Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Ibihugu icyenda byo muri Afurika byamaze kubona itike yo kujya mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexique na Canada.

Ni nde uzatwara igikombe cy’isi cya 2026?
Tombola y’igikombe cy’isi cya 2026 yashyize hanze uko ama kipe azacakirana, ni mu gihe iminsi ikomeje gusatira, muri iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico.

Hitezwe imikino irimo ihangana rikomeye, gutungurana, ndetse n’ibihe bidasanzwe ku bafana. Ariko se ni inde uhabwa amahirwe yo kwegukana iri rushanwa? Tugendeye ku basesenguzi, ndetse n’icyo imibare igaragaza.?

Urutonde rw’amakipe azitabira iri rushanwa ntiruramenyekana rwose, kuko imyanya itandatu izahatanirwa mu mikino ya kamarampaka mu kwezi kwa gatgikombe cy’isi cya 2026?
atu umwaka utaha.

Icyakora, mu isesengura kuri aya makipe azahatanira igikombe cy’isi cyo ku wa 19 z’ukwa karindwi, Ubudage, Espagne n’Ububiligi ni byo bihugu bifite amatsinda yoroshye kurusha ayandi muri iki gikombe cy’isi cya 2026, hafatiwe ku rutonde rwa FIFA rw’ibihugu bizitabira.

Ubuholandi n’u Budage byo bizahura n’ibihugu birushijeho gukomera. Ni ayahe makipe ari kwitwara neza muri iyi minsi?
Ubwongereza bwitwaye neza mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’isi, kuko bwatsinze imikino yabwo yose, kandi nta gitego bwinjijwe.

Abageze ku mikino ya nyuma mu marushanwa abiri y’igikombe cy’u Burayi aheruka ndetse bakagera muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cy’isi cyabereye muri Qatar mu myaka itatu ishize, ikipe y’u Bwongereza [Three Lions] ifite icyizere cyo kwegukana iri rushanwa babifashijwemo n’umutoza wabo mushyaThomas Tuchel.

Abakora ubucuruzi bwo gutega ku mikino bo babona u Bwongereza buzigaragaza mu mikino yo muri iyi mpeshyi, aho benshi babushyira ku mwanya wa kabiri, inyuma ya Espagne. Espagne iherutse kwegukana igikombe cy’uburayi, na yo iri mu makipe yo kwitega, gusa umukino iherutse kunganya na Turkey ibitego 2-2, mu mikino ya nyuma yo gushaka itike na wo wangije agahigo kabo.

Umukinnyi wa Espagne ariko unakinira ikipe ya Barcelona Lamine Yamal, ni umwe mu bakinnyi beza isi ifite, akaba ari na we wafashije iyi kipe gutsinda ubwongereza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’i Burayi.

Uretse kuba baratsindiwe kuri penalty mu mikino ya nyuma y’amakipe y’ibihugu mu kwezi kwa gatandatu, Portugal iri mu makipe ataratsindwa mu irushanwa ryemewe na FIFA kuva bakina na Scotland mu kwezi kwa gatatu mu mwaka wa 2023.

Ubufaransa, bwanageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi cyo muri Qatar cya 2022, na bwo ni imwe mu makipe yo kwitega muri iri rushanwa, kandi bumaze imikino myinshi bubifashijwemo n’umutoza wabo Didier Deschamps, nko mu mikino y’i Burayi iyi kipe yitwaye neza kuko nta mukino iratsindwa mu mikino yo gushaka itike u mugabane w’i Burayi.

Mudasobwa yihariye ya kompanyi ya Opta yashyize aya makipe atatu y’i Burayi mu y’ahabwa amahirwe, Espagne ni yo iri imbere na 17%, Ubufaransa 14.1%, naho u Bwongereza bukagira 11.8%.

Abakora ubucuruzi bw’imikino y’amahirwe ndetse n’abasesenguzi bafata Ubudage nk’ikipe ikomeye, gusa bwatangiye butsindwa ku mukino wa mbere wo gushaka itike, nyuma baza gutsinda imikino itanu ikurikiranye, ubu buri mu makipe azitabira imikino y’igikombe cy’isi. Ubusuwisi, Ubuholandi, Ububiligi, Korowasiya, ndetse na Norveje na bo barangije badatsinzwe mu mikino ya nyuma yo gushaka itike mu makipe y’i Burayi.

Ku rundi ruhande, igihugu cya Brazil nticyagize urugendo rworoshye: kiri ku mwanya wa gatanu muri Amerika y’Epfo, Abanya-Brazil batsinzwe imikino 6 muri 18. Ibi ntibyabujije abakora ubucuruzi bw’imikino y’amahirwe kubashyira ku mwanya wa kane mu bafite amahirwe yo kwegukana igikombe cy’isi, nubwo Opta yo yabashyize ku mwanya wa karindwi.

