Abode Tidings Urubuga Nyarwanda

News

Blog, News

Perezida wa Tanzania yaburiye ko guverinoma yiteguye byuzuye guhangana n’imyigaragambyo mishya iteganyijwe tariki 09 z’uku kwezi kw’Ukuboza.

Samia Suluhu yashyize umukobwa we n’umukwe we muri Guverinoma nshya, Perezida Samia Suluhu Hassan yashyize umukobwa we hamwe n’umugabo we – umukwe we – muri guverinoma nshya ya Tanzania, igikorwa kirimo kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga mu karere.

Muri iyi guverinoma yatangajwe uyu munsi, Wanu Hafidh umukobwa wa Samia Suluhu yagizwe minisitiri wungirije w’uburezi siyanse n’ikoranabuhanga, naho umugabo we Mohamed Mchegerwa agirwa minisitiri w’ubuzima, Mchegerwa yari asanzwe ari minisitiri mu biro bya perezida.

Samia kandi yashyizeho minisiteri itari isanzweho, Ministeri y’Ibireba Urubyiruko.

Ibi bibaye nyuma y’imyigaragambyo y’urubyiruko mu matora yo mu kwezi gushize.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’imiryango itegamiye kuri leta bavuga ko igipolisi cyishe abantu babarirwa mu magana muri iyo myigaragambyo, imirambo ya benshi igahishwa. Leta ya Tanzania nta mibare yigeze itangaza imibare y’abishwe cyangwa abakomeretse.

Mu cyumweru gishize, Samia yashyizeho komisiyo yo gukora iperereza kuri iyi midugararo yiciwemo abantu yabaye mu matora.

Perezida Samia yatsinze ayo matora ku majwi 98%, ibyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe bise “igisebo kuri demokarasi, Gushyira umukobwa we n’umukwe we muri guverinoma nshya birimo kuvugwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga mu baturage ba Tanzania no mu karere. Kuva mu 2005, Wanu Hafidh w’imyaka 43 ni umudepite uhagarariye ikirwa cya Zanzibar wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi riri ku butegetsi.

Wanu Hafidh Ameir ni muntu ki

Wanu Hafidh Ameir wavukiye muri Zanzibar mu 1982, azwi cyane muri Tanzania nk’umukobwa mukuru wa Samia Suluhu na Hafidh Ameir.

Wanu yakurikiye inzira ya nyina, aba umunyaporitike mu ishyaka CCM.Yabaye mu nama y’ubutegetsi y’iri shyaka ku rwego rw’igihugu, umwanya yarimo kuva mu 2010.

Yagiye ahabwa imirimo itandukanye ya poritike, kuva mu 2015 kugera mu 2018, yari umwe mu bagize komisiyo y’amategeko mu nteko ishinga amategeko.

Yabaye umukuru w’urubyiruko mu ishyaka CCM mu gace ko mu majyepfo y’ikirwa cya Zanzibar kuva mu 2008 kugeza mu 2012.

Wanu ni umukuru w’ikigo kitegamiye kuri leta Women’s Initiative Foundation (MIF), akaba ari na we wagitangije mu 2022 muri Zanzibar agamije gufasha kwiga abana bo mu miryango itishoboye.

Kuva mu 2005, Wanu Hafidh w’imyaka 43 ni umudepite uhagarariye ikirwa cya Zanzibar wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi riri ku butegetsi.

Mu matora yo mu kwezi gushize, Wanu yagaragaye yamamaza nyina ngo atorwe nka perezida, ari na ko na we yiyamamaza ngo yongere atorerwe kuba umudepite.

Blog, News

Ku wa 2 Ukuboza 2025, mu mujyi wa Kigali hazatangira igeragezwa ry’uburyo bushya bwo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange bigizwemo uruhare n’Ikigo cya Leta cya Bisi za Ecofleet Solutions.

