Abode Tidings

News

Blog, News

Kugera ku gasongero k’umusozi uri mu modoka ntabwo bigoye namba.Itegereze uko barimo imbere, baba bahagaze cyangwa bicaye, bake muri bo nibo bagaragara babasha kuzamuka umusozi ku mbaraga zabo.

« Muzaba abera kuko ndi uwera » ( 1 Petro 1,16)…

Twese tubona neza ko abo mu gihe cya none bafite umutima urushahp kugendera mu byanduza ubugingo.Uko kubaha Imana n’Ijambo ryayo bigenda bicika mu bukristo bwa none, niko kugaya imico mibi idashimwa na Bibiliya bigenda bikendera.Abantu barabyimenyereza. Ariko uwizeye yogejye n’amaraso ya Yesu. Yapfanye nawe, azukana nawe.Ku byerekeranye n’imibereho ye yak era,Imana imutegerejeho ko yambura umuntu wa kera uheneberezwa no kwifuza gushukana.Uwizeye ahindurwa mushya n’umwuka w’ubwenge bwe.Yambaye umuntu mushya, waremwe asa n’Imana, ngo abe mu gukiranuka no kwera bizanwa n’ukuri (Abefeso 4.20-22).

Iyo ubuzima bw’imbere bw’umwana w’Imana bumeze neza butarwaye,azitoza kugira umutima utamucira urubanza, cyane cyane mu gushyikirana n’ab’igitsina kindi,yibuka iri jambo: «nk’uko uwabahamagaye ari uwera abe ari ko namwe muba abera mu ngeso zanyu zose »( 1 Petro 1.15).azahunga «ubucuti n’ubuhehesi » bitangira nk’umukino, bia=kaba intandaro y’umubabaro ukomeye mu rubyiruko rwo muri iyi si. Nyamara uwo mwana w’Imana azibuka ibyo gushyingirwa , ubwo bumwe hagati y’umugabo n’umugore bwashyizweho n’Imana. Mbega uko ari iby’igiciro ko abakiri bato birinda kandi bejejwe, umubiri n’ubugingo,bategereje uwo bazabana mu buzima hanyuma y’aho,kandi bagakomeza ibitekerezwa n’Imana mu nzira yose iganisha ku bufatanye bwabo.

• Umubiri wacu; igitambo kinezeza….

Ikinyuranyo cy’uko benshi babitekereza, ntabwo gushyingiranwa ariyo ntegano nkuru y’ubuzima bwacu.Ntama w’Imana yatwegiriye Imana atuguze amaraso ye (Ibyah.5.9).Twaramweguriwe. Afite uburenganzira ku mibiri yacu, umutima, ubushobozi, igihe n’ibyacu byose. Tugomba rero « kumukorera gukwiye », hano mw’isi, hano mw’isi, tumuturaimibiri yacu kuba igitambo kizima, cyera, gishimisha Imana (Abaroma 12.1). Tugomba « gutwikwa » kubw’umurimo we nk’uko ibitambo byatwikirwaga ku ruhimbi.Muri byose tugomba gushaka kumenya kwe kwiza, gushimisha kandi gukwiye.

« Mubanze mushake ubwami bw’Imana »(Mat.6.33).Byose bigomba gushingira kuri uko kwifuza kwera kandi kwiza.Bityo Paulo aduha urugero rwe muri 1 Abakorinto 7. Yari afite umurimo ugoye wo kogeza no gusakaza ubutumwa bwiza mu ntara za kure.Akora uwo murimo, yahuye n’intambara ndetse n’imibabaro itandukanye (2 Abakorinto 11).Mu buryo nk’ubwo, yabashaga ate kujyana umugore n’abana? – N’uyu munsi hari benshi bigize « inkone ubwabo kubw’ubwami bwo mw’ijuru »(Mat.19.12).Bibujije gushyingirwa ngo babashe gukorera Nyagasani bari mu mudendezo kandi neza kurushaho.Bakomeye mu mutima ntibababazwa n’uko bari cyangwa n’ukjo bifata rwose.Umwuka Wera niwe ubaha imbaraga zo kubasha kwifata no gutegeka umubiri wabo.

Hariho bashiki bacu batekereza mbere ya byose gushyingirwa. Bahora iteka bamungwa no gushaka kurwubaka no kugira abana babo. Iyo batabihawe, batekereza ko bahushije intego y’ubuzima bwabo.

Biyumva baratereranywe, bishyiramo umubabaro bakanawushyiramo ababegereye, iyo babona imyaka y’ubuto bwabo igenda iyoyoka batarasubizwa. Ariko se uyu murongo bawushyira he : « Utarongowe yiganyira iby’Ubwami, kugira ngo abe uwera ku mubiri no ku mutima » (1 Abakor.7.34) ?Niba hamwe n’ubushake bwawe bwose werekeje umutima kuri iyo ntego uzasenderezwa n’amahoro ye n’ibyishimo.

Nyamara,ku bizeye benshi, gushyingiranwa ni inzira yo kunyuramo uyobowe no gushaka kw’Imana.Abo nibo uyu murongo ubwira : « Nta muntu muri twe uriho ku bwe cyangwa upfa ku bwe, niba turiho turiho kubw’Umwami ; kandi niba dupfa dupfa kubw’Umwami »(Abaroma 14.7-8).Ku byerekeye uwo muzafatanya kurwubaka ndetse n’indi migambi y’ingenzi yo mu buzima bw’abashakanye icyo wakwibaza mbere y’ibindi ntabwo ari : « Mbese tuzabona umunezero hano kw’isi ?Ahubwo ni :Mbese tuzafatanya gukorera Nyagasani ? Mbese buri wese azabasha gufasha mugenzi we umurimo yahawe na Nyagasani ? Tuzabasha gucumbikira abashyitsi twembi no kuyobora urugo twubaha Imana kandi tubera abandi umugisha ?» Ese umugabo azaba wawundi « ubasha kuyobora urugo rwe ? (1 Tim.3.4.5.12).Ese iyo nkumi igaragaza ingeso nziza z’ « umugore w’umutima ? »(Imig.31), cyangwa se yirimbisha « umurimbo utangirika w’umwuka ufite ubugwaneza n’amahoro ariwo w’igiciro cyinshi imbere y’Imana ? (1 Petro 3.4).

Kandi abashakanye ntibagomba kwibagirwa guha imibiri yabo Imana nk’ibitambo bizima. « Igihe kiragabanutse : uhereye none, abafite abagore bamere nk’abatabafite…n’abakoresha iby’isi bamere nk’abatarenza urugero, kuko ishusho y’isi ishira » (1 Abakor.7.29-31).Imana niyo itanga, nta deni isigarana uwayiyeguriye. Uri ku murimo wayo, « akayitangira », azasohorezwa iri sezerano : « mutange namwe muzahabwa, urugero rwiza rutsindagiye, rucugushije, rusesekaye, nirwo muzagererwamo namwe »(Luka 6.38).

• Umujishi utabereye….

Abakristo bakiri bato badashishikazwa no kugendana na Nyagasani, kandi baticira urubanza kuko batagendana n’isi, baba mu ngorane zo kubaho bicuza.Ntibitangira mu mitima yabo, bashimishwa no kwigarurira uw’igitsina kindi. Iyo umutima wibera mw’isi, ahuza n’undi mutima uhibera.

Tuzi neza ingaruka y’iyo mibanire. Kubera ko ibitekerezo byabo bishimangirwa n’iby’isi, abo basore ntibabona muri ubwo « bucuti » bwabo ingorane zavukamo. Bagira bati : « Abantu bose se siko bagenza ?Mu minsi ya none abantu bazi neza uko babyitwaramo ! ». Nyamara haza umunsi umwe, umutima ugasanga harabayeho isano rigumaho.

Ubwo hahita haza ikindi kibazo. Hagomba guhuzwa umutima wa gikristo n’inzira y’ab’isi yamaze kugendererwamo, kandi mugenzi wawe ugasanga yiteguye gutanga icyo asabwa mw’izina ry’urukundo. « Mbasha gufatanya nawe gusoma Bibiliya, kandi ubona abishaka, byanze bikunze amaherezo azaba meza ! ». Cyangwa « Yaje ndetse mu materaniro kandi ubona ari umuntu mwiza ! Mfite kudashidikanya ko ari umwana w’Imana, uretse ko atazi kubivuga neza ! »

Amaherezo akaba gushyingirwa.Ubuzima bwa buri munsi bugatangirana no kugabanuka kw’agashyuhirane ko mu minsi yambere.Gusoma Bibiliya no gusenga bigahagarara.Mugenzi wawe ntabe akigera mu materaniro.Aho kumubonamo umufasha mu buzima bwa gikristo no gukorera Imana, uwizeye agahura n’inzitizi ikomeye imuhagarika.aahri icyo kintu kigahoraho ubuzima bwose, kigasuzuguza Nyagasani, kandi kikabogamira abana bazavuka bagisanga. – Yego, hariho uburyo bwinshi bwaboneka mu gufatanya ubuzima bwabo, ariko akenshi usanga inzira ihundagajemo guhagarika umutima n’amarira menshi. Icyaduha abizeye bakiri bato bakabasha gushyira iyi mpuguro ku mutima : « Ntimwifatanye n’abatizera mudahwanye, mbese gukiranuka no gukiranirwa byafatanya bite ? Cyangwa umucyo n’umwijima byabana bite ?Kandi Kristo ahuriye he na Beliali ?Cyangwa uwizera n’utizera bafitanye mugabane ki ?…(2 Abakor. 6.14-18).

Reka twongere dutere indi ntambwe.Ntabwo nashimishwa no kumenya gusa ko uwo nshaka gufatanya nawe ubuzima yizeye.Mu karindagiza k’imiterere n’ibitekerezo by’amadini, naritandukanije, numvira Imana n’Ijambo ryayo n’ibyo « umuntu yazanye mu nzu y’inyumba » y’ubukristo bwa none.

Nifuza kugenda numvira nyir’inzu maze nkaba igikoresho cy’iby’icyubahiro, cyejejwe, gifite umumaro (2 Tim.2.19-21).Mbese mbasha kwirengagiza ngashyingiranwa n’umuntu ndaha agaciro na kamwe ibyo bibazo bikomeye birebana na Nyagasani ? Muri byo ntazigera ambera umufasha, azambera inzitizi ariyo.Ntabwo tuzahuza kubyerekeye inyungu za Nyagasani n’ubwami bw’Imana, nyamara ibyo nibyo byagombye gufata umwanya wambere mu mitima yacu. Uzasanga buri wese agendera mu nzira ye.Bene iyo ntangiriro ntitanga icyizere cy’imibanire myiza mu bashakanye, yagombye kurangwa no kurwanira hamwe bahuje umutima mu kwizera ubutumwa bwiza (Abafilipi1.27).

• Ni iki ababyeyi bavuga kuri iki kibazo…

Muri iyi minsi – kubera igitugu cy’isi – abasore bashaka kugana ababyeyi babo mu gihe bamaze kwifatira icyemezo mu mutima ku byerekeye uwo bamaze gutoranya. Nyamara Imana yashinze ababyeyi umuromo wo kurera abana babo mu bupfura bw’Ijambo rya Nyagasani (Abefeso 6.4), kandi bagomba kubayobora mu nzira y’ubusore bwabo bagororotse, bakabafashisha amagambo n’ibikorwa mu gihe bakuze. Ababyeyi bubaha Imana ntacyo bifuza kindi uretse kubona abana babo, mu gihe bageze aho kwigenga, bagendera mu gitinyiro cya Nyagasani n’inzira ze.None se ni kuki abato bafite nabo integano nk’iyo batakwishingikiriza ababyeyi mu bibazo bikomeye byo mu buzima ?Yaba ari uko batinyishwa no kudashyigikirwa nabo ?Bene uko gutinya kugomba kutubera integuza tutagomba kwirengagiza.