Argentina, ifite igikombe cy’isi giherutse, yagaragaje imbaraga nyinshi mu mikino yo gushaka itike mu bihugu byo muri Amerika y’Epfo, aho yarangije iri imbere n’amanota icyenda inyuma ya Ecuador.

Brazil ni yo kipe yonyine yatwaye ibikombe bibiri by’isi byikurikiranije, mu mwaka 1958 no mu 1962, ariko kubera ko bafite Lionel Messi, Argentina izaba na yo iri mu makipe ahabwa amahirwe yo kwegukana igikombe cy’isi.

Icyizere cyo kubona itike ku ma kipe yo muri Asia, cyari ku gihugu cy’u Buyapani, bwatsinzwe umukino umwe gusa mu rugendo rwo gushaka itike yo kwerekeza muri amerika mu mpeshyi umwaka utaha.

Maroc nk’ikipe yatunguye benshi mu gikombe cy’isi giheruka ikagera muri 1/2 cy’irushanwa mu mateka, nayo yatsinze imikino umunani yose mu rugendo rwo gushaka itike ku mugabane wa Afurika, ishobora kuzatanga akazi ku makipe akomeye. Misiri, Senegal, Côte d’Ivoire, na Tunisia na zo ntizatsinzwe umukino n’umwe.

Icyakora, mu itangira ry’Igikombe cya Afurika (AFCON) giteganijwe muri uku kwezi, bishobora kuzaba ingorabahizi ku bihugu bya Afurika, guhatana mu marushanwa abiri kandi akomeye mu mezi atandatu.

Cristiano Ronaldo yatangaje ko iri rushanwa rizaba ari ryo rya nyuma ry’igikombe cy’isi yitabiriye. Portugal ni ikipe yo kwitega muri iri rushanwa. Ku Butaliyani ho, abatwaye igikombe cy’ibihugu by’i Burayi muri 2020, bazanyura mu mikino ya kamarampaka kugira ngo babone itike ibaganisha ku gikombe cy’isi, gusa bafite ikipe yo kwitondera cyane ku rwego rw’isi.
Ese kuri ubu byifashe gute?
Kwakira igikombe cy’isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada, na Mexique hagati mu mpeshyi byateje impungenge ku bushyuhe bukabije amakipe ashobora guhura na bwo.

Iki gikombe cy’isi cyakomeje kutavugwaho rumwe kubera imiterere idasanzwe y’ikirere kizaba kitameze neza,

By’umwihariko, Enzo Fernandez ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya Chelsea yavuze ko yuagize isereri mu gihe yarimo akinira mu bushyuhe bukabije.

Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza ya Queen’s University Belfast bwerekanye ko ubushyuhe buteganijwe ku bibuga 14 muri 16 bizakoreshwa mu gikombe cy’Isi cya 2026 bushobora kugera ku kigero gikabije mu gihe cy’irushanwa.

Biragaragara ko hari ibihugu bizihanganira ubushyuhe kurusha ibandi; gusa bimwe mu bihugu by’i Burayi bishobora guhura n’ibibazo, u Bwongereza bwagaragaje icyifuzo cy’uko bajya bakina ku masaha yo ku mugoroba kugira ngo birinde ubushyuhe bukabije.

Iby’uko ikirere kizaba gihagaze bishobora kuba amahirwe ku bihugu byo muri Amerika y’Epfo ndetse n’amakipe yo muri Afurika, nubwo nta kipe yo ku mugabane wa Afurika iregukana igikombe cy’isi.

Ibikombe 10 muri 11 byakiniwe ku mugabane w’i Burayi byatwawe n’amakipe yo kuri uwo mugabane, ariko biba bitandukanye cyane iyoicyo gikombe gikiniwe ku mugabane wa Amerika.

Buri gikombe muri birindwi byabereye muri Amerika cyatwawe n’ikipe yo muri Amerika y’Epfo kugeza ubwo Ubudage bwakuyeho ako gahigo muri 2014, hanyuma kuva ubwo Argentina na yo igitwarira mu bushyuhe bwo muri Qatar.

Espagne niyo kipe yo ku mugabane w’i Burayi yabashije gutwarira igikombe cy’isi hanze y’umugabane wayo bwa mbere, ubwo yegukanaga icyabereye muri Afurika y’Epfo mu mwaka wa 2010.