Niba bigenwe ko mu minota 10 imodoka izajya ihaguruka nubwo abagenzi baba ari bake, muzungukira he? Ese ntibizatuma iki kigo cyisanga mu bihombo nk’uko bikunze kugenda ku bigo bimwe na bimwe bya Leta?

Wowe urabyita igihombo ariko ubwo uba urebye kuri icyo cy’amafaranga. Niba ari abantu bagiye bihuse nubwo baba babiri cyangwa batanu hari inyungu bizana mu rwego rw’ubukungu.

Icya mbere ni ukureba ayo umuturage yishyura n’ayo ushora ngo ubone serivisi. Ibyo rero byarakozwe, ikigo cyagiyeho cyahawe ubushobozi bukenewe.

Unibuke ko twihaye gahunda yo gukoresha imodoka z’amashanyarazi, kandi mu kuzikoresha usanga zikoresha nka 50% gusa z’ibyo imodoka za mazutu zikoresha.

Twebwe Leta tureba inyungu z’ubukungu, ni cyo cy’ingenzi kandi biva mu gutanga serivisi nziza kandi yihuse.

Ese ku giciro cy’urugendo nta kintu kiziyongeraho

Ubu turatangira igiciro ari kimwe. Aracyari 45 Frw ku kilometero, tubanze dutange serivisi nziza kuko ni cyo kintu cy’ingenzi kugira ngo ubanze unarebe ngo iyo serivisi nziza iragutwara angahe.

Ubu rero ubwo dukoze serivisi nziza yisumbuyeho, reka tubanze tubahe serivisi hanyuma hazabeho uburyo bwo kureba ngo kuyitanga biradutwara iki? Byasaba iki? Ku giti cyacu twakomeza iyihe nzira? Abaturage baratanga iyihe? Ariko ubu igiciro kirakomeza uko cyari kimeze.

Mutangiranye n’ibigo bingahe by’abikorera muzakorana? Ese ni ibigo byose byari muri iyi serivisi?

Hatanzwe isoko, hafi ibigo umunani byarapiganwe, bine muri byo aba ari byo bihabwa amasoko. Abatanga imodoka nabo barabiganwe ngira ngo bitatu muri byo biri mu bizatanga imodoka. Hari abakora ibinyabiziga byangiritse nabo barapiganawe navuga nka Yutongo. Hari abakora ibya mazutu nabo barapiganwe hagira ababitsindira.

Ubu ni ukujya hagati y’ibigo byinshi wahaye amasezerano kandi ashingiye ku mihigo.

Ntabwo gutwara abantu n’ibintu bikigengwa n’ikigo runaka kuko barakorera ku ntego, nibatabikora bakavamo hakajyamo abandi. Nk’utwara abantu icyo asigaranye ni abashoferi. Ni umuntu uwo ari we wese ushobora gushyira hamwe abashoferi akabatoza neza, akabasha kubagenzura neza ku buryo batanga serivisi twifuza.

Icyo gihe ntabwo biba bikiri iby’umuntu umwe n’urubyiruko rushobora kubikora. Ni ukuvuga ngo twaguye amarembo y’abantu bashobora kujya mu bwikorezi rusange. Ntawe ugumamo ngo ni kamara. Ugomba gutanga serivisi iyo utabikoze ukavamo, abashoboye gutanga serivisi barahari.

Amasezerano ubu turi kubaha ntabwo ari ay’igihe kirekire. Hari abo twahaye ay’umwaka kugira ngo turebe uko bigenda n’uko bitwara.

Ese ntabwo mutekereza ko byazaca intege abikorera mu gihe amafaranga mwabishyura yaba ari munsi y’inyungu bo babonaga muri aka kazi?

Umuntu ushaka kujyamo hano arapiganwa agendeye ku byo dushaka twebwe ukaba ugomba kubyubahiriza, utabyubahiriza ukavamo hakajyamo abandi. Ni ukuvuga ngo serivisi nshaka ni iyi, niba ushobora kuyimpa ku kigero nifuza urakomeza ukore akazi kandi nta mpungenge mfite mu gihe wowe utampa serivisi barahari abandi kuko ntabwo ari ibintu bikiri ku muntu umwe.

