Wafula Chebukati, perezida wa komisiyo y’amatora yavuze ko ibintu bitari byoroshye ndetse abakomiseri babiri bakomeretse, ntiyavuze byinshi kuri ibi.
Chebukati yavuze ko komisiyo izahagarara imbere y’abayitera ubwoba.
Ruto, yavuze ko azayobora guverinoma y’umucyo, na demokarasi.
Ati: “Ndashaka kwizeza abanya-Kenya bose – uwo batoye wese – ko iyi izaba guverinoma yabo.
“Ndashaka kubabwira [ba mukeba] ko ntacyo bakwiye kwikanga – nta mwanya uhari wo kwihora. Nzi neza cyane ko igihugu cyacu kigeze aho gikeneye amaboko yose ngo kijye imbere.
“Ntidufite umwanya wo kureba inyuma. Ntidufite umwanya wo gutunga intoki. Ntidufite umwanya wo gushinja. Tugomba…gukorana tugana kuri Kenya ikora, ifite demokarasi, iteye imbere..
Pataro Igororyizu 2 yrs
so cool amazing waiting for u to serving the nation