Abasesenguzi babivugaho iki?
Mu kiganiro yagiranye na Radio 5 ya BBC, Dion Dublin wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’ubwongereza yabajijwe ku itsinda ry’igihugu cye yagize ati:

“Buri gihe mpangayikishwa n’ikipe ya Croatia, ifite ubunararibonye bwinshi, n’umwimerere bijyana. Ghana nayo irakomeye cyane kandi ishobora gukora itandukaniro, ni igihugu gikomeye cya Afurika kandi kizabagora cyane. ‘Impungenge’ niryo jambo rikwiye.”

Umunyamakuru w’imikino Julien Laurens yagize ati:

“Nzi ko Espagne yatsinzwe na Portugal ku mukino wa nyuma w’ irushanwa ry’ibihugu by’i Burayi ariko kuva umutoza Luis de la Fuente yagera muri iyi kipe, bazamuye urwego.

Yongeyeho ko: “Tebwe [Ubufaransa] duhagaze neza, kandi dufite Mbappé, sintekereza ko hari aho tudahagaze neza muri iyi kipe yacu.

Urutonde rw’uko amatsinda azaba ahagaze mu gikombe cy’isi cya 2026
Itsinda A: Mexico, Koreya y’Epfo, Afurika y’Epfo n’indi izava hagati ya Denmark, Macedonia na Repubulika ya Czech.

Itsinda B: Canada, Qatar, u Busuwisi n’indi izava hagati ya Wales, Ireland y’Amajyaruguru, u Butaliyani na Bosnia-Herzegovina.

Itsinda C: Brazil, Moroc, Haiti, Scotland.

Itsinda D: USA, Paraguay, Australia n’indi izava hagati ya Turukiya, Romania, Slovakia na Kosovo.

Itsinda E: U Budage, Curacao, Cote d’Ivoire, Ecuador.

Itsinda F: U Buholandi, u Buyapani, Tunisia n’indi izava hagati ya Ukraine, Sweden na Albania.

Itsinda G: U Bubiligi, Misiri, Ireland, New Zealand.

Itsinda H: Espagne, Cape Verde, Arabia Soudite, Uruguay.

Itsinda I: U Bufaransa, Senegal, Norvge, indi ni hagati ya Iraq Bolivia/Suriname.

Itsinda J: Argentina, Algeria, Austria, Yorodaniya.

Itsinda K: Portugal, Uzbekistan, Colombia n’indi izava hagati ya DR Congo, Jamaica na New Caledonia.

Itsinda L: U Bwongereza, Croatia, Ghana, Panama…

Blog, News

Nimuze twese dushyire hamwe, twungurane ibitekerezo ku bijyanye n’amazina nyarwanda, Ese amazina twitwa afite icyo asobanuye?

Reba urutonde rw’amazina y’abakobwa n’ay’abahungu akunzwe hano kuri Abode Tidings Urubuga Nyarwanda
Abayo, Atete, Abewe Abijuru, Abera, Abeza ; Abumugabo, Ahoraho; Abamahoro; Abariza, Abayizera; Akiduhaye; Akimana; Akingeneye, Akizanye ; Akeza, Akwizihize, Akwizihire, Abayisenga Abimana – Abiyingoma – Aganze, Agabe – Arakaza – Ategeke, Ahwishakiye ,Amizero, Atone ,Akayisenga, Ahirwe – Ariho, Aradukunda, Ashimwe, Abeho; Ategeke;Akuzwe; Atsinde,Atuze, Arema,Azabe

Bikorimana, Inyuguti,B, Bana, Bayihiki – Bambe – Batamuriza – Bazatoha – Bazimya – Benda – Bengeza – Beraho – Benzinge- Bugirimfura Bicura – Bigirimana – Bigwi; Bihogo – Bihoyiki – Binama – Birasa – Bisamaza – Bisangwa – Biseruka – Biseseme – Bucagu – Bucyana – Bucyanayandi – Bugingo – Bugirande – Buhigiro – Bukuba – Bitibibisi– Birekeraho Buregeya – Busanane – Bushayija – Busyeti – Buzizi – Bwakira – Bwankoko – Bwimba – Bwiza – Byagutunga – Byemero – Byiringiro – Byukusenge – Byusa – Bikamba – Banganirora – Bungurubwenge – Bisetsa- Bagwaneza – Benimana- Beza-Butare – Burariyo – Burabyo -Byose – Bishirandora

Mu muco Nyarwanda umwana ntiyarenzaga nibura iminsi umunani ataritwa izina. Yarihabwaga mu muhango uzwi nko kurya ubunnyano.

Muri uwo muhango hatumirwagamo abana bato bakagaburirwa isogi n’izindi mboga zibumbabumbiye mu mutsima w’amasaka cyangwa w’uburo uri ku nkoko, ari naho havuye kubyita ubunnyano.