Mu rundi ruhande, tugomba kumenya ko atari ababyeyi bagomba guhuza abasore n’inkumi.Mu rugero tubona mw’Itangiriro 24, tubona ko Uwiteka ariwe wateguriye Isaka umugeni, Rebeka (Itangiriro 24.14, 44).Aburahamu asubizwa amasengesho ye, dore ko yihatiraga kugendera mu gushaka kw’Imana, Uwiteka yohereje marayika kugendera imbere y’umugaragu we (umur.7,40) yamunyujije ahakwiye (umur.48), maze ahura n’umukobwa watoranijwe (umur.12,14).Uwiteka yamuhaye umugisha aho yanyuze hose (umur.21,56) kandi abarebwa n’icyo kibazo bose babasha guhamya ko ibyo biturutse k’Uwiteka (umur.50). Nicyo gituma tubona ku mpera y’icyo gice aya magamvbo ya Rebeka : « Turajyana » (umur.58). Isaka « afata Rebeka aramurongora, aba umugore we, aramukundwakaza » (umur.68). Yemwe bene data mukiri bato ! ukomeza iby’Imana yigisha , ategereza yihangana, mu gihe azatangira umushinga wo gushyingirwa, azasubizwa. Nyuma y’imyaka myinshi, abashakanye babasha gukomeza kwibukana ibyishimo iri jambo ryo mu Byanditswe : « Ibyo bituruka ku Uwiteka » !

« Hariho inzira itunganiye umuntu, ariko iherezo ryayo ni inzira z’urupfu » (Imig.14.12).

«Wiringire Uwiteka…ukurikize umurava, kandi wishimire Uwiteka, nawe azaguha iby’umutima wawe ushaka.Ikoreze Uwiteka urugendo rwawe rwose, abe ari we wiringira, nawe azabisohoza » (Zab.37.3-5).

• Igihe

Zaburi ya 90

« Iminsi y’imyaka yacu ni mirongo irindwi, ariko kandi nitugira intege nyinshi ikagera kuri mirongo inani, nyamara ibitratwa byayo ni imiruho n’imibabaro ; kuko ishira vuba, natwe tukaba tugurutse » (Zab.90.10).

Igihe kirihuta kandi ubuzima bwacu bukajyana nacyo, ni igihu kibineka akanya gato kigahita gitumuruka (Yakobo 4.14), ni umwanya muto « uhita uguruka » nk’uko iyi zaburi ibivuga.

Nk’uko tubibona muri Bibiliya, urutonde rw’abantu bakabakaba ijana, igihe gihereza ikindi, gihagije ko kitugeza ku muntu wambere.Ni igihe kirekire nk’uko tubibona, ariko nyamara kigufi cyane ugereranije n’ikidutandukanya n’icyo umurongo wambere wa Bibiliya, mw’Itangiriro utubwira : itangiriro ry’iremwa, itangiriro ry’ibihe. Hariho iki ? « Mbere nambere hariho Jambo », niko Yohana avuga.Uko twabasha gusubiza ibitekerezo inyuma, Jambo yahozeho, mbere y’iremwa, mbere y’igihe.Tumubwirwaho ngo « Uhoraho…Ntuhinduka » – niwe uhoraho kandi udahinduka, wihishuriye umuntu, hanyuma nk’uyobora ibihe, we ntahinduka, n’ubwo akorana n’ibiremwa byinshi.

Kandi iyo amaso tuyahanze igihe kizaza, hirya yo kugaruka kwa Nyagasani, hirya y’ingoma ye, hirya y’urubanza rwa nyuma, ku mpera y’ibihe tuhasanga wawundi utwara byose, ubwo « Imana izaba byose muri bose » (1 Abakor.15.28).

Ese iminsi yo kubaho kwacu twayigereranya n’ibyo ? « Irihuta kurusha impayamaguru…irahita nk’amato yihuta » (Yohana 9.25-26).Nicyo gituma umwanditsi wa zaburi yungamo ati : « Utwigishe kubara iminsi yacu, uburyo butuma dutunga imitima y’ubwenge »(Zab.90.12).

Basore namwe nkumi, iyi minsi mike cyane duhabwa n’Imana yo kubaho hano mw’isi mujya muyisuzumamo iki ?Mwaba mwaronse umuyobozi wizerwa ubajyana mu nzira y’ubu buzima n’integano ibuha agaciro kabwo ? « Mu gitondo uzaduhaze imbabazi zawe, kugira ngo tuzajye twishima, tunezerwe iminsi yacu yose »(Zab.90.14). « Mu gitondo » cy’ubuzima, tugasanga Umukiza, tukamuha umwanya wambere mu mutima : mbega guhinduka, mbega isoko y’ibyishimo mu minsi yose yo kubaho ! Aho kuzuza imyaka y’ubusore bwacu ibinezeza byo mw’isi, aho kujyana n’irari ry’amashuri, akazi, ibinezeza, aho guhombokera inyuma y’ibyishimo bishukana ; duhazwe n’ufite ubuntu budakama kubera abo turi bo cyangwa abo tutari bo !

Guha Nyagasani Yesu umwanya wambere mu gitondo cy’ubuzima, icyo ni urufatiro rw’umurimo wuzuye imbuto kubw’ikuzo rye.Abenshi batangiye neza, ariko bakomeza nabi ndetse barangiza nabi.Kuba maso ni ngombwa inzira yose ; nyamara ubuzima bwerekeye ahakwiriye uhereye ku ntangiriro, kubw’ubuntu bwa Nyagasni, buzakomereza mu nzira nyayo kuruta ubuzima bwatakaje igihe mu myaka yambere bubana n’isi cyangwa butagira icyo bwitayeho.

Ubwo Yakobo yahingukaga mu maso ya Farawo yari ashaje afite imyaka ijana na mirongo itatu, ariko yaravuze ati : «Imyaka y’ubukuru bwanjye ibaye mike na mibi »(Itang.47.9).

Nyamara yari myinshi, yuzuyemo byinshi bitandukanye, intambara n’ingendo, ubukungu bwinshi n’umurimo, nyamara ku Mana iyabarwaga n’iyo yagendanye nawe : yari mike cyane ! Iyindi yose yaratakaye itabasha kugaruka.

Hari ibintu bine by’ingenzi bigize iminsi yacu : ibitotsi, ibyo kurya, umurimo n’igihe cyo kuruhuka. Byose byakorwa turi kumwe n’Imana kandi ariyo dukorera.Niyo iha « umukunzi wayo ibitotsi »(Zab.127.2). Twaba turya cyangwa tunywa byose bikorerwa icyubahiro cy’Imana (1 Abakor.10.31).Ku byerekeye umurimo wacu, handitswe ngo : « Ibyo muzakora, mujye mubikora byose mw’izina ry’Umwami wacu Yesu » (Abakolosayi 3.17).Umwanya w’ikiruhuko tuwukoramo iki, n’ubwo ari mugufi cyane ? Mbere ya byose ugomba gukoreshwa kugarura imraga z’umutima n’iz’umubiri dukeneye ngo twuzuze ibyo dusabwa buri munsi n’umurimo wa Nyagasani.

Igitondo kitwibutsa manu yagombaga gutoragurwa n’Umwisiraheri wese mbere y’uko izuba riva.Ni ngombwa gutungisha ubugingo Ijambo ry’Imana « buri gitondo » ; tugafata umwanya ; akenshi bidusaba imbaraga nyinshi, ariko biramaze kuko ari ubuzima bwo mu mwuka tuba twitaho.Niba ari ako kanya gusa twari dufite mu munsi wose, ntitwabombye se kuwuharira « kuba ku birenge bye ? » – Noneho, « mu gitondo nzajya nerekeza gusenga kwanjye kuri wowe, mbe maso, ntegereje » (Zab.5.3).

Hagati mu munsi, akanya gato ko guturiza imbere y’Imana no gusenga, bizaba kuruhuka akanya, bitugwa neza, hagati « y’ubushyuhe bw’umunsi ».Danyeli yasengaga gatatu ku munsi.

Rindira hagati mu munsi

Ubwo urusaku rwo mw’isi

Rwibagiza gakondo yo mw’ijuru.

Mu mugoroba kuwa gatandatu no kucyumweru, abenshi muri twe tugira igihe cyo kuruhuka.Mbega uko byatubera byiza tugiye tugikoresha kubana na Nyagasani, tutibagiwe amateraniro, twita bihagije ku miryango yacu, twita ku bandi no ku murimo Nyagasani aduha ; kandi ubundi tukamenya kuba twenyine, nka Yesu ari ku musozi.Ku muntu ubana na Nyagasani, ntabwo umunsi uzarangira adasomye Ijambo ry’Imana, no gusenga, – uko bishoboka.Kandi niba umwanya wo kuruhuka tugomba kuwukoresha mu buryo gutunga ubugingo bwacu, ntitugomba kwibagirwa n’umubiri wacu (1 Abatesal.5.23).Ariko kandi ntitwibagirwe ko ku cyumweru ari umunsi wa Nyagasani , umunsi wo kuramya, uwo gukoreramo Imana no kuruhuka.

Hari uwavuze aya magambo ngo : « ubuzima butunzwe neza ni ubuzima bwuzuye neza ».Imyaka irahita ariko se idusigira iki ? Hari umunsi umwe, ubwo ubuzima bwacu bwose buzerekanirwa mu mucyo imbere y’Imana, tuzasobanura byose.Aho nibwo tuzamenya ko ibitari ibye byose, ibitamukomotseho ari igihombo, – igihombo cy’iteka ryose !

« Utwigishe kubara iminsi yacu,

uburyo butuma dutunga

imitima y’ubwenge » (Zab.90.12).

• Ndabwira umushoferi utaramenyera….

« Iyo umuntu atembeza imodoka niho umuntu wa kera yigaragariza cyane ». Ayo ni amagambo incuti yanjye y’umukristo yambwiye ava mu modoka nagenzaga. Yungamo ati : « Kandi ni umushoferi mubi cyane !»Namwereye ntabanje kubitekerezaho neza : « Koko nibyo, abasaza ntibagombye gutwara imodoka ; ntibihuta mu byo bakora, batinda mu mihanda… »

Nibwo ya ncuti yanjye yancaga mw’ijambo, iti : « Ese ntiwamenye uwo mvuga uwo ariwe ?Ibuka urugendo turangije.Mu by’ukuri, imodoka yawe yayobowe n’abantu batandukanye.Nabanje gutwarwa n’utagira umutware, utubaha amategeko.Wabonye uko wikomereje utitaye kw’itara ritukura ryagutegekaga guhagarara ?Nyuma y’aho wanyuze mu mudugudu ufite 90 kw’isaha ! Umurongo ukubuza kujya mu kindi gisate cy’umuhanda wawugendemo incuro eshatu cyangwa enye.

– Ntawe nigeze mbangamira ; kandi usanga harimo gukabya muri ayo mategeko y’umuhanda : nta n’umwe utagira icyo yica muri yo.

– Ariko ntibiyabujije kubaho, kandi abambere bakagombye kuyubahiriza ni abakristo.Ese babasha bate gusaba Nyagasani ngo abarinde impanuka zo mu muhanda niba batabashya kugandukira abayobozi Imana yishyiriyeho ngo babarinde ? (Abaroma 13.1).Kandi ubuhamya bwacu bwagombye kugaragara ku buryo bw’umwihariko.

Nyuma y’aho naje gutwarwa n’utazi kwihangana . Uribuka cya kimodoka cyanukaga cyane yakurikiye iminota icumi yose cyaguhagaritse umutima bidasanzwe, kugeza ubwo wagiciyeho ugeze ahantu hatabikwemerera ? Naho se igihe twasohokaga wa mudugudu ! Nibwo nabashije kumenya ko ntwawe n’uwiyitaho gusa ! Ntiwabonye se uwaguhagaritse anyagiranwa umutwaro ku mutwe, ariko ukanga kumutwara ?