Hari gahunda ko mu mwaka utaha bisi zizaba ziri mu mujyi wa Kigali zizaba ari iz’amashanyarazi; izari zisanzwe zirimo n’izikiri nshya Leta iheruka kugura zizakoreshwa iki?

Ni byo nakubwiye ko uburyo bwo gutwara abantu ari ubwo mu mijyi. Zizatangira gufasha indi mijyi iri gutera imbere. Urugero Musanze ni umujyi uri gukura utera imbere, umuntu iyo ava mu Mujyi werekeza Kinigi, ushobora gusanga hakenewe serivisi nk’izo mu mujyi.

Izi zari ziri mu mujyi zizajya muri iyo mijyi ariko zizajya no gufasha mu mihanda mishya yashyizweho. Izindi zizafasha mu gutwara abantu mu ntara, gutwara abantu muri iyi mijyi yegereye Kigali, nka Bugesera, Rwamagana na Muhanga.

Mu Mujyi wa Kigali kandi ikindi dushaka gufatanya n’amashuri kugira ngo dutangire na serivisi zo gutwara abanyeshuri mu buryo bwa rusange rero zimwe muri izo na zo zizafasha. Hari gahunda ifatika twanaganiriye n’abafite imodoka.

Hari abavuga ko ikoreshwa ry’ubu buryo riramutse rigenze neza uko ryateguwe, bishobora guca burundu ikoreshwa rya moto muri Kigali, byaba biri mu ntego mufite?

Ntabwo ubu buryo bwo gutwara abantu n’ibintu bugamije guhanganisha ubundi buryo. Icyo tuvuga ni uko kugenda na bisi bihinduka uburyo umuntu ahitamo. Nibigera aho umuntu areka imodoka ye, akajya muri bisi ni byo twifuza kugeraho.

Ku bijyanye na za moto nubwo dutangiye ubu buryo, turacyafite imihanda myinshyi idashobora kugerwamo na bisi, iyo ngiyo niba ufite ubwo buryo bwa moto bishobora kuzuzanya.

Hari n’abantu bashobora guhitamo gushaka gukomeza kugenda n’ibyo. Burya iyo wumva ubishaka ufite n’ubushobozi bwo kubyishyurira nta kibazo kiba kirimo.

Muri rusange ni uko yaba abafite imodoka zabo cyangwa abandi, icyo twifuza ni uko ubu buryo bwizerwa kuruta n’ibindi noneho ubundi bwo gutwara abantu bukunganira ubu.
Biteganyijwe ko ubu buryo nibumara kunozwa nta muntu uzongera kumara iminota 10 muri gare atarabona imodoka

Blog, News

UMUKECURU WAHOTOYE ABUZUKURU BE, UMUGANI NYARWANDA, UYU MUGANI USABWE KU WIGA UKAWUSOBANUKIRWA NEZA,

Uyu mugani bawuca iyo bashaka kurwana ku wigumanya mu makuba akihagararaho yanga kwisekesha; ni bwo bagira, bati «Aho intaganzwa yicaye ntihava !» Wakomotse kuri Gashegu wo mu Kabagari, umugaragu wa Marara aburanira kwa Gahindiro; ahagana mu mwaka w’i 1700.

Intaganzwa zari umutwe w’ingabo z’i Bunana (mu Banana); zagengwaga na Marara ya Munana wa Gihana cya Cyirima Rujugira. Umutware wazo uheruka ni Bwanakweri bwa Nturo ya Nyirimigabo ya Marara. Nuko ku ngoma ya Yuhi Gahindiro, Marara ahiga na Rugaju rwa Mutimbo, bahigira kuzatera umuhima witwaga Murari. Rugaju yari umutoni w’akadasohoka kuri Gahindiro; agatwara Uruyange n’Abashakamba; na we Marara akaba umuvandimwe wa Gahindiro. Bukeye Gahindiro atanga umugaba, Uruyange Abashakamba n’Intaganzwa batera kwa Murari. Bageze mu nzira Marara asezerana na Rugaju ko batera ku mugaragaro bakamenya ingabo zirusha izindi. Bamaze gutandukana Marara n’Ingabo ze bajya inama, bati «Marara ubundi uri icibiri (umutware ufite ingabo nke), na we Rugaju afite imitwe ibiri ikomeye : Uruyange n’Abashakamba. Aho kugenda tubangikanye ku mugaragaro, dukwiye kutaryama iri joro tugatera Murari.