Bamaraga kurya ubunnyano bakita umwana izina, ababyeyi babaga bafite amazina bamuteganyirije bakayatangaza mu museke w’umunsi wakurikiraga iribwa ry’ubunnyano.

Si umuco wihariwe n’u Rwanda gusa kuko no mu yandi mahanga abana bavutse bahabwa amazina atuma batandukanywa n’abandi, akaba ariyo abaranga.
Urubuga rwitwa Nameberry rusanzwe rutanga ubujyanama bujyanye n’amazina ababyeyi bakwita abana babo rwasohoye urutonde rw’ay’abahungu n’abakobwa akunzwe.

Nameberry yakoze uru rutonde igendeye ku mubare w’abasura ipaji ya buri zina mu gihe runaka; yasanze ubu izina ry’umwana w’umuhungu rikunzwe ari Archie mu gihe iry’umukobwa rikunzwe ari Isla nkuko byatangajwe n’Umuyobozi w’uru rubuga witwa Pamela Redmond.

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika izina Archie ryakunzwe cyane mu 1988 nyuma biza kugenda bigabanuka, riza kongera gutangira gukundwa n’abatari bake mu 2017 kugeza n’ubu aho rifashe umwanya wa mbere mu mazina y’abana b’abahungu akunzwe muri uyu mwaka.

Isla naryo rikunzwe mu bihugu bigize Ubwami bw’u Bwongereza, Canada, Australie, Ireland y’Amajyaruguru, Ecosse n’u Bwongereza.

Abayobozi b’uru rubuga bagaragaje ko amazina arimo inyajwi ‘O’ nka (Milo, Olivia Arlo, Bodhi, Elio na Margot) na yo ari mu akunzwe n’abatari bake.

GASHUGI- Ganza – Gasaro – Gabana – Gwira – Gwiza – Gasangwa – Gasana – Gasanana – Gashema-Gasigwa – Gatabazi- Gahigi -Gafirita- Gakuba-Gakwaya – Gitwaza – Gatwaza- Giringabo – Giramata (f) – Gicanda (f)Gasasira – Gasarasi-Gasarabwe – Gore – Gabiro – Gaba – Gisa – Gisingizo -Gisubizo, Gaju, Gabirwa, gakuba, Gatovu,

Habanabakize, habarurema, HABINSHUTI, Habyarimana, Hagenimana, Habimana, Haguma,Hagumimana, Hakizabera, Hakizamungu, Hakizimana ,Hakorimana, Harerimana,Havugimana, Hitimana Hategekimana Habanabashaka, Hitayezu, Hitiyaremye , Harebamungu, Higiro Haguminshuti- Hirwa,Higa, Higaniro, Hakuzimana, Humura,Hakorubwonko

Blog, News

Me Kagame Kimonyo Alex (ibumoso) yasobanuye ko dosiye y’uwo yunganira Vincent Murekezi (iburyo) ari nini cyane, ko bimusaba igihe cyo kuyitegura neza

Ibyo utangaza ku mbuga nkoranyambaga bishobora kukubuza kubona ‘visa’ ijya muri Amerika….. Abakerarugendo baturutse mu bihugu bibarirwa muri za mirongo harimo n’Ubwongereza bashobora kujya basabwa gutanga raporo yuko bakoresheje imbuga nkoranyambaga zabo mu myaka itanu iheruka, nka kimwe mu bigenderwaho mu kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nkuko byatangajwe mu cyifuzo gishya cy’abategetsi b’Amerika.

Uburyo bushya buzagira ingaruka ku bantu baturuka mu bihugu bibarirwa muri mirongo byemerewe kumara iminsi 90 muri Amerika nta ‘visa’ (uruhushya rwo kwinjira mu kindi gihugu), nyuma yo kuzuza ibisabwa bakoresheje ifishi izwi nka Electronic System for Travel (ESTA).

Kuva yasubira ku butegetsi mu kwezi kwa mbere, Perezida Donad Trump yashize imbaraga mu gukaza amategeko agenga imipaka muri rusange, avuga ko agamije kurinda umutekano w’igihugu.

Abasesenguzi kuri iyi gahunda nshya, bavuga ko ibi bishobora kuba inzitizi ku bashobora gusura iki gihugu, cyangwa bikangiza uburenganzira bwabo ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga.

Abajijwe niba iki gitekerezo kidashobora gutuma ubukerarugendo bwo muri Amerika bugabanuka cyane, Trump yavuze ko ibyo nta mpungenge bimuteye. Ku wa gatatu, Trump yagize ati: “Oya. Tumeze neza cyane.”

“Turashaka gusa ko abantu baza hano, kandi bakaza batekanye. Turashaka umutekano.”