• Yewe, kuri njye niko bisanzwe, narabyiyemeje ; bene abo bajye bahama iwabo cyangwa se bafate tagisi.

• Ubwo se ntubona ku twibujije gufasha undi tumutwara, ndetse twibuza guhamya Yesu mu matwi y’uwari wateguwe mu nzira yacu ?

Hakurikiraho isiganwa twagiranye na ya vatiri idakomeye nk’iyi twarimo yashakaga kuducaho byanze bikunze.Wishimiraga cyane uko wakoraga ngo itaducaho.Wanyibukije Yehu wagendeshaga igare rye « aryhutisha »(2 Abami 9.20).Nahise menya uburyo wishyira hejuru ! Ntabwo narisanzwe kuzi ntyo.Nyamara rero mugenzi wanjye, reka nkubwire, binyuze mu rukundo rwa mwene so ugukuriye mu kwizera, kugira ngo ureke kwiyumvamo ubushobozi bw’abashoferi n’ubwirasi butera kwihuta cyane bijyanye n’icyo Bibiliya yita kwirata iby’ubu bugingo. Ibyo byatuma uhura n’ingorane zikomeye, ukaba wanazitera abandi bakiri bato nkawe.Ariko rero, ubugingo bwawe nta burenganzira ubufiteho ; cyane cyane ubw’abandi ntukwiye kubukinisha ushaka kubisikana cyangwa kunyura ku zindi modoka bene kariya kageni. Ese waba wifuza kuzahorana agahinda k’uko watumye ubugingo budakijijwe bujyanwa mu gihe cy’iteka ryose ?

Ubwanyuma noneho haje ya « ntambara » yo mu mugi.Koko rwose uwahanganaga nawe yari mu makosa, nubwo wenda waba ari umukristo mwene so.Nari ntarakubona ikindi gihe uguwe nabi nka kwakundi.

• Ariko se nawe ntubyumva ? Iyo nkonkobotsi yankozeho, yakoboye irangi ry’imodoka yanjye…

• …Maze anatwikurura uburakari bw’umuntu wa kamere wiyoroshe ishusho y’umuhungu warezwe neza ! Ubugwaneza bwacu bugomba kumenywa na bose (Abafilipi 4.5), ubwo harimo n’abatwara imodoka mu muhanda.Urabona rero, mugenzi wanjye, ntabwo byafashe igihe kirekire ngo mbone ibigaragaza ya kamere itabasha gutegekwa. Ndumva uzahita uyibona igihe cyose izatera hejuru.

Mu gice cya gatatu cy’urwandiko rwa Yakobo, hagaragaza ko umuntu abasha gutegeka no kuyobora amafarashi n’amato manini, tukamenyereza inyamaswa zo mw’ishyamba ariko ntabasha kugenga ururimirwe cyangwa kamere ye.None se ntitubona ko umuntu ariwe wasigaye inyuma akaba ari nk’uw’ishyamba ? « Umuntu wa kera », iterambere ryamuhaye uburyo bushya bwo kugenda yihuse (kandi ari ko anategeka abandi), nyamara aguma ari wawundi, ntahinduka.Uwo wa kera, umunyamujinya, utumvira, uwiyitaho gusa, utihangana, uzamwisangamo mu mayira abiri, mu mudugudu, mu mubyigano w’amamodoka, n’ahandi henshi hasa hatyo.Yagenzwa ate ? Biroroshye : munyage uruhusa rwo gutwara ! Undi amusimbure gutwara, uwo aba umuvandimwe mwiza wo gufatanya mu rugendo.Niba mu gihe cyo gutegereza ku itara ry’umutuku rihinduka, umwanya ntuzagupfira ubusa uganira nawe. Mu gihe wibaza icyo ubuze ukagisaba Nyagasani ngo akiguhe ; ikikugora cyose, ikibaye mu nzira cyose kizaguhindukira igitangaza kandi kiwigishe cyikungura, wuzure gusenga maze ugahabwa kunesha.Ndibuka mwene data wari warahimbye imodoka ye « mwarimu wo kwihanagana ». Uwo mwarimu yamuhaga buri « gitondo na buri mugoroba isomo y’ibyo yanyuzemo ».

Nabashije kwemera ko natsinzwe n’igerageza ; narimfite uruhushya rwo gutwara ariko urwo kwitwara ari ntarwo.Icyagaragaraga ntwaye ni icyabonekaga mu mibereho ya buri munsi. Byansabaga kumenya gutwara cyangwa guhindura utwara.Umuntu mushya agomba gufata no gukomeza umwanya wo gutwara, umuntu wa kera nawe agafata kandi agakomeza « umwanya w’uwapfuye »

KWIGANA NO GUKORA
Imirimo myiza

« Abizeye Imana bagire umwete wo kumaramaza gukora imirimo myiza » (Tito 3.8).

• Ikosa rigira ingaruka zikomeye

Mu bukristo bwa none, henshi usanga bigisha ko imirimo y’umuntu ifasha Imana gutanga gutsindishirizwa. Bakavuga ko imirimo y’umukristo ari ingenzi kugira ngo ahore ari uwera imbere y’Imana! Imirimo myiza yaba ibaye uburyo bwo guhabwa agakiza k’iteka,

Icyo kintu gifite ingaruka ikomeye cyane cyafashe umwanya mu mitima y’abantu benshi. Cyasanze ahari ikibanza giteguye kinezeza umitima wa kamere wishakira gukiranuka bwite. « Mfite rero ubushobozi bwo kwigira mwiza kurushaho no guhinduka uwera cyane mbifashijwemo n’imirimo yanjye myiza ». Uko niko usanga abenshi bibwira. Nyamara ibyo batazi nibyo byinshi:

• Mbere ya byose umuntu agomba gufatanya na « kamere » y’Imana kugira ngo abashe kunezeza Imana mu byo akora (2 Petero 1.4).

• Kwizera gusa, hatarimo imirimo , niko guhesha umuntu kuva mu mwanya wo kongera kwitwa umunyabyaha imbere y’Imana, akaba umukiranutsi abiheshejwe na Kristo.

• Gukura nyakuri ni ukurushaho kumenya neza ugukiza gutangaje gutangwa n’Imana muri Kristo no kukabamo tubikesha ubuntu.

• Ntabwo umuntu abasha guhindura kamere ye y’icyaha, « umubiri we », cyangwa ngo ayeze. Nyamara hariho abatari bake bafite intimba mu mitima bashakira ubugingo bwabo agakiza, bigatuma bakora biyuha akuya bashakira gutsindishirizwa mu byo bakora. Biha imibereho itoroshye, bagakorera abandi ibikorwa bigaragaza urukundo, bakiyegurira kuvura abarwayi no guha abakene ibyabo. Umwete bagira, usanga rimwe na rimwe utumwaza!

• Mu kiruhuko

Hari urundi ruhande dusangamo abakristo bigishijwe neza. Bazi neza, babwirijwe n’Ubutumwa bwiza, ko umuntu ari uwapfuye kubw’ibyaha n’amakosa ye, utabasha kugira icyiza na kimwe yakora (Abefeso 2.1,5). Bazi neza ko icyabakijije atari imirimo yo gukiranuka bakoze, ahubwo babikesheje « ubuntu no kwizera »(Tito 3.5). Bamenya neza umwanya bafite muri Kristo kandi bakishingikiriza umurimo uhamye wa Kristo Yesu (Abefeso 2.8).

Bityo nta mpamvu ikomeye babona yo gukora imirimo myiza. Ingaruka yabyo ni uko bamwe bafashe ikiruhuko maze ntibitondera kugendera mu birenze inyungu zabo bwite.

• « Imirimo myiza » ubundi ni iki?

Umurimo ni imbuto y’igikorwa. Ibyanditswe byera bivuga « imirimo ipfuye », « imirimo y’umwijima itagira umumaro », « imirimo ya kamere », « imirimo mibi », ariko kandi bikanavuga « imirimo myiza », kuko iba ari imbuto y’igikorwa cya « kamere » cyangwa cya « Mwuka Wera » (Abagalatiya 5.16-26).

Imirimo myiza ni yayindi yubahisha Imana na Nyagasani Yesu Kristo (1 Abakorinto 10.31 ;Matayo 26.10 ;Ibyakozwe 9.36,39 ;Tito 3,1,8,14).Iyo mirimo myiza ibasha kuba yagirira umumaro Imana ubwayo cyangwa abantu muri rusange.

• Nta mpamvu se yatumaga abizera bakora bene iyo mirimo ?

Nibyo koko bari bazifite ! None se ni izihe ?

• Turi umurimo w’Imana, twaremewe muri Kristo gukora imirimo myiza (Abefeso 2.10).

• « Yesu Kristo niwe Mana yacu ikomeye n’Umukiza, watwitangiriye kugira ngo aducungure mu bugome bwose, kandi yuhagire abantu kugira ngo babe ubwoko bwe bwite, bugira ishyaka ry’imirimo myiza »(Tito 2.14).(Mu rwandiko rwandikiwe Tito, kimwe n’urwandikiwe Timotewo, havugwamo kenshi « imirimo myiza » mu mwimerere w’insobanuro ry’iryo jambo).

• Hakurikijwe inyigisho ziri mu rwandiko rwa Yakobo, ukwizera kuzima kandi gukiza kugomba kugaragarira mu mirimo. « Mbese , bene data, byavura iki niba umuntu avuga ko afite kwizera nyamara akaba ari nta mirimo akora ? (Yakobo 2.14).- Uko niko kwizera, iyo kudafite imirimo, ahubwo kuri konyine, kuba gupfuye (Yakobo 2.17).

• Ubundi mu rwambere rwa Yohana dusoma ko Ubugingo buhoraho bwahoranye na Data wa twese kandi bubonekera mu Mwana we. Kwizera niko kuduhesha kwakira ubwo bugingo. Kandi rero ubugingo burangwa no kwinyagambura. Ubwo bugingo bw’Imana bugomba kubonekera mu bushake no mu mirimo ihamanyijwe na kamere y’Imana.

• Imana yaduhaye umwuka w’imbaraga, w’urukundo no kwirinda (2 Timotewo 1.7).

Ese ubwo hari uwafata ikiruhuko maze akibera mu bute ? Hari uwakwifata mu gihe hari « imirimo myiza » yo gukora ? Niba ari uko bimeze, hari ikitagenda neza mu mutima. Ngaho ibaze : Mbese ntiwanangiwe « n’ibihendo by’icyaha? » (Abaheburayo 3.13).

Uwizeye uba mu bumwe n’Imana ntacyo yifuza atari uguhesha Imana icyubahiro, iyo akesha umunezero we. Uhereye ubwo, imirimo yose azakora ntabwo izaba igamije kumuhesha agakiza cyangwa kwiyogeza, ahubwo izaba igamije kubahisha Imana n’inyungu zayo.

Hariho umusore wahuye n’ikibazo kimuremereye, maze acibwa intege nacyo. Yabonaga imibereho ye nta gaciro igifite. Amaze iminsi muri ako kajugane, igitekerezo kimunyura mu mutwe nk’umurabyo : « Ariko se hari icyo ubasha gukorera Imana ? ».Ibyo byahise bimusubizamo imbaraga n’umwete, ubwo niho yabashije kumva imibereho ye ifite icyo ivuze !

• Ni iyihe mirimo ngomba gukora ?

Iki ni ikibazo gikomeye cy’ingirakamaro. Nyagasani wenyine niwe ubasha gusubiza. Tumubaze iteka, dukeneye kumukomoraho byose, tuti: « Ngire nte Nyagasani ? » (Ibyakozwe 22.10).