Inama barayinoza bagenda mu gicuku cya mbere basakiza kwa Murari; urugo rurashya Murari arapfa : yicwa na Gashegu ka Mugema, w’umunyiginya w’umuryinyonza; yari umugaragu wa Marara.

Bukeye Rugaju n’ingabo ze babyukiye gutabara bahura n’abavuzi b’amacumu baje kubwira Marara ko Murari yapfuye bakaba bashoreye iminyago. Rugaju abibonye biramurakaza, ndetse biba inkomoko y’urwangano rwe na Marara. Marara ajyana iminyago ibwami, Rugaju we yanga kujyayo ngo arakariye Marara by’ubutoni, ashaka ko Gahindiro aza kumuhendahenda.

Hashize iminsi Rugaju atagera ibwami, bitera Gahindiro ubwoba, amusanga ku kiraro amubaza igituma atakiza ibwami. Undi, ati «Sinabona aho nsha Gashegu wahize ngo ubwo amaze kwica Murari namugerekaho Rugaju azaba ashize agahinda». Gahindiro agaruka arakaye ahamagaza Marara aramubaza, ati «Niko Marara ! Ngo umugaragu wawe Gashegu arashaka kunyicira umugaragu Rugaju ?» Marara, ati «Nzi ko Rugaju yakuroze; ati «Gashegu yabasha ate kwica Rugaju ! Niba Rugaju ashaka kumwica nta we umumubuza kuko icyo akubwiye cyose ucyemera; ati “Nabigenza nte, niyipfire I» Gahindiro, ati «Ese yicwa n’iki ? Marara, ati «Yicwa n’uko Rugaju yamuririye !» Gahindiro, ati «Nta bwo azapfa atabonye umushinja ngo baburane».

Bamaze kubivugana, Rugaju aba araje. Gahindiro akimubona aramubwira, ati «Nkubayimiheto ndagira ngo dutumire Gashegu umuhe umushinja wuko ashaka kukwica!» Gashegu atumirwa ubwo. Rugaju azana umushinja barapfukama baraburana. Gashegu agira ubwoba annya mu bihu yambaye. Intaganzwa zirabibona; bose bicara iruhande rwe bamuta hagati ngo indi mitwe itabona ko yahaneye. Aragumya araburana kugeza igihe atsindiye. Gahindiro abwira Gashegu, ati «Haguruka uramutsinze !» Gashegu aramusubiza, ati «Aho Intanganzwa yicaye ntihava!» Intaganzwa zose ziboneraho zivugira rimwe, ziti «Aho intaganzwa itsindiye ntihava !»

Ubwo bangaga ko babona ko yagize ubwoba akahannya. Nuko Rubanda rundi barikubura hasigara Intaganzwa; ziratangira ziseka Gashegu; ziti «Waneye mu bihu kavune umuheto !» Iryo jambo ni ryo ryanabaye karande, ugize ubwoba wese bakavuga ngo «Yaneye mu bihu». Na ryo ryaturutse kuri Gashegu ubwo aneye mu bihu imbere ya Gahindiro, kubera ubwoba bw’uko yabonaga ko agiye gupfa.

Kuva ubwo rero, ayo magambo yombi yaturutse kuri Gashegu ahinduka imigani : umwe bakawucira ku wo babonye akangaranijwe n’ubwoba ari mu makuba, bati «Yaneye mu bihu !»; undi bakawuca bashaka gutera inkunga uwigumanya mu makuba, bati «Aho intaganzwa yicaye ntihava !