“Turashaka gutuma tutemerera abantu batabikwiye kwinjira mu gihugu cyacu. Amerika yiteze kwakira umubare munini w’abakerarugendo b’abanyamahanga umwaka utaha, kuko izakira igikombe cy’isi cy’umupira w’amaguru cy’abagabo, kizabera muriAmerika, Canadana Mexique. Amerika izakira n’imikino ya Olempike izabera i Los Angeles mu mwaka wa 2028.

Inyandiko ikubiyemo icyo cyifuzo yatanzwe n’ikigo gishinzwe umutekano w’igihugu (Department of Homeland Security: DHS) hamwe n’ishami ryacyo rya gasutamo n’ubugenzuzi bw’imipaka (Customs and Border Protection: CBP).

Yasohotse mu igazeti ya leta y’Amerika, ikinyamakuru cya leta ya Amerika.

Icyo cyifuzo kivuga ko “ikigize amakuru kizasaba abasaba ESTA gutanga imbuga nkoranyambaga bakoresheje mu myaka 5 ishize”, ariko nta yandi makuru arambuye yatanzwe kuri ibyo bizasabwa.

ESTA isanzwe isaba amakuru macye ugereranyije ku bantu bakora ingendo, ndetse harebwa n’ubwishyu bw’amadorari 40 (arenga 58,000 FRW). ESTA ikoreshwa n’abaturage b’ibihugu bigera hafi kuri 40 birimo Ubwongereza, Ireland, Ubufaransa, Australia n’Ubuyapani kandi ibemerera gusura Amerika incuro nyinshi mu gihe cy’imyaka ibiri.

Uretse gukusanya amakuru y’imbuga nkoranyambaga, inyandiko nshya iteganya no gukusanya nimero za telefoni z’usaba ‘visa’ mu myaka itanu ishize, ndetse na za ’email’ yakoreshaga mu myaka 10 ishize, hakiyongeraho n’amakuru menshi ku bagize umuryango we.

Icyo gitekerezo gishingira ku itegeko rya Perezida Trump ryasohotse mu kwezi kwa mbere, ryitwa “kurinda Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku banyamahanga bakora iterabwoba n’izindi nkeke ku mutekano w’igihugu n’umutekano rusange” (Protecting the United States From Foreign Terrorists and Other National Security and Public Safety Threats).

Icyo cyifuzo gishya kijyanye no gukusanya amakuru ya ESTA ku bakerarugendo gisaba abaturage kugira icyo babivugaho mu gihe cy’iminsi 60.

Mu itangazo, umuhuzabikorwa wa CBP yagize ati:

“Nta kintu cyahindutse kuri uru rwego ku baza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.”

“Ibi si itegeko ntakuka, ni intangiriro gusa yo gutangiza ikiganiro ku mahitamo mashya ya politiki yo kurinda abaturage b’Amerika.”

Sophia Cope, wo mu muryango uharanira uburenganzira bw’ikoranabuhanga witwa ‘Electronic Frontier Foundation’, yanenze iki gitekerezo, abwira ikinyamakuru the New York Times ko icyo gitekerezo gishobora “guhuhura ibyago ku burenganzira”.

Hagati aho, sosiyete y’abanyamategeko bunganira abimukira yitwa Fragomen yumvikanishije ko hashobora kubaho ingaruka mu buryo bw’imikorere, kuko abasaba ‘visa’ bashobora gutinda kubona ibyemezo bya ESTA.

Blog, News

Ku wa 25 Ukuboza 2025, hizihizwa ivuka rya Yesu Kristo/Yezu Kristu, umucunguzi w’Isi wasamwe ku bwa Roho Mutagatifu akabyarwa na Bikira Mariya

Rurageretse muri Angilikani! Uwari Umushumba ashinjwa kwivanga…. Ibintu bikomeje gufata intera mu Itorero rya Angilikani ry’u Rwanda aho ubuyobozi buriho bushinja umwe mu bahoze mu buyobozi bwaryo kwivanga mu miyoborere, na we akabushinja gufungisha uwari Umushumba wa Diyosezi ya Shyira ku maherere. Amabaruwa akomeje gucicikana muri iri torero, ndetse inama zigakorwa rwihishwa hagati y’abapasiteri n’abahoze ari abayobozi muri iri torero bashinjanya kwimika ubusumbane.

Ibi byatangiye gushyuha mu ntangiriro za 2024, ubwo bamwe mu bapasiteri bo muri Diyosezi ya Shyira bahindurirwaga imirimo n’inshingano n’uwari Umushumba wayo, Musenyeri Dr. Mugiraneza Mugisha Samuel, bigafatwa nko kwikiza abashakaga kubangamira imigambi ye.