Kubw’ibyo, reka tuvuge ibikurikira:

• Imibereho yanjye ya buri munsi

Umurimo mpemberwa, kimwe n’utundi tuntu duto duto nko « kurya, kunywa », mpamagariwe kubisohoza neza n’umutima ukunze nk’aho ari Nyagasani mbikorera atari abantu, kandi ibyo mu gihe cyanjye cyose cya buri munsi (Abakolosayi 3.23). Nyagasani « ubona ahiherereye » azabyitegereza kandi ahimbazwe nabyo.

Hari umushumba utarananizwaga no guhanagura inka ye. Umugenzi watambukaga aramubaza ati: « Ese ntibihagije gutyo ko mbona yenda kubonerana nk’indorerwamo ? » – Undi ati: « Erega ni uko nshaka kubikorera Umukiza wanjye! » – Ese ntimwemera ko uwo murimo muto wuzuzaga umunezero umutima wa Nyagasani, binyuranye n’ibyo abantu bakuza bashyira hejuru cyane?

• Imirimo yateguwe

Mu murongo wo mu Abefeso 2.10 twavuze haruguru tubonamo kandi ko Imana yateguye imirimo myiza mbere y’igihe kugira ngo tuyigenderemo. Dukwiriye kubyitondera.Gukora indi mirimo ni ukwigenga no gushakira mu bitekerezo byacu: niyo mirimo mibi.

Bityo hari abakozi b’Imana bateguwe kandi bashyirwa ku ruhande nayo « uhereye munda ya banyina »(Abacamanza 13; Yesaya 49.1; Yeremiya 1.5; Luka 1.15; Abagalatiya 1.15) kugira ngo bazasohoze umurimo runaka: Samusoni, Yesaya, Yeremiya, Yohana Umubatiza, Pawulo. Kandi tubona neza abantu nka Yozefu, Mose, Dawudi n’abandi bateguriwe kuva mu buto bwabo umurimo wihariye. Naho tutaba turi mu mubare w’abo bakozi b’Imana batangaje, abenshi bari mu murimo wa Nyagasani bamenya ko – nubwo yaba ari umurimo utagaragara cyane – hari umuteguro w’Imana imbere yabo.

Ibihe byateguwe :

N’ubundi Imana itegura mbere y’igihe « ibihe » byihariye. Dutekereje gato kuri Yozefu wa Arimataya, « umutunzi » wari ufite imva ikorogoshowe mu rutare. Ubwo uwo mwigishwa wa « rwihishwa » yabonaga Yesu abambwe ku musaraba , yagize ubushizi bw’amanga yinjira kwa Pilato, amusaba umurambo wa Yesu no kuwushyingura. Icyamushoboje kugera kuri ibyo ni urukundo yakundaga Nyagasani. Ariko se kuki yamushyize mu mva? « Kubera umunsi wo kwitegura kw’Abayuda , kubera iyo mva yari hafi ». Kuko mu kwubaha Imana kwabo , bishimiraga kumvira amategeko y’Imana, we na mugenzi we. Mbega uko yatangajwe no kuzabona mu Byanditswe amagambo yari yaranditswe kera ngo : « yari kumwe n’umutunzi mu rupfu rwe! »(Yesaya 53.9).

Duhore turi maso ngo tubone ibyaduteguriwe kera maze tubigenderemo. Akenshi hari igihe duhabwa na Nyagasani maze tukayoborwa mu nzira kugeza ibihe bya kure cyane!

• Kwitegura « imirimo myiza »

Abakiri bato bakwiye kumenya ko ubusore bwabo ari igihe cyo gutegura umurimo wo mu gihe kizaza, yaba mu bwiherero cyangwa mu ruhame. Ku bw’ibyo kwitegura gukwiye ni ugusoma no kwiga neza Ijambo ry’Imana, mw’ituze no gusenga: « Ibyanditswe byera byose byahumetswe n’Imana kandi bigira umumaro wo kwigisha umuntu, no kumwemeza ibyaha bye, no kumuhanira gukiranuka, kugira ngo umuntu w’Imana abe ashyitse, afite ibimukwiriye byose ngo akore imirimo myiza yose » (2 Timotewo 3.16-17).

Hari benshi bagiye bicuza cyane kuko bisanze batazi indimi zabafasha mu murimo wabo. « Yoo ! iyo mba narakoresheje neza igihe cyanjye, sinibagirwe n’ibi nabyo ! »: uko niko benshi usanga banihira mu mitima yabo.

• Gusenga

Intumwa Paulo yandikira Timotewo iti: « Irya mbere ya byose ndaguhugurira, nkwingigira abantu bose, no kubasengera no kubasabira no kubashimira » (1 Timotewo 2.1). Icyo dukora « mbere ya byose » ni iki, mbere y’umurimo uwo ariwo wose : ese turasenga ?

Amasengesho yacu ni urugero rw’uko dutegerereza byose kuri Nyagasani Imana. Ni imirimo yo kwizera ifite umumaro ukomeye, kandi adusunikira ku bindi bikorwa. Adushyira imbere y’Imana kandi akatuzanira umugisha w’Imana yaba kuri twe cyangwa abandi. Icyaduha kujya tumara igihe cyinshi mu masengesho!

• Gushishikazwa n’abantu

Abantu bose bagomba gusabirwa natwe, tukabasengera. « Ibyo nibyo byiza byemerwa imbere y’Imana Umukiza wacu, ishaka ko abantu bose bakizwa, bakamenya ukuri » (1 Timotewo 2.3,4,). Mbega umurima uramburiwe imbere yacu ngo tuwugenderemo !Niba dushyize mu bikorwa uko guhugurwa tuzarushaho kwita ku bantu , duhereye ku batwegereye kugeza ku bari kure mu bihugu twumvana inkuru z’abavugabutumwa bajya kure. Bityo se ntituzashobora kwamamaza ubutumwa bwiza n’ukuri, no gufasha kunyanyagiza ibitabo na za « terete » tubyishimiye ?

Dukwiye rero kwimenyereza « kuba abambere mu mirimo myiza » !

Umurimo n’icyo usabwa ngo ukorwe

Mu rwandiko rwambere rwandikiwe Abatesaloniki havugwamo ibintu bitatu bigaragaza abizeye vuba.Abatesaloniki :

• Bahindukiriye Imana bimuye ibigirwamana

• Bakorera Imana nyakuri kandi ihoraho

• Bategereza Umwana wayo uzava mw’ijuru (1 Abatesaloniki 1.9,10).

Buri wese wo muri twe abasha kwiyinira no kumenya niba ari uko bimeze kuri we, niba hariho ikibuze muri ibyo bitatu , tuba turi abakristo babi. Ubwo umutima wacu ntiwigeze uba uko bikwiriye mu buryo bwa mwuka; ntiwigeze uba uko bigomba uhereye mbere cyangwa se waracecekeshejwe mu gihe runaka.

Ubwo twari tutarizera, twari dufite ibigirwamana byacu. Ahari ntabwo byari iby’amabuye cyangwa bibajwe mu biti, ariko byari byicaye mu mutima kandi bifashe umwanya wari ukwiriye Imana ubwayo. Ibyo dukunda, ubuzima bwacu, igihe cyacu n’imbaraga zacu nibyo byari bitwigaruriye. Kuri bamwe ni imikino, imodoka, kwishimira ingendo. Ku bandi ni umuntu runaka, incuti, umubano. Naho ku bandi ni umwuga, ubukorikori, ubumenyi. Muri ibyo byose, hagati ni « njye » ifata umwanya w’ubutegetsi, nicyo kigirwamana gikomeye twaramyaga iteka ryose.

Ubwo Ijambo ry’Imana ryatahaga mu mitima yacu, ubwo umucyo waryo wamurikiraga ubugingo bwacu maze rikerekana imibereho yacu uko iri, ubwo twasobanukirwaga n’Ubutumwa bwiza maze tukerekezwa kuri Yesu Kristo, nibwo habayeho guhindukira kwacu.Ariko tumenye ko Abatesaloniki ubwo bahindikiraga, bateye ibigirwamana umugongo basanga Imana.

Niba hatariho gutandukana byeruye n’abantu, ndetse n’ibyari bifashe umwanya w’Imana mu mitima yacu, tugumya kuba impinja mu gakiza, tudindira mu gutera imbere kandi duhora dukeneye amata, tutabasha gukorera Imana, kugeza ubwo tuzatandukana n’ibigirwamana tutazuyaje kandi tubikomeyeho. Ntidukwiye gusa na babandi, mu gihe cyo kwizera kwabo, bahirika « isi n’ibyayo byose », nyamara mu gihe gikurikiyeho bakayigarukira « n’utwayo twose ».

Niba Mwuka Wera atunze agatoki intege nke zo mu bukristo bwawe , binyuze muri iyi mirongo y’Ijambo ry’Imana, uramenye ntubyirengagize! Bifite ingaruka ku mahoro yawe, ku munezero wawe, no ku buzima bwawe bw’imbere. Bigenze nk’uko Yakobo yabigenjeje,Ubwo yaragiye kuzamuka i Beteli, mu nzu y’Imana, ngo ahatambire igitambo, yabanje guhamba atazuyaje imana z’abanyamahanga zari zimaze igihe kirekire zibitse mu nzu ye.(Itangiriro 35.1-5). Cyangwa se urashaka kuzana urubanza ku buzima bwawe bwa none, kwivutsa ingororano yawe imbere y’intebe ya Kristo no kwima Imana ibimukwiye?

• Gutegurirwa umurimo

Paulo na Sila nk’intumwa zajyaga kwamamaza ubutumwa bwiza, ntibarengeje ibyumweru bitatu bari I Tesaloniki kubera kurenganywa gukomeye. Icyakora abizeye vuba bo muri uwo mugi, batari bazi byinshi, bari baratangiye gukorera Imana y’ukuri kandi ihoraho. Nk’abapfanye na Kristo, ntibari bagikeneye imibereho ya kera; nk’abazukanye na Kristo, bifataga nk’abapfuye ku cyaha maze bakaba bazima ku Mana muri Kristo Yesu (Abaroma 6.8-11). Ubwo babashaga kuberaho Imana amasaha yose y’umunsi. Barya, banywa cyangwa se bakora ikindi cyose, babikoraga kubw’icyubahiro cy’Imana (1 Abakorinto 10.31). Imitima yabo yuzuye urukundo rw’Imana n’urw’Umukiza wabo, abo bizeye vuba nta mpuguro zihariye bari bafite kuri ibyo. Bari barahindutse abigana intumwa Paulo, ibyitegererezo by’abizera bose bo muri Makedoniya no mw’Akaya ndetse ari n’ abahamya buzuye imbaraga.Ijambo rya Nyagasani no kwizera Imana kwabo byumvikana mu karere kose kabakikije (1 Abatesaloniki 1.6-8). Kandi rero ibyo byose byabayeho mu minsi yabo yambere yo kwizera kwabo , ubwo bari bakiri bato mu byo kwizera. Mbega uko ibyo bidukomeza – ariko nabwo bitumwaza !

Bityo rero imibereho no gukorera Imana bibasha guhera ku « munsi wambere » (Gereranya na Abafilipi 1.5). Ariko mu rundi ruhande, tubasha kubona ko buri wese mbere nambere uwahamagawe na Nyagasani kubw’umurimo runaka, agomba kubanza kuwutegurirwa. Ibyo dukora bigaragara bigomba guhamanya no gukura kwacu kw’imbere.

Kugira ngo twerekane ibyo, reka dufate ibihe bibiri byo mu buzima bwa Yosuwa.