Blog, News

Marie Solange Mujawayezu avuga ko agendera ku ntego yuko byose bishoboka iyo ufite ubushake,

Hari abanca intege ngo sinzoronka umugabo’ – Umukobwa w’i Ngozi yahejeje kaminuza ashona ibirato, Ikirato ca mbere nakoze, nasubiyemwo ico nabonye mw’isoko, mama aragishima, aca akingurira 15.000 BIF, nca ndayagira umutahe” – uwo ni Keilla Manirumva, umwigeme aherutse kurangiza kaminuza ubu abeshejweho no gushona ibirato.

Yatanguye gukora uno mwuga aciga kuri kaminuza, ubu hakaba haciye ukwezi kumwe ayirangije, nk’uko abivuga, kandi ntarota aheba.

Ati: “Nakora aka kazi nkiri umunyeshure, ariko bivanye nico kamaze kumarira, sinipfuza ko kazogirira akamaro jewe gusa ndipfuza guha akazi abantu benshi, rero ntegerezwa kukabandanya”.

Uno mwigeme wo mu gisagara ca Ngozi mu ntara ya Butanyerera mu buraruko bw’Uburundi, akora umwuga utamenyerewe ku bigeme canke abagore muri rusangi, aremeza ko umutunze, mbere umaze no kumuha agashimwe.

“Jewe nari wa muntu ntari bwigere nkorera amafaranga n’ijana, ubu haraciye imyaka ibiri, kubona rero nari ngiye gukorera ibihumbi bine ku musi, nabona ari amafaranga menshi cane kuri jewe. Ni ukuri jewe naravyiyumvira nkumva umengo n’ugusara nosara Aherutse gutahukana ikibanza ca mbere mw’ihiganwa Umwuga Awards ryari yatunganijwe na ENABEL, ishirahamwe ry’Ububirigi rijejwe iterambere ku rwego mpuzamakungu muri Gitugutu (10) uno mwaka.

Ati: “Urya mwanya vyarangoye kuvyakira kuko sinari niteze ko nza kuba uwa mbere, ryabaye iteka kuri jewe no ku mwigeme w’Umurundikazi. Vyaranteye intege pe”.

Umusanze aho akorera imbere y’irembo iwabo muri quartier Kinyami ya mbere ari na ho asanzwe aba, yiyicariye ku gatebe ariko ashona ibirato vyiwe, arisanzuye muri uno mwuga wiwe amazemwo imyaka ibiri n’amezi make, kandi awurangurana akanyamuneza.

Blog, News

Aline Gahongayire & Clement Ishimwe, nibo bafatanije kwandika indirimbo yitwa, Nanyuzwe, uyu Aline Gahongayire yigeze kurongorwa n`umugabo unywa urumogi witwaga, Gabriel Gahima

Nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami
Ntago wanyumvira ubusa
Nzakubwira byose ntacyo nsize inyuma
Wowe ntiwamvamo narimwe

Ndanyuzwe!!!!!!!

I am satisfied in my heart
Ndanyuzwe mu mutima wanjye

I have thousands of songs
Mfite indirimbo ibihumbi

I have nothing more to say
Nta rindi jambo nshaka kuvuga

Except it’s flattering
Usibye irigushima
Lord, I come before you humbly
Uwiteka nje imbere yawe nciye bugufi

I have a lot to tell you but let me choose one
Mfite byinshi byo kukubwira ariko reka mpitemwo kimwe

The tears didn’t stop
S’uko amarira yashize

The problems are not over
S’uko ibibazo birangiye

With a satisfied heart
N’umutima unyuzwe

Lord, I come before you and hear me again
Uwiteka nje imbere yawe ongera unyumve

Embrace this song because it’s from my heart
Wakire iyi ndirimbo kuko imvuye ku mutima