Byafashe intera kugeza aho muri Nyakanga na Kanama 2024, abo bashumba birukanywe mu nshingano. Hasezerewe Pasiteri Kubwayo Charles na Pasiteri Kabaragasa Jean Baptiste, ari na bo batanze ubuhamya ku byaha Musenyeri Mugisha akurikiranyweho.

Ibyo byakurikiwe n’ubugenzuzi bivugwa ko bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bugaragaza ko Musenyeri Mugisha yaba yarakoze amakosa menshi mu itorero, birangira na we ahagaritswe mu nshingano ndetse ahita anandika ibaruwa yegura.

Tariki ya 21 Mutarama 2025 ni bwo Musenyeri Mugisha yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, (RIB). Icyo gihe yari akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza no gukoresha umutungo wa diyosezi mu nyungu ze bwite mu gihe yari akiri ku buyobozi.

Nyuma yo gufungwa, uwahoze ari Umushumba wa Diyosezi ya Gahini, Musenyeri Bilindabagabo Alexis, tariki ya 19 Gashyantare yahise yandikira Abashumba b’iri torero ababaza ibibazo birindwi birimo ko ibyo bashinja mugenzi wabo kandi na bo ubwabo babikora.

Muri ibyo harimo kuragira mu mirima y’itorero, gukoresha imodoka z’itorero nk’izabo, kuba abagore babo ari bo bayobozi ba Mother’s Union n’ibindi byinshi, ababwira ko ikibazo cy’uyu mushumba bakagitanzeho amakuru mu Bushinjacyaha, bukamurekura.

Tariki ya 8 Ukwakira 2025, Musenyeri Bilindabagabo yarongeye yandikira abashumba bose bo mu itorero ibaruwa yise ‘Ukuri kurabatura’. Muri iyo baruwa itangazamakuru rifitiye
kopi, agaruka ku byaha Musenyeri Mugisha ashinjwa, akavuga ko ari byo buri Mwepisikopi akora.

Hari aho agira ati “Kubona Musenyeri ari mu mapingu akaba amaze amezi icyenda ari muri gereza wakwibwira ko yakoze icyaha gikomeye cyane. lyo ugeze mu rubanza ukumva ibyo aregwa, ushaka icyaha ukakibura kuko ibyo ashinjwa ni ibiri mu mikorere y’Umwepiskopi mu buryo bwa buri munsi kandi ni byo bikorwa muri za Diyosezi zanyu zose.’’

Musenyeri Bilindabagabo akomeza avuga ko mu byaha Musenyeri Mugisha azira harimo kuragira mu butaka bw’itorero, ati “Ibi ko mubizi ko ari umuco mwiza w’ltorero ryacu, kandi abenshi mukaba mwararagiye mukinaragira mukanahinga mu butaka bw’ltorero, bibananije iki gufasha ubushinjacyaha mububwira ko ibi bitagize icyaha, ahubwo ko ari umuco mwiza mu ltorero ryacu?’’

Musenyeri Bilindabagabo akomeza yibutsa aba bepisikopi ko hari ibintu bikorerwa mu itorero bitagize icyaha ariko ko bikozwe hanze byaba icyaha, ababasaba kuvuganira mugenzi wabo agataha kuko ngo ibyo yakoze bitagize icyaha ahubwo ari umuco usanzwe mu itorero.

Itorero ryamamaganye abivanga mu miyoborere

Mu itangazo iri torero ryasohoye tariki ya 14 Ukwakira 2025, ryamenyesheje abakristo bose ko rihangayikishijwe n’imyitwarire ya bamwe mu bahoze mu nshingano z’ubuyobozi bari mu kiruhuko cy’izabukuru, bakaba bakomeje kwivanga mu mikorere n’imiyoborere kandi itorero ritarabatumye.

Ibaruwa ya Angilikani yakomeje ivuga ko nubwo bashima imyaka bamaze bakorera umubiri wa Kristo, ibikorwa byabo bitera urujijo mu bakristo kandi bikanahungabanya amahoro n’ubumwe bw’itorero.

Mu byo iri torero rishinja abari mu kiruhuko cy’izabukuru harimo ‘‘Kwandika amabaruwa agenewe abantu benshi ndetse n’amatangazo batanga mu ruhame, byose bivuga ku mikorere y’itorero, gukoresha inama zihuza amatsinda anyuranye y’abo mu itorero harimo n’abari mu kiruhuko cy’izabukuru, ubuyobozi bw’itorero butabizi.’’

