- Ababiri bashyize hamwe baruta umunani barasana.
- Ababiri bajya inama baruta umunani urasana.
- Ababiri bakika umwe.
- Ababiri baruta umwe.
- Ababiri bateranya abeza.
- Ababiri bica umwe.
- Ababiri bishe imbwa y’umwami.
- Ababiri ntibacibwa inka.
- Ababurana ali babiri umwe aba yigiza nkana.
- Abacuranye ubusa basangira ubundi.
- Abadapfuye ntibabura kubonana.
- Abagabanye imbisi (inyama) ntibagabana umufa.
- Abagabo babiri ntibabana mu nzu imwe.
- Abagabo bararya imbwa zikishyura.
- Abagira amenyo baraseka.
- Abagira amenyo ni museke.
- Abagira inyonjo bagira ibirori.
- Abagira iyo bajya baragenda.
- Abagiye inama Imana irabasanga.
- Abagore bagira inzara ntibagira inzigo.
- Abagore baragwira.
- Abahigi benshi bayobya imbwa (uburari).
- Abakingiranye ingabo ntibakingirana inyegamo.
- Abalinzi bajya inama inyoni zijya iyindi.
- Abantu bibuka imana iyo amakuba yababanye menshi.
- Abasangira bashonje ntawusigariza undi.
- Abasangira basigana imbyiro.
- Abasangira bike bitana ibisambo.
- Abasangira uduke (ubusa) bitana ibisambo.
- Abwirwa benshi akumva (akwumvwa na) bene yo.
- Agahinda k’inkoko kamenywa n’inkike yatoyemo.
- Agahinda si uguhora urira.
- Agahwa kari k’uwundi karahandurika.
- Agafuni kabagara ubucuti ni akarenge.
- Agakono gashaje karyoshya ibiryo
- Agakono gashaje niko karyoshya imboga..
- Agakungu gakuna imbwa.
- Agakungu kavamo imbwa yiruka.
- Agapfa kabuliwe ni impongo.
- Agapfundikiye gatera amatsiko.
- Agasaza kamwera akandi kazakamwa?
- Agasozi kagusabye amaraso ntuyakarenza.
- Agasozi kamanutse inka kazamuka indi.
- Agashyize kera gahinyuza inshuti.
- Agashyize kera gahinyuza intwari.
- Agati gateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga.
- Agatinze kazaryoha ni agatuba k’uruhinja.
- Agatinze kazaza ni amenyo ya ruguru.
- Ahanze ubwana hamera ubwanwa.
- Aharaye inzara haramuka inzigo.
- Ahari amahoro, uruhu rw’imbaragasa rwisasira batanu.
- Ahari ubuhoro umuhoro urogosha.
- Aho guhana umupfu wayobya umuvu.
- Aho gupfa none wapfa ejo.
- Aho gupfa wakena.
- Aho gutera gitera watera ikibimutera.
- Aho ibyago byaje ibihaba bica umuhoro.
- Aho ihene yonnye ihoramo.
- Aho imbwa ikubitiwe irahagaruka.
- Aho imbwa yaririye ntihava.
- Aho inkoko yasheshe ihata ibaba.
- Aho inkoko yasheshe itoye kenshi.
- Aho inkuba zerekeye ni ho ibicu bijya.
- Aho intumbi ziri ni ho inkongoro ziteranira.
- Aho kuba imbwa waba imva.
- Aho kuba umusega waba imbwa.
- Aho kunigwa n’ijambo wanigwa n’uwo uribwiye.
- Aho udatezeumugeni ntuhanga umugayo.
- Aho ujishe igisabo ntuhatera ibuye.
- Aho umubembe ali ntawe utungayo urutoki.
- Aho umutindi yanitse ntiriva.
- Aho umwaga utari uruhu rw’urukwavu rwisasira batanu.
- Aho uniga urahasanga umuhogo.
- Aho utazashaka umugeni ntuhanga umugayo.
- Aho wahishe (ujishe) igisabo, ntuhatera ibuye.
- Aho wisigiye siho uhurira na muramu wawe.
- Aho yonnye (ihene) ihoramo.
- Ak’imuhana kaza imvura ihise.
- Akababaje ababiri karabateranya.
- Akababaje umutima kazindura amaguru.
- Akabaye icwende ntikoga.
- Akabi gasekwa nk’akeza.
- Akabikora kabizi gateka imboga karitse.
- Akaburiye mu isiza ntikabonekera mu isakara.
- Akabuze ubuguzi gasubira (zwa) nyirako.
- Akagabo gahimba akandi kataraza.
- Akaje gahimwa n’akakazanye.
- Akaje karemerwa.
- Akamasa kazaca inka kazivukamo.
- Akameze ku murizo w’imbwa karimba kawuciye.
- Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze.
- Akanwa karya ntikaguhe (ntiwumve) kavuza induru ntiwumve.
- Akarenze umunwa karushya ihamagara.
- Akarimi kabi gasemera agasaya.
- Akarusha imbwa kwota karashya.
- Akaryoshye ntikariwe mu rw’undi.
- Akatari amagara karahahwa.
- Akazapfa kabungira akazakica.
- Akazu gato karya ubwatsi.
- Akebo kajya iwa Mugarura.
- Akeza karigura.
- Akeza karimara.
- Akicaro keza kikuramo umwana uzi ubwenge.
- Akiziritse ku mugozi gashirwa kawuciye.
- Akiziritse ku muhoro gasiga kawuciye.
- Ako iminsi iteruye ntikajya karemera.
- Ako imuhana kaza imvura ihise.
- Ako umukobwa ashaka karamugarika.
- Amaboko akorera inda yapfa akayipfumbata.
- Amaboko atareshya ntaramukanya.
- Amacumu y’inda ntashira igorora.
- Amafuti y’umugabo nibwo buryo bwe.
- Amagambo atagira mukuru arumba ari indaro.
- Amagara araseseka ntayorwa!
- Amagara ntaguranwa amagana.
- Amage arisha umugabo ikivuza (igihaza).
- Amaherezo y’inzira ni mu nzu.
- Amarira y’umugabo atemba ajya mu nda.
- Amareshya mugeni siyo amutunga.
- Amarira y’umugabo atemba ajya mu nda.
- Amashyi make yimisha umwana impengeri.
- Amaso y’igikeri ntabuza umuvomyi kuvoma.
- Amasunzu si amasaka.
- Amata make amena menshi.
- Amata y’umukobwa aba imbere.
- Amatama masa ntasabira inka igisigati
- Amavuta y’umugabo ni amuraye ku mubiri.
- Amavuta y’umugabo ni amuraye ku murundi.
- Amazi make aharirwa impfizi.
- Amazi arashyuha aliko ntiyibagirrwa iwabo wa mbeho.
- Amirariro atera amimaro.
- Amenyo ni amabuye.
- Amenyo amerera ku majigo, inkoni igashibuka ku gishyitsi, imishino igashibuka kuri rugongo.
- Amirariro atera amimaro.
- Arenze umusozi arivovota aramutuka.
- Atari ayawe ntakurara kumubili.
- Ayo impumyi uyabara itashye (inka).
- Ayo ubwira umucuzi si yo ubwira umucuzikazi.