Isiraheri yari yacumuye kw’itegeko ryambere maze bakorera umunsi mukuru ikimasa cya zahabu. Mose ashyira ihema ry’ibonaniro hanze y’ingando, maze ya nkingi y’igicu, ikimenyetso cy’uko Imana ihari, iraza irijyaho. Uhereye ubwo , abashakaga Uwiteka bose barasohokaga hanze y’ingado bagasangayo ihema. Icyakora Yosuwa «umufasha we w’ umusore , ntave muri iryo hema» (Kuva 33.7-11). Musa yagombaga kwinjira akanasohoka kugira ngo yite ku mbaga y’abantu. Uwo wari umurimo w’umukozi w’Uwiteka ufite inararibonye. Yosuwa we, nk’umusore, yari yasobanukiwe ko kuri we byari byiza kuguma hirya y’ingado mw’ihema, mu bwihisho bw’Uwiteka Ushobora byose, ubwo igihe cyo gukora umurimo nk’uwa Mose cyari kitaragera. – No kuri twe , ni ngombwa cyane ko twitandukanyije n’ikibi cyose, tuba turi hafi y’Imana. Ubwo nibwo tuzabasha kuba mu bumwe bwo kumenya ubushake bwe.

Aho twitegereza urukundo afitiye abanyabyaha maze tugahabwa imbaraga nshya zo kwamamaza ubutumwa bwiza.

Aho kandi nibwo buhoro buhoro tuzategurirwa umurimo mwiza kandi w’imbaraga tuzakorera mu mbaga y’abantu.

Mu mateka ya Yosuwa, haracyari ikindi kintu cyuzuye inyigisho kubwo gutegurirwa umurimo. (Yosuwa 1.1-9).

Mose amaze gupfa, Yosuwa niwe warongoye imbaga y’abantu ayijyana mu gihugu cy’isezerano.Mbega uko uwo murimo yawubonaga ari mugari kandi umusaba byinshi! Ariko Imana yamuhaye gukomezwa n’aya magambo « nk’uko nabanaga na Mose niko nzabana nawe, sinzagusiga kandi sinzaguhana »(Yosuwa 1.5). Nyamara yongeraho ati, «Icyakora uskikame, ukomere cyane kugira ngo witondere amategeko yose…ibiri muri iki gitabo cy’amategeko ntukarorere kubihamisha akanwa kawe ahubwo ujye ubitekereza ku manwa na nijoro kugira ngo ubone uko ukurikiza ibyanditswemo byose. Niho uzahirwa mu nzira zawe ukabashishwa byose» – Ijambo ry’Imana ni imbuto ibasha kumera mu mutima w’abantu kubw’agakiza kabo. Ritubwira agakiza kuzuye ko muri Kristo Yesu n’ingaruka zitagira akagero z’umurimo we. Ritubwira Umwana w’Imana, ubwo yari umuntu, waduhishuriye Imana akanatumenyesha izina rya Data

Ni ibyo kurya ku muntu wizera kandi rikamurika inzira anyuramo, ndetse n’inzira abana b’Imana bose hamwe bafatanyije. Ritumenyesha imigambi y’Imana y’igihe kizaza. Ni inkota y’Umwuka irwanya umwanzi. – Ijambo ry’Imana rero ni urufatiro n’ubuzima bw’umurimo wose w’umukristo. Niyo mpamvu tgomba kurikunda uhereye ku ntangiriro y’urugendo rwacu rwa gikristo, tukarisoma dushyizeho umwete no gusenga, tukaritekerezaho ku manywa na nijoro twifuza kandi tutaryarya kurishyira mu bikorwa tubishobojwemo na Nyagasani ubwe. Urimenya, agatungwa naryo, akaba yabasha kurigeza ku bandi hamwe n’ubutunzi bwaryo, n’icyo ryigisha, uwo niwe gikoresho Nyagasani abasha kwitwaza mu murimo we.

Inama kubw’umurimo

Umurimo w’Imana tubasha kuwugereranya n’ibiziga bibiri bigerekeranye: kimwe kinini, ikindi gitoya. Iyo ukorera umuntu, uba watangiriye ku kizaga cy’inyuma, kandi ntubasha kuzagera ku kiziga cy’imbere. Ariko niba ukorera Kristo, uzatangirira kucy’imbere. Niba mpora hafi ye, nzahera mbere ya byose ku bamuhora hafi. Ni urukundo. Ruhera ku kiziga cy’imbere maze rukerekeza ku cy’inyuma, ariko kuvuga ibya Kristo byose bya hano kw’isi birebana n’inyungu ze.

• Kwiyiringira k’umukozi w’Imana kugomba gucishwa bugufi

Mose warerewe mu bwenge bwose bwo kwa Farawo, yari afite imbaraga mu magambo no mu bikorwa (Ibyakozwe 7.22). Ese nibyo byaba byaramuhagurukije kujya gutabara ubwoko bwe? Koko rero, igihe cyari kitarasohora kandi iyo Mose aza guca bugufi imbere ya Nyagasani akamutegererezaho byose, ntaba yarishe wa Munyegiputa. Hagombye imyaka mirongo ine yo kwitegura, ubwo Mose yibonye ari umuntu utazi kuvuga ahubwo ari udedemanga, nibwo Imana yabashije kumukoresha ngo akize ubwoko bwe.

Mbere yuko yihakana Yesu, Petero yibwiraga ko urukundo amufitiye ruruta urw’abandi bigishwa; maze aravuga ati: « Naho bose ibyawe biri bubagushe, njyeweho ntabwo bizangusha » (Matayo 26.33). Ariko nyuma yo kuneshwa ari mu gikari cy’umutambyi mukuru, akagerwaho n’ubuntu bwamukomeje, ahabwa kuragira intama za Nyagasani (Yohana 21.15-23).

Bityo, uwizeye wese ashaka gukorera Nyagasani ku buryo buhamye kandi bumunezeza agomba kwemera ko muri we nta bwenge, nta mbaraga kandi ko nta cyiza kimurimo kuruta abandi. Agomba kumenya kwicisha urupfu rwa Kristo ibyo yiyumva muri kamere ye, yaba

ugushaka bwite no kwizirikana, kugira ngo abashishwe na Nyagasani kuba intumwa y’ubuntu bwe, y’urukundo rwe n’ukuri kwe, agenda yerekeza imitima kuri we.

Icyampa tugakomeza cyane uko guhugurwa : « Nuko bene data bakundwa, mukomere mutanyeganyega, murushaho iteka gukora imirimo y’Umwami ! » (1 Abakorinto 15.58). Imana ibasha gukoresha mu murimo wayo no gusohoza imigambi yayo utaboshywe no gukunda isi, wuzuye Kristo kandi uhora witeguye kumugandukira.Urugero twafata ni urwa Yosuwa wagombaga kujyana abisiraheri mu gihugu cy’isezerano banyuze mu ntambara, yateguwe imyaka myinshi mbere yuko barwana n’Abamaleki, bagatsinda babikomoye ku gutabarwa kuvuye mw’ijuru. Dawudi nawe nk’umushumba wa Isiraheri, yateguriwe umurimo azakora hanyuma ubwo yaragiraga « ubutama » bwa se, mu gihe yari atarakamenya umurimo ukomeye yateguriwe.

Igikorwa gikomeye kandi cyizihije cyo mu buzima bwacu ni ugushakashaka icyubahiro cya Nyagasani hano mw’isi kandi tugakorera inyungu ze tumukomoraho byose. Abantu bayima agaciro kabyo ariko , bidatinze, bazatangazwa no kubona byose bihinduka. Nyagasani ati: « Dore ndaza vuba nzanye ingororano, kugira ngo ngororere umuntu wese ibikwiranye n’ibyo yakoze » (Ibyakozwe 22.12).

Kubibira mu marira

« Ababiba barira, bazasarura bishima. Nuko umuntu agenda arira asohoye imbuto, azagaruka yishimye azanye imiba ye » (Zaburi 126.15-16).

Mbega kuzamurwa na Nyagasani iyo adushyize mu nzira yo kubiba! « Imbuto ni ijambo ry’Imana» (Luka 8.11) kandi niryo dukwiye kubiba, twamamaza. « Mu gitondo ujye ubiba imbuto zawe, kandi nimugoroba ntukaruhure ukuboko kwawe» (Umubwiriza 11.6).

Gutangira biroroha. Uhura n’ibikongera imbaraga mu nzira. Ibidushishikaza byo mu ntangiriro bidutera gutsinda ingorane no gusimbuka ibituzitira. Ariko bishyire kera, hari imibereho bamwe mu bacu bazanyuramo, mu bwiherero bw’umutima wabo, bumvise uguhamagara k’Umwigisha wabasabaga kubiba kubwe. Batanze rero

igitambo, yaba igihe cyabo, yaba ibyo bakunda cyangwa se umwuga wabo, bakageragerezwa umurimo wa Nyagasani, uwo bafiteho umugisha ugwa neza kandi wizewe, ubasha kugororera incuro zikubye ijana abagize icyo bareka kubwe. Igihe cyaratambutse…maze amarira akurikiraho. Ingorane, kwibeshya, gutukwa n’abantu badafite gusobanukirwa neza n’umurimo w’umubibyi, kudashimwa no gusubira inyuma gukabije n’abo wakoreye ibyiza byinshi kuruta abandi, umunaniro, gucika intege…gutentebuka mu mutima nako kuraza, maze umwanzi agahita yiyerekana ashaka kuyobya bidasubirwaho abari bakiriye umurimo w’Imana babyishimiye.

Nyamara Ijambo ry’Imana ryarabitubwiye riti: «Ababiba barira !». Niba iyi zaburi ihuza umurimo «n’ababiba» barira, ni uko ari ko bimeze hano mw’isi.Ese hari ukundi byagendekeye Nyagasani, Umukiza wacu? Oya, umurongo ukurikiraho urabyerekana: «umuntu agenda arira asohoye imbuto». «Arira!». Mbega amarira menshi mu nzira! Imiruho no kurwanywa ni byinshi ! Aho inzira igarukira twumva avugira mu kanwa k’umuhanuzi ati : «Naruhijwe n’ubusa, amaboko yanjye yapfuye ubusa nyakoresha ibitagira umumaro» (Yesaya 49.4).

Aha se ntituhabona byinshi bidutera imbaraga mu bugingo? Dufashe gushyira mu bikorwa iyi zaburi (tutagiye mu nsobanuro zayo zo mu buryo bw’ubuhanuzi), tubona ko «ababiba» batari bonyine.

Bahanze amaso uwababanjirije gusuka amarira, ubwo yari umubibyi uvuye ku Mana, yagendagendaga mu nzira zo kw’isi. Ni iby’igiciro cyinshi kubiba kubwe, ariko se kandi si iby’igiciro cyinshi kurira nk’uko nawe byamugendekeye ? Twacibwa se intege no kubona byose bigana iyo amazi agiye, niba bigaragaye nk’aho «waruhijwe n’ubusa , n’ibitagira umumaro? » Oya, ahubwo ni ukumasha mu rye : « Nzacirwa urubanza n’Uwiteka…Imana yanjye niyo izangororera ». « Nuko muzirikane uwo wihanganiye ubwanzi bw’abanyabyaha bukomeye butyo…kugira ngo mudacogora mukagwa isari mu mitima yanyu » (Abaheburayo 12.3).

Hari akarusho. Kubiba ni none ; umusaruro ukazaza hanyuma. « Ababiba barira bazasarurana ibyishimo ». tugomba kureka imbuto ikagira igihe cyo kumera no gukura. Ahari tukiri hano kw’isi hari amahundo azashimisha umutima wacu, ariko se hazacura iki ku munsi w’ikuzo ubwo byose bizerekanwa ? Mbega indirimbo y’umunezero ubwo databuja azavuga ati ; « Nuko nuko mugaragu mwiza ukiranuka… » ! (Matayo 25.23).Mbega uko amarira yo mu gihe cy’ibiba azahanagurwa !