Angilikani ishinja bamwe mu bahoze mu buyobozi bari mu kiruhuko cy’izabukuru gutangaza ibinyoma, bukavuga ko Musenyeri Mugisha yasezeye ku buyobozi bwa Diyosezi. Iti “Ntabwo akiri Umwepisikopi wa Diyosezi ya Shyira. Ubushinjacyaha bwaramureze; ubu ikibazo cye kiri mu rukiko, kandi kiri hagati ye n’Ubushinjacyaha. Ntabwo Itorero ryivanga mu mikorere y’inkiko z’igihugu.’’

Itorero Angilikani ryamaganye ibyanditswe na Musenyeri Bilindabagabo, ivuga ko abayobozi b’itorero bose badakora nk’uko yabivuze.

Riti “Niba ari ko we yakoraga, ntabwo ari ko twese dukora. Dutegekwa n’ljambo ry’Imana kuba intangarugero mu gukorera mu mucyo, gucunga neza umutungo w’Imana, abantu, ibintu, amafaranga, n’igihe no guhora twiteguye iteka kubazwa inshingano.’’

Iri torero ryashinje Musenyeri Bilindabagabo gushaka kuricamo ibice, gushyushya abantu imitwe, guteranya abayobozi n’abo bayoboye, kubangamira ubumwe mu itorero, guhungabanya ituze ndetse no gushaka guca ubusabane n’ubwubahane mu bantu.
Riti “Imyitwarire nk’iyi ihanwa n’amategeko. Kuba mu kiruhuko cy’izabukuru ntawe biha uburenganzira bwo kwitwara uko ashatse.’’

Itorero Angilikani rivuga ko mu mwiherero w’Abepisikopi wabaye muri Mata 2025, hafatiwemo imyanzuro yo gushimangira no kubungabunga ubumwe bwaryo n’ubw’Abanyarwanda muri rusange.

Risaba ko n’abandi bose biha ububasha bwo gusobanura uko Itorero Angilikani ry’u Rwanda rikora ritabibasabye, bareka gutangaza ibyo badasobanukiwe neza kuko bituma abantu bagira imyumvire itari yo ku mikorere yaryo.

Blog, News

Umugore we yadufashe tutarabikora🫣nihagazeho, nahise nshaka umugabo w’i Rda yankoreye iyica rubozo… Nta birego by’iyicarubuzo bikigaragara mu Rwanda – Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu

Hari abakora ifu y’igikoma mu bishishwa by’amagi: Umwihariko w’imishinga iri guhatana muri INES Ruhengeri. Muri Kaminuza ya INES Ruhengeri buri mwaka hafashwa imishinga myiza yahize indi mu marushanwa y’ibitekerezo byiza byavamo ubucuruzi bwunguka. Kuri iyi nshuro mu mishinga izafashwa harimo n’uwo gukora ifu y’igikoma mu bintu bitandukanye birimo n’ibishishwa by’amagi. Ni amarushanwa aterwa inkunga n’umushinga wa ACCESS (African Centre for Career Enhancement & Skills Support) ugamije gufasha abanyeshuri gushyira mu bikorwa ibitekerezo by’imishinga baba bafite.

Umuhuzabikorwa wa ACCESS mu Rwanda, Dr. Niyibizi François Xavier, yavuze ko aya marushanwa agamije guha abanyeshuri amahirwe yo gushyira mu bikorwa ibitekerezo bitandukanye baba bafite bishobora kubyara inyungu.

Ati “Abanyeshuri usanga kenshi baba bafite ibitekerezo ariko ntibabashe kubishyira mu bikorwa kubera ikibazo cy’ubushobozi. Umushinga wacu rero ufasha abo banyeshuri binyuze mu kubaha ibikoresho by’ibanze bakeneye kugira ngo uwo mushinga wabo ubashe kujya mu bikorwa.”

Uyu mwaka aya marushanwa yatangiranye n’imishinga 49, yaje kuvamo 20, ba nyirayo bahabwa amahugurwa ku bijyanye n’ubucuruzi, nyuma hatorwamo indi mishinga irindwi ihiga indi. Muri yo hazavamo itanu ihabwa ubufasha bwo gutangira gushyira mu bikorwa imishinga yabo.

Niyomugabo Thierry na Uwizeyimana Patrick bafite umushinga wo gukora ubwiherero bugezweho ndetse burinda indwara, buzaba bufite ubushobozi bwo kwikorera isuku nyuma y’uko umuntu abuhagurutseho.

Niyomugabo ati “Indwara nyinshi zibasira abagore cyane cyane mu myanya myibarukiro ni indwara zituruka ku gukoresha ubwiherero rusange, ikindi mu bushakashatsi twakoze twasanze udukuko dutera izo ndwara dushobora kororokera muri ariya mazi asigara mu bwiherero iyo umaze kumanura umwanda, rero dushaka gukora ubwiherero buzaba butwikira ayo mazi ku buryo atagera ku muntu.”

