaje kuwumushyikiriza kandi yawakiriye abyitayeho cyane”, ni ibyatangajwe na Musenyeri Donatien Nshole wo ku ruhande rw’inama nkuru gatolika ya RD Congo.
Perezida Tshisekedi yakiriye abakuru b’Abaporotestanti n’Abakuru b’Abagatolika muri DR Congo bamuzaniye ‘umushinga wo gusohoka mu kaga’
Cardinal Ambongo yavuze ko “nk’abashumba” batewe impungenge kandi bahahangiyikishijwe “n’ibyo abavandimwe bacu babayemo mu burasirazuba bw’igihugu”.

Kiliziya Gatolika muri DR Congo yagiye inenga uko ubutegetsi bwa Kinshasa bukemura ikibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Congo, Karidinali Ambongo yagiye yumvikana anenga guha intwaro abasivile n’imitwe yitwaje intwaro bise Wazalendo n’umutwe wa FDLR.

Ibi byatumye mu mwaka ushize Ambongo arebana nabi n’ubutegetsi kandi ubushinjacyaha buvuga ko agomba gukurikiranwa, mbere y’uko ahura na Perezida Tshisekedi maze akavuga ko baganiriye “ibintu bigasobanuka”.

Scroll to Top