Kandi muri uwo munezero, ntituzaba twenyine. Yego tuzaba twishimye bitavugwa , ariko se ibyo byishimo bizaba bingana iki ? « azagaruka yishima ». Ubwambere yavuye mw’ijuru ngo aze mw’isi gusohoza umurimo Data yamuhaye gukora. Mu kwicisha bugufi kwe « yabaye umunyamaboko mu rugamba » yanesheje urupfu, amarembo y’iteka yarunamutse ubwo yinjiraga mu cyubahiro cye (Zaburi 24.7). Azagaruka kujyana abo yacunguye. Hazaba umunezero ubwo azaba ashagawe « n’igabo ze » (umur.10) azongera kwinjira munzu ya Data. Amarembo y’iteka azongera yeguke cyane kugira ngo uwo Mwami w’ikuzo abyukuruke (umur.9) yiyereke imbere ya Data agira ati « Dore ndaje , njye n’abana wampaye ». Byishimo by’iteka, munezero uhoraho, munsi w’ibyishimo by’umutima we !! Kandi ibyo byishimo, twe twasangiye kurira, tuzabisangira mu gihe cy’iteka.

Hariho nyamara icyo tutazasangira. Imbuto, amarira, indirimbo z’umunezero ni ibyacu. Imiba yo, oya ! Imiba « ni iye ». « Azagaruka yishima azanye imiba ye » Ninde wo muri twe wahangara kuvuga ko imbuto zisoromwa ari ize ? Imiba yo si iyacu, ni umwihariko we. Ni imbuto z’umurimo w’ubugingo bwe. Ni imbuto zasoromwe kuri rwarundi rwatewe kubwo gupfa kwe. None se ibyo ntibitwuzuza amahoro yimbitse tumenya ko azanezezwa n’imbuto y’icyo yababarijwe ?

Ku munsi w’isarura, amarira atubogamira ubu azibagirana.Nicyo gituma « Twe gucogora gukora neza…kuko igihe nigisohora tuzasarura nitutagwa isari » (Abagalatiya 6.9).Dukomereze mu mutima iyi mpuguro ikomeye : amarira, nawe yarayamenye ; indirimbo nziza y’umunezero tuzayisangira ; naho imiba yo, nizo mbuto zikomoka kuyo yamijagiye mu marimba yo mw’isi, ni iye wenyine. Yayironkeye kubw’amaraso yo ku musraba we.

Ubwawe uzabona icyo umutima ushaka

Imbuto zishyitse zo ku musaraba

Yesu uzishimira umurimo wakoze

Urukundo rw’ubumana ruzanyurwa

Imibereho ya gikristo

« Mumwumvire »(Mariko 9.7).

« Mariya…, yari yicaye hafi y’ibirenge by’Umwami Yesu yumva ijambo rye (Luka 10.39).

« …dutumbira Yesu wenyine » Abaheburayo (12.2).

« Nanjye niko nabatumye mw’isi » (Yohana 17.18)

« Muzaba abagabo bo kumpamya » (Ibyakozwe 1.8)

« Kandi abacu nabo bige kumaramaza gukora imirimo myiza » (Tito 3.14)

Nk’uko iyi murongo ibyerekana, Ijambo ry’Imana ritwigisha – kimwe no muyindi mirongo myinshi – ko

imibereho ya gikristo ifite amashusho abiri : ni iyo gutuza kandi ni iyo gukora.

Ubwambere ni iyo gutuza: tubasha gutanga niba natwe twarahawe, kandi tubasha kugira icyo twakora niba twaratekereje kw’Ijambo no gusenga.

Ibyo nibyo byigishwa n’amagambo ya Nyagasani ku byerekeye ishami (Yohana 15.4).Rigomba kwera imbuto, icyakora rero, ibyo bishoboka niba riguma ku muzabibu.Ubwo nibwo rizashobora kwakira amakakama rikeneye.Uko niko uwizeye asabwa kwera imbuto, akabishobozwa n’uko agumye ku muzabibu wo mw’ijuru ; bitari ibyo, ishami nta mumaro waryo kuko ritabasha kwera ku bwaryo.

Igihe cyose tutari imbere ya Yesu tuhaturije, tuba twirebaho, tukanareba isi itugose, Nyamara niba duturije ku birenge bye nka Mariya, ntabwo tuzabasha kwishuka no kwiha agaciro. Niba dushyizwe imbere y’Uwera cyane tubasha kwibona mu mutima, tugasoma ibyo tutiyiziho ubwacu, tukibona uko turi kubwa kamere maze ibyo dukora n’ibyo twibwira tukabicira urubikwiye kandi rutagoretse : nta buzima bwa gikristo nyakuri bwabaho nta guca urutabera. Nibwo tuzabasha gutuza no gutumbira Nyagasani maze tukamuha igihe cyo kuvuga wenyine. Mbega ibyo twakungukira ku birenge by’uwo Mwigisha ! Azabanza atwigishe kumumenya uko bikwiye, kumenya neza ubumana bwe n’uko ari umuntu, kandi nta herezo ry’uko kumenya no kwitegereza bizaduhindurira kuba uwigiciro gitangaje mu kwizera kwacu. Azatwigisha kandi ducire urubanza ikintu cyose turi mu mucyo we, atari uwacu, tuzatangazwa ndetse tugere aho gushavuzwa no kubona uburyo incuro nyinshi twagendereye mu nzira z’isi.Ubwo bumwe na Nyagasani, ubwo tugenderamo buri munsi, buhora bwivugurura, « buzatudaha » kugira ngo tubashe kuzuzwamo Umwuka we, na we ubwe.

Ubwo bwonyine niho tuzabasha gukora nk’uko ashaka, tukagendera mu rugero runaka mu cyigisho cy’igice cya kabiri cy’imirongo yanditswe hejuru mu ntangiriro z’iki gice : ni ukuvuga « kuba abahamya b’udutuma mw’isi ngo tube abambere mu bikorwa byiza ».

Nk’umuhamya wa Yesu Kristo, uwizeye afite inshingano yambere yo kumwamamaza. Ni inshingano ikomeye kandi y’agaciro kenshi!

Icyakora si ibyo byonyine. Habaho ibihe bidusaba guceceka : nk’igihe imibereho yacu idahamanya n’inyigisho y’ubutumwa bwiza. Reka dufate urugero, ni ibyiza bihe twakora mu gihe twaba turi kubwira umuntu uri mu bukene bugoye ibya Nyagasani, kandi tukaba dukomeza ibyacu byamugoboka ? Ntitwibeshye : isi iratuzi bihagije kuruta uko twabyibwira. Iducira urubanza mu buryo bukomeye – kandi ni ukuri – igihe cyose itubonyemo ukwifata kudakwiriye.

Ubuhamya bwacu bugomba kuboneka cyane mu bikorwa kuruta uko bwumvikana mu magambo. Byoroheye buri wese kuvuga amagambo y’abakristo, ariko ni ibigoye kubaho mu mibereho ya gikristo ; nyamara icyo nicyo cyo gushyirwa imbere.Tubisubiyemo kandi, iyo mibereho ntibasha kugerwaho tudatumbiriye no gutega amatwi icyitegererezo cyacu cyo mw’ijuru buri munsi kugira ngo tubashe gusa nawe.Nyamara se icyamuranze ku buryo bugaragara hano mw’isi ni iki atari urukundo ? Urukundo ni « igiteranyo cy’amategeko », kandi nirwo soko y’ubuzima bw’ubutumwa bwiza. Ariko se ibyo nibyo duhora dushaka mu mibereho yacu ya buri munsi ? Icyo ni ikibazo cy’ingenzi. Reka twumve intumwa ikundwa Yohana : « Bana bato, twe gukundana urumamo mu magambo cyangwa ku rurimi, ahubwo dukundane mu byo dukora no mu by’ukuri » (1 Yohana 3.18).Dusome kandi dusubiremo igice cya 13 cy’urwambere rwandikiwe Abakorinto. Nibwo tubona ko ubukristo atari imyigishirize ahubwo ari imibereho, ubuzima bugendera mu rukundo.

Iyo duhuye n’urukundo rw’Imana twiga guca bugufi, atari imbere yayo gusa ariko n’imbere y’abantu, twicira urubanza aho kurucira abandi : niba abo tuganira nabo tubigaragariza nk’ababasumba, tuzababera inkomyi ku buryo ntacyo tuzabungura ngo tubabere umugisha. Ubwirasi bwo mw’iyobokamana nibwo bubi bubasha kubaho : dukwiye kubuhunga. Iyo duhuye n’urukundo rw’Imana, twiga no gukunda abakristo bose . : « Ibyo nibyo bose bazabamenyeraho ko muri abigishwa banjye, nimukundana » (Yohana 13.35).Kandi tuziga gukunda ab’isi tugenda duhura nabo (uretse gufatanya nabo mu nzira zabo). Urwo rukundo, kimwe n’uruduhuza n’abizera bandi ba hose, tuzarugaragaza atari mu magambo gusa, ahubwo « mu bikorwa no mu mwuka » dufite kwitangira abandi, tubegurira ibyiza byacu no kwikunda kwacu, tubihanganira, kandi niba ari ngombwa, tukemera tutihimura ibibi byose babasha kudukorera. Bityo tubasha kugaragara turi abahamya b’indahemuka b’uwigaragaje aciye bugufi, ariwe rukundo.

Kuba intumwa

Hari uwizeye vuba wandikiye mwene se ati : « Numva nsunikirwa kwegurira Yesu imibereho yanjye yose. Nifuza cyane kuba intumwa yo kujya kubwiriza abandi iby’agakiza, mbamenyeshe Kristo. Ushobora kugira inama wampa? »

Uwo mwene se aramusubiza ati : « Maze gusoma urwandiko rwawe ndwitayeho cyane. Nishimiye ko urukundo rwa Kristo rugusunikira mu murimo we. Ntabwo bibereye umukristo nyakuri kuberaho ibyo mw’isi cyangwa kubaho yishakira inyungu ze bwite n’ibimunezeza. Byaba ari ukwishuka ku byerekeye insobanuro z’urupfu rwa Yesu.Kuko « Kristo yapfiriye bose kugira ngo abariho be gukomeza kwiberaho ubwabo , ahubwo babeho kubw’uwo wabapfiriye akanabazukira » (2 Abakorinto 15.5).

Uwizeye wese nta n’umwe usigaye yaguzwe agaciro gakomeye. Ntabwo tukiri abacu. Tweguriwe rwose Nyagasani. Twaba turiho cyangwa dupfuye, turi aba Nyagasani. Icyo twakora cyose, tugomba kugikora mw’izina rye. Tugikorera icyubahiro cye kuko twahindutse imbata ze.Nyagasani adufiteho uburenganzira budafite iherezo, no kubyo turi bo cyangwa ibyo dutunze byose.

Tugomba guhoza ku mutima ko uwizeye wese ari umukozi wa Nyagasani. Twabatuwe ku cyaha tujya mu bubata bw’Imana. Nicyo gituma duhamagarirwa (Abaroma 6.22) « kudaha ibyaha ingingo zanyu kuba intwaro zo gukiranirwa, ahubwo mwitange mwiha Imana nk’abazuke, n’ingingo zanyu muzihe Imana kuba intwaro zo gukiranuka » (Abaroma 6.13). Turi abakozi b’Imana Nyagasani, tugomba gukora bihuje no gushaka kwe iteka, twibuka ko tugomba guhuza n’ibyo yahishuye mu Byanditswe Byera.Muri byo tuzahora tubonamo , niba tubishakashatse, umucyo, ibyo kurya, ubuyobozi n’imbaraga, hakurikijwe ibyo dukeneye mu rugendo rwacu.

Ahari wamaze kumenya ukuri nyako guturuka ku Mana, kuvuga ibitwerekeyeho, twebwe abana bayo, ariko niba ugusubiyemo ubasha kubonera igisubizo ikibazo wambajije. Mbega uko ari byiza kumva havugwa – nka Paulo: « Kuri njye, kubaho ni Kristo! ». Icyifuzo cyawe cyo kuba intumwa yo gukorera Nyagasani, hagati y’imiruho, amakuba no gucibwa intege bituruka kuri uwo murimo, kigomba kunezeza Nyagasani we umenya umutima no kwifuza kwawo.