The tears didn’t stop
S’uko amarira yashize

The problems are not over
S’uko ibibazo birangiye

With a satisfied heart
N’umutima unyuzwe
I am satisfied in my heart
Ndanyuzwe mu mutima wanjye

I have thousands of songs
Mfite indirimbo ibihumbi

I have nothing more to say
Nta rindi jambo nshaka kuvuga

Except it’s flattering
Usibye irigushima
Lord, I come before you and remember the times
Uwiteka nje imbere yawe nibutse bya bihe

I feel full of praise and tears of joy
Numva nuzuye ishimwe n’amarira y’ibyishimo

I didn’t give anything away
S’uko har’icyo natanze

I am not righteous enough
S’uko nkiranuka bikwiriye

And the hearts are satisfied
N’umitima unyuzwe

Lord, I come before you and hear me again
Uwiteka nje mbere yawe ongera unyumve

I don’t see what you do for me
Sinabona icyo ngutura gihwanye n’ibyo unkorera

Such is the receptive heart
Ng’uyu umutima uwakire

Use it however you want
Uwukoreshe icyo ushaka

Because the heart is satisfied
Kuko umutima uranyuzwe
I am satisfied in my heart
Ndanyuzwe mu mutima wanjye

I have thousands of songs
Mfite indirimbo ibihumbi

I have nothing more to say
Nta rindi jambo nshaka kuvuga

Except it’s flattering
Usibye irigushima
I am satisfied in my heart
Ndanyuzwe mu mutima wanjye

I have thousands of songs
Mfite indirimbo ibihumbi (ibihumbi)

I have nothing more to say
Nta rindi jambo nshaka kuvuga

Except thank you (thank you aa)
Usibye irigushima (irigushima aa)

I am satisfied in my heart
Ndanyuzwe mu mutima wanjye

I have thousands of songs
Mfite indirimbo ibihumbi

I have no other words to say
Ntarindi jambo nshaka kuvuga

Except it’s flattering
Usibye irigushima
I am satisfied in my heart
Ndanyuzwe mu mutima wanjye

I have thousands of songs
Mfite indirimbo ibihumbi

I have no other words to say
Ntarindi jambo nshaka kuvuga

Except it’s flattering
Usibye irigushima

Nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami
Ntago wanyumvira ubusa
Nzakubwira byose ntacyo nsize inyuma
Wowe ntiwamvamo narimwe

Nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami
Ntago wanyumvira ubusa
Nzakubwira byose ntacyo nsize inyuma
Wowe ntiwamvamo narimwe

Ntujya urambirwa Kunyumva
Amatwi yawe ahora yiteguye
Nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami
Wowe ntiwanyumvira ubusa

Ntabanga rizaba hagati yacu
Umutima urakinguye
Ntabanga rizaba hagati yacu
Nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami
Wowe ntiwanyumvira ubusa

Nje imbere yawe uko ndi ntacyo mpishe
Kuko wowe ntiwanseka
Sinzatinya kurira imbere yawe
Kuko ntiwatuma mpogora

Nje imbere yawe uko ndi ntacyo mpishe
Kuko wowe ntiwanseka
Sinzatinya kurira imbere yawe
Kuko ntiwatuma mpogora

Nje imbere yawe uko ndi ntacyo mpishe
Kuko wowe ntiwanseka
Sinzatinya kurira imbere yawe
Kuko ntiwatuma mpogora

Ntujya urambirwa kunyumva
Amatwi yawe ahora yiteguye kunyumva
Nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami (alleluia, alleluia)
wowe ntiwanyumvira ubusa.

Ntabanga rizaba hagati yacu
Umutima urakinguye
Ntabanga rizaba hagati yacu
nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami
Wowe ntiwanyumvira ubusa

Ntabanga rizaba hagati yacu
Umutima urakinguye
Ntabanga rizaba hagati yacu
nzakubitsa ibanga ryanjye wowe Mwami
Wowe ntiwanyumvira ubusa

Scroll to Top