Uwizeyimana yungamo ati “buzaba kandi bufite ikoranabuhanga rimenya ko buri gukoreshwa cyangwa umuntu abuhagurutseho ku buryo buzajya buhita bwikorera isuku. Ibyo bizafasha n’abantu bafite ubumuga bagorwaga no gukanda ngo amazi amanuke.”

Patrick Hans Weedy Jr, we afite umushinga wo kwigisha Bibiliya abifatanyije no kwigisha amasomo ya Coding, mu mushinga yise ‘Bible Coding Academy’.

Avuga ko uyu mushinga ugamije gufasha urubyiruko kutagira ubumenyi mu bijyanye na Bibiliya gusa, ahubwo bakwiye kubifatanya n’andi masomo yabagirira akamaro.

Ati “Urubyiruko rukeneye kumenya guhuza imyizerere n’ubuzima bwa buri munsi, rukubaha Imana ariko runakora imirimo irufasha muri urwo rugendo rwo kubaha no kwizera Imana.”

Tuyizere Patrice afite umushinga wo gukora ifu y’igikoma na biscuit mu biribwa bitandukanye birimo ibihumyo, ibigori, ingano, ibishishwa by’amagi y’inkoko, ifu y’ubuki n’ibindi. Avuga ko muri mu bishishwa by’amagi habamo intungamubiri abantu birengagiza.

Ati “Amagi ubwayo agira intungamubiri kandi kiriya gishishwa cyayo ntabwo gisigara, rero tuzajya tubifata tubisye, dukuremo izo ntungamubiri ifu yabyo tuyivange n’ifu y’ubuki, ifu y’ibihumyo, ibigori n’ingano bivemo ifu y’igikoma yuzuye intungamubiri izajya ifasha mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira ry’abana.”

Irakoze Beni Benjamin afite umushinga wo gukora amakaro na pave mu myanda ya pulaitiki hagamijwe kubungabunga ikirere n’ibidukikije.

Ati “Pulaitikiubwayo ikorwa mu bisigazwa bya lisansi kandi ishobora kuba yakongera igashongeshwa igakurwamo ibituma iba mbi ku bidukikije, ibisigaye bikaba ari byo dukoramo amakaro. Si ibyo gusa mu gihe cyo kongera kuyikora nta myuka ihumanya ikirere izasohoka kuko nayo nzajya nyifata ikoreshwe ibindi bintu.”

Irikumwenatwe Olivier afite umushinga wo gukora ikoranabuhanga ripima uburemere bw’imodoka hagamijwe kureba ko zitarengeje ibiro umuhanda igiye gucamo ushobora kwikorera.

Ati “Imihanda myinshi n’ibiraro byangizwa nuko hacaho imodoka zifite uburemere burengeje ubwo uwo muhanda ushobora kwikorera, nubwo haba hariho ibyapa nta buryo buhari bwo gupima ko imodoka zose zihaca ziba zitarengeje ibyo biro, rero iri koronabuhanga rizajya ribasha gupima ibyo biro.”

Sani Raouf we afite umushinga wo gukora amadarubindi (lunettes) afasha abafite ubumuga bwo kutabona, na ‘gants’ zifasha abantu bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva ariko bakoresha ururimi rw’amarenga.

Ati “Ni lunettes zizaba zifite camera imbere ndetse n’ikoranabuhanga rigenda ribwira uzambaye ibintu byose bimuri imbere ku buryo zimuyobora aho ari kujya. Gants zo zijya zihuza abantu bakoresha ururimi rw’amarenga n’abatarukoresha kuko ukoresha amarenga azajya azambara ikimenyetso akoze ikoranabuhanga ryazo rihite rigishyira mu buryo bw’amajwi.”

Umutoni Sumayiya na Ukunzwenimana Olivier bafite umushinga wo gukora ifumbire mu bisigazwa by’imyaka ndetse n’umwanda w’inkoko, ndetse no gukora umuti wica udukoko mu bishishwa bya tangawizi.

Umutoni yagize ati “Dusanzwe dukora ubworozi bw’inkoko ariko twasanze umwanda wayo hamwe n’ibindi bisigazwa by’imyaka nk’ibigorigori, ibikenyeri n’ibindi, bipfushwa ubusa kandi byakoreshwa mu gukora ifumbire kandi yo izaba iri ku giciro gito kandi idashajijsha ubutaka nk’ifumbire mva ruganda.”

Aya marushanwa yitabirwa n’ibigo byose bifitanye imikoranire na Ines Ruhengeri, birimo kaminuza ziri mu karere ka Musanze.

Scroll to Top