Ariko noneho Nyagasani we ubwe niwe waguha gukora umurimo uyu n’uyu, kuko yaba umurimo cyangwa se uwukora, byose ni ibya Nyagasani. Niwe ubwe ufite kukubwira ati: Kora iki; cyangwa ati: Jya aha; n’ubundi

kandi ati: Nube ugumye hano.

Ntabwo yemera ko ukwifuza kwacu kurwanya ubushake bwe, cyangwa se ngo duhitemo tumubwira tuti: turashaka gukora iki cyangwa kiriya. Nyagasani ashyira hejuru umurimo kurenza umwete utaryarya w’umukozi ukora ibyo yihitiyemo. Twemere ko Nyagasani agira ati: Kora iki ureke kiriya.Ese wanezezwa no gukora iki ukareka kiriya? Uri mu mucyo ushyire ku munzani, kandi uri imbere ya Nyagasani, icyo kibazo wambajije ucyiteho.

Wongeye kandi kubaza ibyerekeye kwitegura umurimo. Mu murimo wose ufite kuzanira Nyagasani imitima, we Mukiza kandi Mucunguzi, hagomba kumenywa mbere ya byose Ibyanditswe n’iby’inyigisho shingiro.Timotewo , umukozi we Nyagasani, yahuguriwe guhora ari umukozi udakwiriye kugira ipfunwe, ukwiriranya neza ijambo ry’ukuri (2 Timotewo 2.15). Ugomba kwitegura utyo uhereye uyu munsi.

Byongeye kandi, mu gihe ugitegereje ko Nyagasani akuyobora byeruye niba agomba kugutuma nk’intumwa, wibaze ku baturanyi bawe, abato n’abakuze, abakeneye umucyo n’ubugingo: nta handi babasha kubibonera atari ukubwirwa Ijambo ry’Imana. Nyagasani azakuyobora muri uwo murimo mbere y’uko aguhamagarira uwundi. Niba hari indahemuka n’umunyamwete mu tuntu duto, uwo azahabwa ibikomeye.

Umwete mu gusenga ni ngombwa, gusoma Ijambo ry’Imana no kuritekerezaho kenshi bizatanga intwaro za ngombwa zo kugirira umumaro imitima myinshi. Nyagasani aguhe ubuyobozi bwe n’umugisha we!

Blog, News

Mupende Ramadhan, wamamaye nka, Bad Rama yinjiye mu migambi y’abarwanya ubuyobozi bw’u Rwanda

Nyuma yo kumutwara nk’umukerarugendo, Bad Rama yaje gutereta uyu mukecuru wari ufite agatubutse, ndetse bakundana igihe kitari gito. Ni we wamuhaye amafaranga yakoresheje imishinga itandukanye, arimo n’ayo yakoresheje atangiza The Mane.

Bad Rama wakuriye mu buzima bubi, yananiwe kuba inyangamugayo kuri uyu mukecuru wamukuye ahakomeye, atangira kumutekera imitwe, icyo bagiye gushoramo cyose akamubwira ibiciro bihanitse. Byageze aho uyu mukecuru asaba Bad Rama kureka umururumba, kuko amafaranga afite atayamara.

Bya bindi by’akabaye icwende katoga, yewe kakoga ntikanacye, Bad Rama yananiwe kureka ingeso ye yo gukorakora, ashwana n’uyu mukecuru, ndetse yisubirira iwabo muri Amerika. Uyu mugabo yahise atangira urugendo rwo kwirwanaho, ariko kubera gushora mu mishinga atize neza birangira ahombye burundu. Uku ni ko The Mane yazimye burundu.

Nyuma yo kubona ko kuba i Kigali bigoye nta mafaranga, Bad Rama yigiriye inama yo kujya muri Amerika, afite icyizere ko azongera guhura n’uwari umukunzi we akamusaba imbabazi, cyane ko yari atakimwitaba kuri telefoni.

Bad Rama akigera muri Amerika yahuye n’umushoramari w’Umunyarwanda witwa Basil Maseveriyo, amufasha kumenyera ubuzima.

Uyu mugabo yahaye Bad Rama inzu yo kubamo nk’umuntu bakomoka mu gihugu kimwe wari uri mu bibazo byinshi. Iyi nzu uyu mugabo yahawe yaje gutekereza uburyo yayikoreramo ubucuruzi, uwayimuhaye amubwira ko niba ari iyo nzira ahisemo, azajya amwishyura amafaranga y’ubukode. Byarangiye bashwanye.

Muri Gashyantare 2025, Urukiko rwa ‘Maricopa County Justice’ ruherereye muri Leta ya Arizona, rwategetse ko Bad Rama asohorwa mu nzu ya Basil Maseveriyo wari warwiyambaje ngo rumufashe gusohora mu nzu ye uyu mugabo wari waranze kumwishyura no kuyivamo.

Mu gihe ibi byose byabaga, Bad Rama yaje kumenya ko wa mukecuru bakundanaga yitabye Imana, afata icyemezo cyo gusubira mu Rwanda, agurisha imitungo yose uyu Munyamerikakazi yari yarahaguze, ariko imwe n’imwe ayimwandikaho. Mu mitungo yagurishije harimo n’ikibanza cyari hafi y’ikiyaga cya Ruhondo.

Nyuma yo kugurisha iyi mitungo, yasubiye muri Amerika, ariko ya mafaranga arayabyinira, ku buryo ubu nta n’urwara rwo kwishima afite, ari byo byatumye benshi bakeka ko byamubereye intandaro yo guhinduka mpemuke ndamuke.

Blog, News

Kitoko, Alyn Sano, Mico The Best, Ciney, Platini, na Nel Ngabo… bakoze mu nganzo: Indirimbo za Weekend

Ciney yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye nitangazamakuru, ubwo yari amaze gusohora amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Avec toi’ ndetse akaba yanahamije ko kuri ubu yongeye gusubukura umuziki mu buryo buhozaho.

Ciney watangiye umuziki mu 2010 yavuze ko yatangiye gucika intege mu 2014, bitewe n’ibyo yabonaga bimugoye kugira ngo abe yatera imbere nk’umukobwa wirwanagaho kuri buri kimwe.

Abajijwe ikintu cya nyuma cyatumye yumva acitse intege, yavuze ko ari inshuti ye baganiriye amugira inama y’uko yakwitwara ngo umuziki we utere imbere.

Ati “Hari inama bangiriye numva sinzabishobora, ndibuka nari kumwe n’inshuti yanjye turi gutembera mu Mujyi, arambwira ngo wowe impamvu bitagenda neza ni uko ubishyiramo ubwenge bwinshi, oroshya ibintu urebe ko bitazagenda neza, erega ni ko abandi babigenza.”

Ciney nyuma yo kumva izo nama z’inshuti ye yamubwiraga ko bizagorana gutera imbere atemeye ngo ace bugufi imbere y’abagabo n’abasore bifuzaga kumufatirana, yasanze n’ubundi atabishobora ahitamo kubigendamo gake.

Uretse izo nama, Ciney wari umaze kuba ikimenyabose mu muziki w’u Rwanda kubera indirimbo zirimo Tuma Bavuga, Dogoni, Ngwino Nkwereke n’izindi nyinshi yari akeneye umufasha mu bijyanye n’ubujyanama, icyakora uwo yabonye atungurwa n’uko yamusabye ko babanza gukundana.

Ati “Hari ukuntu wasangaga n’umuntu ashaka kugufasha ariko kugira ngo abikore agashyiraho amabwiriza arimo kugufatirana, nkanjye hari uwigeze kunyizeza ko yambera ‘Manager’ ariko kugira ngo bigende neza bisaba ko namubera umukunzi, erega abanza no kunyereka ko byanadufasha.”

Ciney wari umaze guhura n’izo ngorane, ahamya ko yaje kuba ashyize ku ruhande ibijyanye na muzika ahubwo yiyemeza gusubira ku ishuri ndetse anashaka akazi yibwira ko igihe azaba yaboneye ubushobozi azongera kuwusubukura.

Ati “Nyuma yo kuganira na ya nshuti ngasanga ibyo nsabwa ntabishoboye, imwe mu nama nigiriye ni uko nabanza ngashaka ibindi nkora umuziki nkazawusubukura kuko nibwiraga ko nta myaka wageramo ngo ube utakibasha kuririmba.”

Uyu muhanzi waje kurushinga, nyuma y’uko abana bigiye hejuru mu myaka ndetse akaba amaze gushyira ku murongo iby’akazi, ahamya ko ubu agiye kongera kugaragara mu muziki.

Blog, News

Igisibo gitagatifu cya Islam kizwi nka Ramadhan n’igisibo cy’Abakristu cyane cyane Gatolika n’Abangilikani uyu mwaka byatangiriye rimwe kandi birahura mu gihe cy’iminsi myinshi.

Menya ibihugu igisibo cya Ramadhan kizaba kirekire mu mwaka wa 2026
Biteganijwe ko ukwezi gutagatifu kuri karindari y’i Dini ya Kiislamu (Ramadhani) k’umwaka wa 2026 kuzatangira kuri uyu wa kabiri tariki ya 17 Gashyantare ku bihugu bimwe, naho ku bindi bihugu, kukazatangira tariki ya 18 Gashyantare(2).

Igisibo cyangwa se kwiyiriza ubusa mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhani ni imwe mu nkingi eshanu z’idini ya Isilamu, kandi ni itegeko kuri buri muyisilamu wese wujuje ibisabwa kugira ngo akore icyo gisibo.

Abantu biyiriza ubusa iminsi 29 cyangwa 30 muri uko kwezi, kuva mu gitondo kugeza izuba rirenze.

Ariko, igihe cyo kwiyiriza ubusa kiratandukanye muri buri gihugu.

Mu gihe cy’impeshyi, cyane cyane mu bihugu by’i Burayi, bagira iminsi myinshi mbere yuko izuba rirenga, mu gihe ibindi bihugu byo ku mugabane wa Afurika bihura n’ubushyuhe bwinshi, ikibazo bigira ingaruka ku ngengabihe yabo yo kwiyiriza ubusa.

Bitewe n’uku gutandukana kw’ibihe , yasesenguye gahunda zitandukanye zo kwiyiriza ubusa mu bihugu bitandukanye ku isi.

Impamvu y’itandukaniro ry’igihe cyo kwiyiriza ubusa Kugira ngo dusobanukirwe itandukaniro riri hagati ya gahunda ya Ramadhani, BBC yaganiriye na Simwal Usman Jibril, umwe mu bagize komite ishinzwe kugenzura ukwezi kwa Ramadhan muri Nigeria wasobanuye ko hari ibintu bitandukanye byitabwaho.

Yavuze ko kwiyiriza ubusa ari itegeko kuri buri wese, ariko igihe cyo kwiyiriza ubusa kiratandukana bitewe n’igihe cy’umwaka. Mu bice bimwe na bimwe by’isi, abayisilamu bashobora kwiyiriza ubusa amasaha agera kuri 20 ku munsi, ariko hari n’ahandi umuntu udashobora kwiyiriza ubusa amasaha arenga 10.”

Uduce aho igihe cyo kwiyiriza ubusa kiba kirekire
Simwal Usman Jibril, asobanura ko mu majyaruguru y’Uburayi no mu turere twa Arctique hagaragara igihe kirekire cyo kwiyiriza ubusa, aho izuba rigaragara nimugoroba mu gihe cy’izuba.

Mu mijyi ifite ibihe birebire byo kwiyiriza ubusa harimo Tromso-Noruveje aho biyiriza kuva saa mbiri z’ijoro kugeza saa yine z’ijoro, Reykjavik – Isilande biyiriza ubusa kuva saa mbiri z’ijoro kugeza saa cyenda z’ijoro, naho mumujyi wa Murmansk, mu Buburusiya, Stockholm muri Suwede, bakiyiriza ubusa kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza saa moya z’umugoroba.

Nk’uko uyu muhanga abivuga, iyi mijyi izamara igihe kirekire yiyiriza ubusa ‘kuko iri kure y’umurongo wa equatorial, aho izuba rimara igihe kirekire uko impeshyi yegereje.’

Asobanura ko igihe cya Ramadhani cyegereje impeshyi, bityo izuba riboneka igihe kirekire, bityo bigatuma igisibo kiba kirekire.

Nk’uko abivuga, “Ramadhani ikurikiza kalendari y’ukwezi ya Kisilamu. Ukwezi kwa Ramadhani kurahinduka buri mwaka, bivuze ko igihe cyo kwiyiriza ubusa gihinduka buri mwaka.”

Yongeraho ko ikibazo kibaho iyo hari ahantu izuba ryaka amasaha menshi, ariko avuga ko impuguke mu by’idini rya Isilamu zigira inama abantu bo muri utwo turere gukurikiza ingero nka Mecca, aho haba ijoro n’amanywa buri munsi.

Ahantu igisibo kizaba kigufi
Iyi mpuguke isobanura ko ibihugu biri mu majyepfo y’umurongo wa equator bizahura n’ikibazo cyo kugira igisibo kigufi.

Iyi mujyi ni nka Ushuaia – Argentine amasaha 11, Punta Arenas- Chili amasaha 11, Christchurch-Nouvelle-Zélande amasaha 11, Cape Town – Afurika y’Epfo amasaha agera kuri 12.

Simwal avuga ko Ramadhani y’uyu mwaka yitezwe gutangira mu kwezi kwa kabiri, “ibi bihurirana n’igihe cy’impeshyi mu majyepfo ya equator, igihe kigira iminsi migufi. Yanavuze kandi ko utu duce turi hafi ya equator ku buryo tutabona izuba rikaze.”

Imiterere y’igisibo muri Nigeria
Simwal avuga ko hari ibihugu byegereye umurongo wa equator aho iminsi yo gutangira kwiyiriza ubusa idahinduka buri mwaka.

Iyi mijyi ni nka Abuja-Nigeria, Jakarta-Indoneziya, Kuala Lumpur-Maleziya na Nairobi Kenya.

Simwal avuga ko igihe cyo kwiyiriza ubusa muri iyi mijyi ari hagati y’amasaha 12 na 13. Ibi biterwa nuko iyi mijyi ibona urumuri n’umwijima mubihe bisa buri mwaka, hakaba hari itandukaniro rito cyane mu gihe izuba riva n’igihe rirenga.

Igihe cyo gusoza igisibo kigenwa gute?
Simwal asobanura ko ibintu by’ingenzi bisuzumwa mu kugena igihe cyo kwiyiriza ubusa ari equator, ikirere, latitude yo mu majyaruguru n’iy’amajyepfo, hamwe na kalendari y’ukwezi ya Islam.

“Nubwo igihe cyo kwiyiriza ubusa gitandukanye, Ramadhani ni ukwezi abizera b’Abayisilamu hirya no hino ku isi bongera imbaraga mukwiyiriza ubusa no gusenga.”

Ni nde ukwiye kwiyiriza ubusa?
Umuntu ugeze mumyaka y’ubugimbi ufite cy’imyaka cumi n’ine n’igice hakurikijwe (Ingengabihe ya Gregori)
Umuntu ufite ubwenge buhagije – umuntu wese udafite indwara yo mu mutwe ituma atamenya kwiyiriza ubusa, cyangwa akaba atabasha gusobanukirwa igitekerezo cyo kwiyiriza ubusa (nk’abafite indwara ya Down Syndrome) ntasabwa kwiyiriza ubusa.
Umuntu udafite uburwayi bwi ndwara zidakira, nka diyabete ikomeye, cyangwa se umuntgu ufite intege nke ziterwa no gusaza.
Umuntu wese udakora urugendo rurenza ibirometero mirongo ine n’umunani.
Kwiyiriza ubusa ntibizagira ingaruka mbi ku muntu cyangwa ku mwana we (niba umugore atwite cyangwa yonsa).

Blog, News

Intambwe nke zoroheje wakurikiza kugira ngo urusheho kugirana n’abandi imishyikirano myiza, zishobora gutuma nawe uba inshuti wifuza ko nawe wagira.

Iyo inshuti yawe ikubwiye ibiyiri ku mutima, kwemera ibitekerezo byayo si ko buri gihe biyifasha
Ariko kandi, kuba twishyira mu mwanya w’umuntu runaka bitewe n’uko ababaye, ntibisobanura buri gihe ko tugomba kwemera n’umutima wacu wose uko abona ibiri kuba byose.

Ariko, uburyo bwiza bwo kubafasha mu buryo bw’ibyuyumvo akenshi burimo kubatera akanyabugabo cyangwa inama ishobora kubafasha gukemura ibibazo byabo mu bundi buryo kurusha uko bo babitekereza.

Mu by’ukuri, ubushakashatsi bugenda bwiyongera mu by’imitekerereze y’abantu bugaragaza ko gutera umuntu inkunga yo kuvuga ibimuri ku mutima, ntugerageze na rimwe kumufasha gusesengura ibibazo afite, bishobora gutuma atekereza cyane kandi bigatuma mu gihe kirekire arushaho kumva yihebye.

Iyi myitwarire yo kuba umuntu yamera nkuko mugenzi we ameze – atamufashije kubona igisubizo cy’ikibazo afite nabyo ni ubundi bwoko bw’ubucuti bubi mu mubano.

Ikiganiro kigamije kubaka gisaba ubwitonzi n’ubushishozi bwinshi, ariko inyandiko ya Ethan Kross muri Kaminuza ya Michigan hamwe na bagenzi be itanga ibibazo bike bishobora gufasha umuntu kubona ibibazo mu buryo bwagutse. Muri byo harimo/harimo:

Urebye uko ibintu bimeze/byagenze, ushobora kumbwira impamvu ibyo bintu byagutesheje umutwe?
Ese hari icyo wigiye mu byabaye? Niba gihari wakingarizaho?
Mu buryo bwagutse,”iyo urebye ibintu mu buryo rusange/ntiwite gusa ku tuntu duto “, ese bigufasha gusobanukirwa neza ibi wanyuzemo? Kuki bitakugirira akamaro?
Nyuma yo gusuzuma izo ngingo zitandukanye (uko buri wese abibona), abitabiriye ubushakashatsi bagaragaje ko bumvaga bararuhutse mu mutima kandi bumva barushijeho kumva ibyaba byababaje, ugereranyije n’abandi gusa bari bibanze ku gusubiramo mu buryo burambuye ibyabababaje n’amarangamutima byabateye.

4. Ishimire intsinzi y’abandi (kandi itoze kugira urugwiro)
Kwishyira abandi bari mu bihe byiza na byo ni ingenzi. Kimwe no kwifatanya na bo mu kababaro, ni ishingiro ry’ubucuti.

Gusa ijambo ‘compassion’ rikomoka mu Ikilatini risobanura “gusangira ububabare”, riramenyerewe cyane kurusha ‘Confelicity’ ijambo na ryo riva mu kilatini risobanura gusangira ibyishimo.

“Confelicity’ ntabwo rimenyerewe cyane nyamara naryo ni ishingiro rikomeye ry’ubucuti.

Abahanga bavuga ko abantu bashishikazwa no kugaragaza ubucuti mu bihe by’akababaro nyamara ntibabigenze batyo iyo abo bita inshuti bari mu by’ibyishimo.

Ubushakashatsi bwinshi bwerekana ko ibiganiro byacu ku byerekeye ubutumwa bwiza bw’ibyishimo bishobora kugira akamaro nk’ako kugira impuhwe mu guteza imbere no kubungabunga imibanire myiza.

Inshuti igushyigikira igomba gusubiza mu buryo bwiza kandi bwubaka- ikabaza ibisobanuro birambuye, ikaganira ku ngaruka z’ibyabaye, no kwerekana umunezero cyangwa ishema ryabo.

Abantu benshi, ariko ntibitwara neza – urugero, bahita bahindura ikiganiro vuba – mu gihe abandi bake babikora mu buryo butari bwiza, bagatanga ibitekerezo bigerageza kugabanya akamaro k’ibyabaye.

Mu muvundo w’ibyo dukora buri munsi, dushobora kwibagirwa guha agaciro n’umwanya ukwiye igikorwa runaka ariko niba dushaka kuba inshuti nziza , tugomba gufata umwanya no gushaka uko twizihiza intsinzi z’inshuti zacu yaba intsinzi nto cyangwa nini, uko ingana kose.

Dushobora kandi gutekereza neza ku buryo dusangiza abandi ibyishimo byacu.

Dushobora guhangayikishwa no kuba bishobora kugaragara nk’ubwirasi cyangwa ubwibone, maze tugahitamo kugira ibanga ibyo twagezeho, ariko na none ubu buryo bushobora kuduhungabanya, nk’uko bigaragazwa mu bushakashatsi bwakozwe na Annabelle Roberts wo muri Kaminuza ya Texas i Austin, Emma Levine wo muri Kaminuza ya Chicago, na Övül Sezer wo muri Kaminuza ya Cornell.

Muri rusange, basanze abantu bababazwa cyane no kuba twabahishe amakuru nk’izamuka mu kazi cyangwa ku bantu bari hafi yacu.

5. Ba uwa mbere gusaba imbabazi
Buri muntu arakosa, ariko bake ni bo basaba imbabazi mu buryo bworoshye.

Iyo usabye imbabazi wabanje no kuvuga ibindi, bituma umujinya n’agahinda bikomeza gukura mu mubano wacu n’abandi igihe kirekire nyuma y’uko icyaha/ikosa ryabaye.

Ubushakashatsi bwakozwe mu birebana n’imyitwarire y’abantu bwagaragaje ko hari imbogamizi enye nyamukuru duhura nazo, zituma tudasaba imbabazi:

Kuba tudasobanukiwe neza uburyo twababaje abandi, tukumva ko gusaba imbabazi ubwabyo bizaba bikomeye cyangwa tukumva biteye isoni, twumva ko gusaba imbabazi bizahindura utuntu duto mu mubano wacu, bityo nyuma yaho ntidusobanukirwe icyo gusaba imbabazi neza bisobanuye – bikarangira tunaniwe kuvuga amagambo yari ingirakamaro kugira ngo dukemure ikibazo.

Muri rusange, abantu bumva baruhutse iyo bemeye amakosa yabo, kandi dushobora gusubiza ibintu ku murongo kurushaho kurusha uko twabitekerezaga- niba gusaba imbabazi kwacu byakozwe mu buryo bukwiye.

Kugira ngo imbabazi zawe zigire akamaro, ujye uha mugenzi wawe igihe gihagije cyo kugaragaza ibyamubabaje.

Nyuma, ugomba kwemera ko ari wowe wagize uruhare mu gukosa, ukagaragaza ko ubabaye mu by’ukuri, ukagaragaza ko wifuza gukosora aho wakosheje ukanasobanura uko uzirinda kongera gukora ikosa nk’iryo ikindi gihe.

Buri mubano ugira ibihe byiza n’ibibi: iyo niyo kamere y’abantu kandi akenshi imibereho yacu n’imibanire n’abandi irushaho kuba urusobe.

Icyakora, iyo ushyize mu bikorwa izo nama eshanu zoroshye zagufasha kugirana ubucuti bukomeye n’abandi, ushobora kwirinda amakosa akunze kugaragara, kandi ukaba inshuti wowe ubwawe wakwishimira kuba ufite uzi neza ko uri incuti nyakuri.

Scroll to Top